Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye Ambasade ya America muri Ukraine ifungwa by’igitaraganya

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye icyatumye Ambasade ya America muri Ukraine ifungwa by’igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America iri i Kyiv muri Ukraine, yafunzwe by’agateganyo, nyuma yuko hari amakuru avuga ko ishobora kugabwaho igitero gikomeye cy’u Burusiya.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo, ko hashobora kuba iki gitero cyo mu kirere, ndetse abakozi ba Ambasade ya US, bakaba basabwe kuguma mu ngo zabo, nk’uko itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Ambasade ribivuga.

Iyi Ambasade kandi yaburiye Abanyamerika kwitegura, bakajya ahantu hatekanye, bagahunga ahashobora kwibasirwa n’ibi bitero.

Ibi bivuzwe nyuma yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yemeye guha Ukraine ibisasu biturika bitegwa mu butaka, no kwemera ko misile zoherejwe na America zishobora kurasa ku butaka bw’u Burusiya, ibintu byafashwe nk’icyemezo cya nyuma cya Leta ya Amerika iyobowe na Biden ifashe mbere yo gusoza manda yayo,  mu rwego rwo kongerera ingufu Ingabo za Ukraine mu ntambara, ihanganyemo n’u Burusiya, no kugerageza guca intege abasirikare b’u Burusiya bakomeje kugenda bigarurira iburasirazuba bwa Ukraine.

Mbere yuko Donald Trump agaruka muri White House ku ya 20 Mutarama 2025, yavuze ko Ukraine itazakoresha bene ibyo bisasu mu bice bituwe cyane n’abaturage.

U Burusiya nibwo bwabanje gukoresha ibisasu byategerwaga mu butaka ku bwinshi kuva bwatangira kugaba igitero bikomeye kuri Ukraine muri Gashyantare 2022. icyakora leta z’unze ubumwe z’amerika n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, byamaganiye kure ibyo bisasu byakoreshwaga n’u Burusiya, bagaragaza impungenge zishingiye ku kuba bihungabanya umutekano w’abasivile.

Umuvugizi w’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ibisasu byo mu butaka bizwi nka “non-persistent mines”, iki Gihugu cyahaye Ukraine bitandukanye n’iby’u Burusiya bwakoreshaga, kuko bihagarika gukora nyuma y’igihe runaka cyagenwe, kuva mu masaha ane kugeza mu byumweru bibiri, mu rwego rwo kwirinda ko byatwara ubuzima bw’abasivile.

Usibye ibi bisasu byo mu butaka kandi, nyuma yuko Biden ahaye uburengazira Ukraine kurasa mu Burusiya ikoresheje ibisasu yahawe na Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida w’u Burisiya Vladimir Putin yahise yemeza impinduka mu itegeko rigenga ikoreshwa ry’ibisasu kirimbuzi, ashyiraho andi mabwiriza y’uburyo Igihugu cye cyakwitwara mu gihe cyagabwaho ibitero n’ibindi Bihugu, hakoreshejwe ibisasu bya kirimbuzi.

Muri ayo mabwiriza, harimo n’ingingo ivuga ko mu gihe u Burusiya bugabweho igitero cyaturutse ku Gihugu kitagira ibisasu kirimbuzi, ariko kikaba gifashijwe n’Igihugu kibifite, kizafatwa nk’ikigabye igitero ku Burusiya, kandi nabwo buzirwanaho.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Rurangiranwa Steve Harvey nyuma yo guhura na Perezida Kagame yavuze isomo yamwigiyeho

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukekwaho kwica nyakwigendera Pauline wari wararokotse Jenoside

Related Posts

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukekwaho kwica nyakwigendera Pauline wari wararokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.