Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone

radiotv10by radiotv10
10/08/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye icyo Perezida wa Ukraine yavuganye na Tshisekedi kuri Telefone
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ukraine yavuganye na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu kiganiro cyo kuri telefone aho bagarutse ku ngaruka z’ibibazo byatewe n’Intambara y’u Burusiya.

Perezida Volodymyr Zelensky yahamagaye mugenzi we Felix Tshisekedi bagirana ikiganiro kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kanama 2022.

Iki kiganiro, kibanze ku kibazo cy’ibura ry’ibiribwa ryatejwe n’intambara u Burusiya bwashije kuri Ukraine yatumye Isi izahazwa n’imbogamizi zinyuranye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Perezida Volodymyr Zelensky yavuze ko iki kiganiro ari icya mbere yagiranye na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Namugaragarije ko hakenewe ubufatanye mu guhangana n’ingaruka z’ibibazo byatewe n’Igisirikare cy’u Burusiya muri Ukraine. Nagarutse ku kamaro ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashyigikiye Ukraine byumwihariko mu Muryango w’Abibumbye.”

Perezida Volodymyr Zelensky kandi yashimangiye ko Ukraine ishyize imbere imikoranire ishikamye hagati yayo n’Umugabane wa Afurika.

Ni ikiganiro kibaye nyuma y’icyumweru kimwe ubwato bwa mbere butwaye ibinyampeke bubashije guhaguruka muri Ukraine nyuma yuko hasinywe amasezerano yo kuba Igisirikare cya Ukraine cyaha inzira aya mato yari yarimwe inzira akajyana ibi binyampeke byari byarabuze bigateza ikibazo cy’ibura ry’ibizikomokaho ku Isi.

Iki kiganiro kandi cyabaye hagati y’Umukuru w’Igihugu cya Ukraine kimaze iminsi cyugarijwe n’intambara cyashojweho n’u Burusiya ndetse no ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba itorohewe kuko imaze iminsi ihanganye n’ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro irimo M23 imaze iminsi ihanganye na FARDC mu mirwano ikomeye.

Perezida Zelensky kandi yavuganye na mugenzi we wa DRC mu gihe iki Gihugu cyariho kinitegura kwakira Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amarica, Antony Blinken wanazanywe n’iki kibazo cy’iyi mitwe.

Perezida wa Ukraine
Na Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eight =

Previous Post

Burera: Ubuyobozi ntibwemeranya n’abaturage babushinja kubatega imitego ibabuza kugera ku iterambere

Next Post

Umugabo wishe ababyeyi be ubu nawe ntakiri mu Isi y’abazima, menya uko yishwe

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Byari amarira mu gushyingura umusaza n’umugore we bishwe n’uwo bibyariye abakase amajosi

Umugabo wishe ababyeyi be ubu nawe ntakiri mu Isi y’abazima, menya uko yishwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.