Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’Ubujurire rwaregwagamo Kina Music Ltd iyoborwa na Ishimwe Clement ndetse n’umuhanzi Nel Ngabo ufashwa n’iyi kompanyi, Urukiko rwanzuye ko uwabareze yabashoye mu manza bitari ngombwa, rutegeka kubishyura ibihumbi 500 Frw kuri buri umwe.

Iki kirego gishingiye ku mashusho y’indirimbo ‘Sawa’ ya Rwangabo Byusa Nelson uzwi nka Nel Ngabo usanzwe afashwa na Kina Music, aho uwitwa Kwizera Elysee yareze iyi Kina Music na Nel Ngabo ko mu mashusho yayo bakoresheje ibihangano bye by’ibishushanyo.

Amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe muri Hotel izwi nka Eagle View Hotel, babanje gusaba uburenganzira ubuyobozi bw’iyi hotel, akaba yaragaragayemo ibyo bishushanyo by’uwitwa Kwizera Elysee.

Uyu Kwizera Elysee yareze aba bombi (Kina Music na Nel Ngabo) ko bakoresheje ibihangano bye mu nyungu zabo nyamara atabibahereye uburenganzira.

Urega waburanye yunganiwe na Me Ntigurirwa Francois, yavugaga ko biriya bishushanyo n’ibibumbano bye yabijyanye muri iriya hotel mu rwego rwo kubimurika ariko akaza kubona byagaragaye mu mashusho y’indirimbo atazi uko byahageze.

Yabanje kuregera Urukiko rw’Ubucuruzi, ariko ruza kwanzura ko uruhande rw’abaregwa nta kosa rwakoze, aza kujuririra mu Rukiko Rukuru w’Ubucuruzi, asaba kurenganurwa agahabwa indishyi ya miliyoni 30 Frw.

Uruhande rw’abaregwa rwari rwunganiwe na Me Uwera Zeno ndetse na Me Habakurama Francois Xavier, rwasobanuriye Urukiko ko bajya gufata ariya mashusho, basabye uburenganzira iriya hotel ndetse bakanayishyura.

Mu kuburana, Me Habakurama, yavuze ko ubuyobozi bw’iriya hotel butigeze bushyiraho imbago ngo bugire icyo bubuza Kina Music n’Umuhanzi, gufata mu mashusho yabo.

Uyu munyamategeko wasabaga Urukiko gutesha agaciro ikirego cy’urega, yavuze ko uwareze atigeze agaragaza icyabuzaga biriya bihangano bye gufatwa mu mashusho kandi ko nta n’icyagaragazaga ko atari ibya Hotel.

Icyemezo cy’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi cyasomwe mu kwezi gushize, tariki 23 Nzeri 2022, rwanzuye ko ikirego cy’uregwa kidafite ishingiro, rutegeka ko hakomeza kubahirizwa icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwakijije urubanza bwa mbere.

Urukiko rwategetse ko urega yishyura indishyi y’ibihumbi 500 Frw kuri buri umwe (Kina Music na Nel Ngabo) ku bwo kubashora mu manza bitari ngombwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Uganda: Uturere tubiri twashyizwe muri ‘GumaMuKarere’, insengero n’ibitaramo byaho birafungwa

Next Post

Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

IZIHERUKA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we
MU RWANDA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.