Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ifungwa ry’ushinzwe iperereza ku rwego rw’Intara n’umupolisi ufite ipeti rya Ofisiye

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Icyitonderwa: Ifoto yakoreshejwe ntihuye n'ibivugwa mu nkuru. Ni iyifashishijwe ikuwe kuri murandasi

Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi ushinzwe iperereza ku rwego rw’Umujyi wa Kigali n’Umupolizi ufite ipeti rya CIP (Chief Inspector of Police), bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, bakurikiranyweho ibyaba birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) yabwiye RADIOTV10 ko uyu mukozi ushinzwe Iperereza ku rwego rw’Intara (Provincial Chief Intelligence Office/PCIO) mu Mujyi wa Kigali, witwa Kabayiza Ntabwoba Patrick yatawe muri yombi mu cyumweru gishize, tariki 27 Nzeri 2022.

Yavuze ko uyu mukozi ushinzwe Iperereza ku rwego rw’Umujyi Kigali kandi akurikiranywe hamwe n’Umupolisi ufite ipeti rya Ofisiye rya CIP (Chief Inspector of Police) witwa Murekezi Augustin bakekwaho gukorana ibi byaha.

Yagize ati “Bakurikiranyweho ibyaha byo gusaba no kwakira indonke no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya bifitanye isano na dosiye yari gukurikiranwa mu Bugenzacyaha.”

Kabayiza Ntabwoba Patrick akurikiranyweho ibi byaha byombi uko ari bibiri mu gihe CIP Murekezi Augustin we akurikiranyweho icyaha kimwe cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Dr Murangira B. Thierry avuga ko ibi byaha byakorewe mu Mujyi wa Kigali ndetse ko dosiye y’aba bombi yamaze kohererezwa Ubushinjacyaha ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 03 Ukwakira 2022 kugira buzabaregere Urukiko.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yaboneyeho kongera kwibutsa abaturarwanda ko uru rwego rutazihanganira abishora mu byaha nk’ibi byo kwaka indonke no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Uyu muvugizi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha, avuga ko isomo rikwiye kuva mu ifatwa ry’aba bakozi barimo ukorera uru rwego, ari ko rutazihanganira uwo ari we wese ukora ibi byaha.

Ati “Ikindi RIB yizeza abantu ni ko izagumya kwigisha abakozi bayo kugira imyitwarire myiza bakarushaho kugira imyitwarire ituma abagana RIB bagumya kuyigirira icyizere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Abashingamategeko ba America mu rwuri rwe rurimo inyambo zibereye ijisho (AMAFOTO)

Next Post

Perezida William Ruto yagiye ku Nteko atunguranye asangira n’Abadepite ifunguro ry’amanywa

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida William Ruto yagiye ku Nteko atunguranye asangira n’Abadepite ifunguro ry’amanywa

Perezida William Ruto yagiye ku Nteko atunguranye asangira n’Abadepite ifunguro ry’amanywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.