Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe umutoza wumvikanyeho ibyagawe na benshi muri ruhago Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
23/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagiye hanze amajwi yumvikanamo ibyakunze gutungwaho agatoki kwica umupira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ishinzwe Imyitwarire y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yahanishije Mugiraneza Jean Bapiste uzwi nka ‘Migi’ guhagarikwa umwaka umwe atagaragara mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru nyuma yuko yumvikanye mu majwi asaba umukinnyi w’imwe mu makipe kuyitsindisha na we akazamugororera.

Mugiraneza Jean Bapiste AKA Migi wari umutoza Wungirije wa Muhazi United, aherutse kumvikana mu majwi ubwo yaganiraga na myugariro wa Musanze FC, Bakaki Shafiq amusaba gutsindisha ikipe ye mu mukino wayihuje na Kiyovu Sports.

Nyuma yuko aya majwi agiye hanze mu kwezi gushize, Ubuyobozi bwa Muhazi FC, bwahise bufata icyemezo cyo kuba buhagaritse Migi kugira ngo habanze hakorwe iperereza.

Tariki 18 Werurwe 2025, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) na ryo ryatangaje ko ryamenye iby’iki kibazo ndetse ko ryashyikirijwe ikirego.

Amakuru avuga ko tariki 22 Werurwe, Komisiyo ya FERWAFA ishinzwe imyitwarire yahamagaje aba bombi [Migi na Shafiq] kugira ngo hakurikiranwe iby’iki kibazo.

Nanone kandi hatumijweho ubuyobozi bwa Kiyovu Sports nk’ikipe yagarutsweho muri icyo kiganiro cyumvikana muri ariya majwi, ndetse n’ubuyobozi bwa Musanze FC nk’ikipe ikinamo Shafiq.

Mu bahamagajwe kandi, harimo Umutoza Wungirije wa Musanze, Imurora Japhet [wumvikanye mu kiganiro cya Migi na Shafiq] n’umukinnyi wayo Batte Sheif wafashwe ariya majwi ya Migi aganira na Shafiq, aho bitabye tariki 06 Mata 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko umwanzuro wafashwe na Komisiyo ya FERWAFA ishinzwe imyitwarire, uvuga ko “ihanishije Mugiraneza Jean Baptiste alias Migi guhagarikwa kugira uruhare mu gikorwa icyo ari cyo cyose kijyanye n’umupira w’amaguru no gucibwa ku bibuga byose byo mu Rwanda mu gihe gihwanye n’umwaka (1) no kwishyura ihazabu ingana n’ibihumbi ijana (100.000 Frw) y’amafaranga y’u Rwanda uhereye igihe amenyesherejwe icyemezo.”

Bivugwa kandi ko gufata icyemezo kuri iki kibazo bitararangira, ariko ko muri iki cyumweru ari bwo hazafatwa imyanzuro ya nyuma.

Mu majwi yatumye Migi afatirwa ibi byemezo, yumvikanamo asaba uwo mukinnyi Bakaki Shafiq gutsindisha ikipe ye ya Musanze FC, kugira ngo birengere ikipe ya Kiyovu Sports byari byahuye, dore ko yari iri mu myanya mibi, bityo bikaba byayifasha kutamanuka, kandi yaramwemereye kuzamuha akazi mu mwaka w’imikino utaha. Muri icyo kiganiro, Migi yumvikanamo yizeza ingororano uyu mukinnyi ko azamushakira ikipe.

Ni mu gihe Migi we yaje kuvuga ko ibi yabikoze asa nk’ukora iperereza kuri uyu mukinnyi ngo yumve koko niba ajya akora ibi bidakwiye byakunze kuvugwa muri ruhago nyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

UPDATE: Icyo ubuyobozi bwa Bugesera FC buvuga ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n’abatoza bayo

Next Post

Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

Bavuze igikwiye gukorwa kikabarinda kujya kwibukira mu yindi Mirenge kandi bakabikoreye mu wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.