Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in AMAHANGA
0
Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 24 w’Umunya-Uganda, yakatiwe gufungwa imyaka itandatu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bifitanye isano no gutangaza amakuru yibasira Perezida Yoweri Kaguta Museveni n’umuryango we, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa TikTok.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rwa Entebbe, Stellah-Maris Amabilisi, cyo guhamya ibyaha uyu musore witwa Edward Awebwa wari ufite konti yitwa ‘Save Media Uganda’.

Umucamanza ubwo yasomaga iki cyemezo, yavuze ko “ushinjwa akwiye guhabwa igihano kizatuma akura isomo ku byo yakoze, ku buryo azabasha kubaha Perezida, Madamu wa Perezida n’Umuhungu wabo.”

Ubutumwa bwatumye uyu musore akatirwa gufungwa imyaka itandatu muri gereza, yabutanze mu mashusho yanyujije kuri iyi konti ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, yibasira Museveni, Madamu we ndetse n’umuhungu wabo.

Bumwe mu butumwa bwo kwibasira Perezida Museveni bwatumye uyu musore ahamwa n’icyaha, burimo ubwo yavuze ko imisoro igiye gutumbagira kubera uyu Mukuru w’Igihugu cya Uganda.

Umuvugizi wa Polisi yo mu Murwa Mukuru wa Kampala, Luke Owoyesigyire; yatangaje ko uyu musore Awebwa yagiye ashyira amashusho anyuranye kuri TikTok hagati ya Gashyantare (02) na Werurwe (03) 2024.

Iki gihano cyakatiwe uyu musore, ni kimwe mu misaruro y’ubukangurambara bwatangijwe n’inzego z’iperereza n’iz’umutekano muri Uganda, zatangiye umukwabu mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bibasira abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu.

Uyu musore abaye umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga batangaza amakuru bafunzwe hagendewe ku itegeko ryo muri 2022 rihana abakoresha ikoranabuhanga bakwirakwiza amakuru y’ibihuha ndetse n’amagambo y’inzangano.

Edward Awebwa wakatiwe gufungwa imyaka itandatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

BREAKING: Zahinduye imirishyo muri Guverinoma ya Kenya

Next Post

GoPro’s Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

GoPro's Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.