Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye itariki Ndimbati azagarukira imbere y’Ubucamanza n’ikizaba kimuzanye

radiotv10by radiotv10
27/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Hamenyekanye itariki Ndimbati azagarukira imbere y’Ubucamanza n’ikizaba kimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film w’ikirangirire mu Rwanda uzwi nka Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya umwana, agiye gusubira imbere y’Ubucamanza noneho aburana mu mizi.

Jean Bosco Uwihoreye AKA Ndimbati umaze amezi atanu afunzwe; yatawe muri yombi tariki 10 Werurwe 2022 nyuma yuko hasohotse ikiganiro cy’umukobwa uvuga ko uyu mukinnyi wa film yamusambanyije ataruzuza imyaka y’ubukure ndetse abanje kumusindisha.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwaburanishije Ndimbati mu rubanza rw’ifunga ry’agateganyo, tariki 28 Werurwe 2022, rwemeje ko akurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ndimbati utaranyuzwe n’iki cyemezo, yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge na rwo rutera utwatsi ubujurire bwe, rwemeza ko akomeza gufungwa.

Amakuru yizewe ahari, ni uko Ndimbati azatangira kuburana mu mizi mu kwezi gutaha kwa Nzeri tariki 13 aho azaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

 

Ngo Umunyamakuru yamwatse miliyoni 2Frw…Ibitazibagirana mu rubanza rwe

Mu iburanisha ryabaye tariki 23 Werurwe 2022 ku ifunga ry’agateganyo, Uwihoreye Jean Bosco AKA Ndimbati ntiyahakanye ko azi uwo mukobwa witwa Kabahizi Fridaus wavuze ko yamusambanyirije muri lodge abanje kumusindisha.

Ubwo yari imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, Ndimbati yavuze ko ubwo yaryamanaga n’uyu mukobwa, yari yamuguze ku muhanda nk’umukobwa wicuruza nk’abandi bose.

Ndimbati umaze kubaka izina muri sinema mu Rwanda, mbere yuko atabwa muri yombi, yari yabwiye imwe muri YouTube Channel, yari yatangaje uyu mugore babyaranye yagiye kubivuga mu itangazamakuru kuri misiyo y’abashaka kumuhindanyiriza isura.

Ubwo yaburanaga ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, yabwiye Urukiko ko ubwo uyu mukobwa yamaraga kuvugisha iyi YouTube Channel, Umunyamakuru wayo, yahise amuhamagara akamubwira ko afite amakuru ashobora kumusenyera izina bityo ko akwiye kumuha Miliyoni 2 Frw kugira ngo atayitangaza.

Icyo gihe yari yagize ati “Ari na ho mvuga ko habayeho akambane kuba yaragiye mu itangazamakuru. Ibi byose byagiye mu itangazamakuru ubwo Umunyamakuru wa [yavuze Izina ry’iyo YouTube Channel] yamubeshyaga ko azamufasha ko hari abantu bo hanze bazamuha amafaranga menshi.”

Tariki 25 Mata 2022 ubwo Ndimbati yaburanaga ubujurire bwe ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko yifuza kurekurwa kugira ngo ajye kwita ku muryango ndetse no kwita ku bana yabyaranye n’uyu mugore watumye afungwa.

Gusa urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwaje gutesha agaciro icyifuzo cya Ndimbati, rwemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Ntituzamere nk’insenene kandi hari ibidutegereje- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda kutazaryana

Next Post

Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, yararikiye abatuye muri Finland kwitegura...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke

Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.