Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye itariki Ndimbati azagarukira imbere y’Ubucamanza n’ikizaba kimuzanye

radiotv10by radiotv10
27/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Hamenyekanye itariki Ndimbati azagarukira imbere y’Ubucamanza n’ikizaba kimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film w’ikirangirire mu Rwanda uzwi nka Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya umwana, agiye gusubira imbere y’Ubucamanza noneho aburana mu mizi.

Jean Bosco Uwihoreye AKA Ndimbati umaze amezi atanu afunzwe; yatawe muri yombi tariki 10 Werurwe 2022 nyuma yuko hasohotse ikiganiro cy’umukobwa uvuga ko uyu mukinnyi wa film yamusambanyije ataruzuza imyaka y’ubukure ndetse abanje kumusindisha.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwaburanishije Ndimbati mu rubanza rw’ifunga ry’agateganyo, tariki 28 Werurwe 2022, rwemeje ko akurikiranwa afunzwe by’agateganyo.

Ndimbati utaranyuzwe n’iki cyemezo, yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge na rwo rutera utwatsi ubujurire bwe, rwemeza ko akomeza gufungwa.

Amakuru yizewe ahari, ni uko Ndimbati azatangira kuburana mu mizi mu kwezi gutaha kwa Nzeri tariki 13 aho azaburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

 

Ngo Umunyamakuru yamwatse miliyoni 2Frw…Ibitazibagirana mu rubanza rwe

Mu iburanisha ryabaye tariki 23 Werurwe 2022 ku ifunga ry’agateganyo, Uwihoreye Jean Bosco AKA Ndimbati ntiyahakanye ko azi uwo mukobwa witwa Kabahizi Fridaus wavuze ko yamusambanyirije muri lodge abanje kumusindisha.

Ubwo yari imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, Ndimbati yavuze ko ubwo yaryamanaga n’uyu mukobwa, yari yamuguze ku muhanda nk’umukobwa wicuruza nk’abandi bose.

Ndimbati umaze kubaka izina muri sinema mu Rwanda, mbere yuko atabwa muri yombi, yari yabwiye imwe muri YouTube Channel, yari yatangaje uyu mugore babyaranye yagiye kubivuga mu itangazamakuru kuri misiyo y’abashaka kumuhindanyiriza isura.

Ubwo yaburanaga ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, yabwiye Urukiko ko ubwo uyu mukobwa yamaraga kuvugisha iyi YouTube Channel, Umunyamakuru wayo, yahise amuhamagara akamubwira ko afite amakuru ashobora kumusenyera izina bityo ko akwiye kumuha Miliyoni 2 Frw kugira ngo atayitangaza.

Icyo gihe yari yagize ati “Ari na ho mvuga ko habayeho akambane kuba yaragiye mu itangazamakuru. Ibi byose byagiye mu itangazamakuru ubwo Umunyamakuru wa [yavuze Izina ry’iyo YouTube Channel] yamubeshyaga ko azamufasha ko hari abantu bo hanze bazamuha amafaranga menshi.”

Tariki 25 Mata 2022 ubwo Ndimbati yaburanaga ubujurire bwe ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko yifuza kurekurwa kugira ngo ajye kwita ku muryango ndetse no kwita ku bana yabyaranye n’uyu mugore watumye afungwa.

Gusa urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwaje gutesha agaciro icyifuzo cya Ndimbati, rwemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 10 =

Previous Post

Ntituzamere nk’insenene kandi hari ibidutegereje- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda kutazaryana

Next Post

Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke

Gakenke: Umucuruzi arakekwaho kwica umunyerondo wacecekesheje abasakurizaga mu kabari ke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.