Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye icyatumye Ambasade ya America muri Ukraine ifungwa by’igitaraganya

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hamenyekanye icyatumye Ambasade ya America muri Ukraine ifungwa by’igitaraganya
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America iri i Kyiv muri Ukraine, yafunzwe by’agateganyo, nyuma yuko hari amakuru avuga ko ishobora kugabwaho igitero gikomeye cy’u Burusiya.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo, ko hashobora kuba iki gitero cyo mu kirere, ndetse abakozi ba Ambasade ya US, bakaba basabwe kuguma mu ngo zabo, nk’uko itangazo ryashyizwe hanze n’iyi Ambasade ribivuga.

Iyi Ambasade kandi yaburiye Abanyamerika kwitegura, bakajya ahantu hatekanye, bagahunga ahashobora kwibasirwa n’ibi bitero.

Ibi bivuzwe nyuma yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yemeye guha Ukraine ibisasu biturika bitegwa mu butaka, no kwemera ko misile zoherejwe na America zishobora kurasa ku butaka bw’u Burusiya, ibintu byafashwe nk’icyemezo cya nyuma cya Leta ya Amerika iyobowe na Biden ifashe mbere yo gusoza manda yayo,  mu rwego rwo kongerera ingufu Ingabo za Ukraine mu ntambara, ihanganyemo n’u Burusiya, no kugerageza guca intege abasirikare b’u Burusiya bakomeje kugenda bigarurira iburasirazuba bwa Ukraine.

Mbere yuko Donald Trump agaruka muri White House ku ya 20 Mutarama 2025, yavuze ko Ukraine itazakoresha bene ibyo bisasu mu bice bituwe cyane n’abaturage.

U Burusiya nibwo bwabanje gukoresha ibisasu byategerwaga mu butaka ku bwinshi kuva bwatangira kugaba igitero bikomeye kuri Ukraine muri Gashyantare 2022. icyakora leta z’unze ubumwe z’amerika n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, byamaganiye kure ibyo bisasu byakoreshwaga n’u Burusiya, bagaragaza impungenge zishingiye ku kuba bihungabanya umutekano w’abasivile.

Umuvugizi w’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ibisasu byo mu butaka bizwi nka “non-persistent mines”, iki Gihugu cyahaye Ukraine bitandukanye n’iby’u Burusiya bwakoreshaga, kuko bihagarika gukora nyuma y’igihe runaka cyagenwe, kuva mu masaha ane kugeza mu byumweru bibiri, mu rwego rwo kwirinda ko byatwara ubuzima bw’abasivile.

Usibye ibi bisasu byo mu butaka kandi, nyuma yuko Biden ahaye uburengazira Ukraine kurasa mu Burusiya ikoresheje ibisasu yahawe na Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida w’u Burisiya Vladimir Putin yahise yemeza impinduka mu itegeko rigenga ikoreshwa ry’ibisasu kirimbuzi, ashyiraho andi mabwiriza y’uburyo Igihugu cye cyakwitwara mu gihe cyagabwaho ibitero n’ibindi Bihugu, hakoreshejwe ibisasu bya kirimbuzi.

Muri ayo mabwiriza, harimo n’ingingo ivuga ko mu gihe u Burusiya bugabweho igitero cyaturutse ku Gihugu kitagira ibisasu kirimbuzi, ariko kikaba gifashijwe n’Igihugu kibifite, kizafatwa nk’ikigabye igitero ku Burusiya, kandi nabwo buzirwanaho.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + three =

Previous Post

Rurangiranwa Steve Harvey nyuma yo guhura na Perezida Kagame yavuze isomo yamwigiyeho

Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukekwaho kwica nyakwigendera Pauline wari wararokotse Jenoside

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukekwaho kwica nyakwigendera Pauline wari wararokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.