Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in AMAHANGA
0
Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 24 w’Umunya-Uganda, yakatiwe gufungwa imyaka itandatu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bifitanye isano no gutangaza amakuru yibasira Perezida Yoweri Kaguta Museveni n’umuryango we, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa TikTok.

Ni icyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rwa Entebbe, Stellah-Maris Amabilisi, cyo guhamya ibyaha uyu musore witwa Edward Awebwa wari ufite konti yitwa ‘Save Media Uganda’.

Umucamanza ubwo yasomaga iki cyemezo, yavuze ko “ushinjwa akwiye guhabwa igihano kizatuma akura isomo ku byo yakoze, ku buryo azabasha kubaha Perezida, Madamu wa Perezida n’Umuhungu wabo.”

Ubutumwa bwatumye uyu musore akatirwa gufungwa imyaka itandatu muri gereza, yabutanze mu mashusho yanyujije kuri iyi konti ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, yibasira Museveni, Madamu we ndetse n’umuhungu wabo.

Bumwe mu butumwa bwo kwibasira Perezida Museveni bwatumye uyu musore ahamwa n’icyaha, burimo ubwo yavuze ko imisoro igiye gutumbagira kubera uyu Mukuru w’Igihugu cya Uganda.

Umuvugizi wa Polisi yo mu Murwa Mukuru wa Kampala, Luke Owoyesigyire; yatangaje ko uyu musore Awebwa yagiye ashyira amashusho anyuranye kuri TikTok hagati ya Gashyantare (02) na Werurwe (03) 2024.

Iki gihano cyakatiwe uyu musore, ni kimwe mu misaruro y’ubukangurambara bwatangijwe n’inzego z’iperereza n’iz’umutekano muri Uganda, zatangiye umukwabu mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bibasira abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu.

Uyu musore abaye umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga batangaza amakuru bafunzwe hagendewe ku itegeko ryo muri 2022 rihana abakoresha ikoranabuhanga bakwirakwiza amakuru y’ibihuha ndetse n’amagambo y’inzangano.

Edward Awebwa wakatiwe gufungwa imyaka itandatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

BREAKING: Zahinduye imirishyo muri Guverinoma ya Kenya

Next Post

GoPro’s Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

GoPro's Karma drone is back on sale after design flaw made them fall out of the sky

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.