Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in AMAHANGA
0
Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 24 w’Umunya-Uganda, yakatiwe gufungwa imyaka itandatu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bifitanye isano no gutangaza amakuru yibasira Perezida Yoweri Kaguta Museveni n’umuryango we, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa TikTok.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rwa Entebbe, Stellah-Maris Amabilisi, cyo guhamya ibyaha uyu musore witwa Edward Awebwa wari ufite konti yitwa ‘Save Media Uganda’.

Umucamanza ubwo yasomaga iki cyemezo, yavuze ko “ushinjwa akwiye guhabwa igihano kizatuma akura isomo ku byo yakoze, ku buryo azabasha kubaha Perezida, Madamu wa Perezida n’Umuhungu wabo.”

Ubutumwa bwatumye uyu musore akatirwa gufungwa imyaka itandatu muri gereza, yabutanze mu mashusho yanyujije kuri iyi konti ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, yibasira Museveni, Madamu we ndetse n’umuhungu wabo.

Bumwe mu butumwa bwo kwibasira Perezida Museveni bwatumye uyu musore ahamwa n’icyaha, burimo ubwo yavuze ko imisoro igiye gutumbagira kubera uyu Mukuru w’Igihugu cya Uganda.

Umuvugizi wa Polisi yo mu Murwa Mukuru wa Kampala, Luke Owoyesigyire; yatangaje ko uyu musore Awebwa yagiye ashyira amashusho anyuranye kuri TikTok hagati ya Gashyantare (02) na Werurwe (03) 2024.

Iki gihano cyakatiwe uyu musore, ni kimwe mu misaruro y’ubukangurambara bwatangijwe n’inzego z’iperereza n’iz’umutekano muri Uganda, zatangiye umukwabu mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bibasira abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu.

Uyu musore abaye umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga batangaza amakuru bafunzwe hagendewe ku itegeko ryo muri 2022 rihana abakoresha ikoranabuhanga bakwirakwiza amakuru y’ibihuha ndetse n’amagambo y’inzangano.

Edward Awebwa wakatiwe gufungwa imyaka itandatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − sixteen =

Previous Post

BREAKING: Zahinduye imirishyo muri Guverinoma ya Kenya

Next Post

GoPro’s Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

GoPro's Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.