Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye indahiro z’Abadepite bashya binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda-Umutwe w’Abadepite, bahise batora Perezida wabo ari we Kazarwa Gertrude wo mu Ishyaka Riharanira Ukishyira (PL).

Iki gikorwa cyo gutora abagize Biro Nyobozi y’Umutwe w’Abadepite, cyabaye nyuma y’uko Abadepite bashya 80 barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Ubwo aba Badepite bari bahawe umwanya ngo biyamamaze cyangwa bamamaze ku mwanya wa Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon. Nizeyimana Pie uyobora Umutwe wa Politiki UDPR, ni we watangiye yiyamamaza, avuga ko muri manda ishize yayiboneyemo ubunararibonye buhagije bwamemerera kuba yayobora bagenzi be.

Yavuze kandi ko asanzwe azwiho gukorana neza n’Abagore kandi bakaba ari bo bagize umubare munini mu Nteko Ishinga Amategeko, bityo ko kuba yatorwa byazamworohera.

Ikindi kandi yavuze ko Inteko iheruka yari iyobowe n’Umugore, bityo ko ubu hakenewe impinduka ku buryo hakenewe ko n’umugabo ayobora, ariko ko akarusho ari uko uwo mugabo ukwiye ari we kandi akaba azi gukorana neza n’abagore.

Depite Uwiringiyimana Philbert we yamamaje Kazarwa Gertrude uturuka mu mutwe wa Politiki wa PL, afite ubonararibonye mu bya Politiki ndetse akaba afite n’amashuri abimwemerera.

Uyu Mudepite yavuze ko yizeye adashidikanya ko buri Mudepite wari muri iki cyumba cy’Inteko Ishinga Amategeko wese abajijwe uwo yakwamamaza, yakwamamaza Kazarwa Geltude.

Yavuze kandi ko bamenyanye ubwo yari Umusenateri kandi ko ubunararibonye afite mu mikorere ya Sena yazayikoresha mu kuyobora neza Umutwe w’Abadepite.

Ati “Naje kubona ko ari umuyobozi ufite indangagaciro kandi ukunda gutoza abakiri bato imikorere myiza. Ni umugore rero ushoboye kandi akabikorana no kwicisha bugufi by’intangarugero.”

Nyuma y’igikorwa cy’amatora, Kazarwa Gertrude yatowe ku majwi 73, mu gihe Niziyimana Pie yagize amajwi atanu (5).

 

Ba Visi Perezida

Depite Odette Uwamamariya yamamaje Sheikh Mussa Fazil Harerimana wakoze imirimo itandukanye by’umwihariko muri Manda yari Visi Perezida ushinzwe Ubuyobozi n’Imari, bityo no kuba yakongera gutorwa byaba ari amata abyaye amavuta.

Nyuma y’uko Harerimana Mussa Fazil yemeye iyi kandidatire yatangiwe, hahise hanemezwa ko ari we wamamajwe wenyine kuri uyu mwanya, ndetse anawutorerwa ku majwi 77.

Ku mwanya wa Visi Perezida ushinzwe Ametegeko no kugenzura Ibikorwa bya Guverinoma, Depite Muhakwa Valens, yamamaje Depite Uwineza Biline, bakoranye mu Komisiyo Ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari ya Leta (PAC), avuga ko yamubonyeho ubushishozi n’ubunanaribonye.

Hon. Uwineza Beline na we yemeye kandidatire yatanzwemo, ndetse aba ari we wenyine wamamazwa kuri uyu mwanya, anawutorerwa ku majwi 79.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

Next Post

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.