Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye indahiro z’Abadepite bashya binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda-Umutwe w’Abadepite, bahise batora Perezida wabo ari we Kazarwa Gertrude wo mu Ishyaka Riharanira Ukishyira (PL).

Iki gikorwa cyo gutora abagize Biro Nyobozi y’Umutwe w’Abadepite, cyabaye nyuma y’uko Abadepite bashya 80 barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Ubwo aba Badepite bari bahawe umwanya ngo biyamamaze cyangwa bamamaze ku mwanya wa Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon. Nizeyimana Pie uyobora Umutwe wa Politiki UDPR, ni we watangiye yiyamamaza, avuga ko muri manda ishize yayiboneyemo ubunararibonye buhagije bwamemerera kuba yayobora bagenzi be.

Yavuze kandi ko asanzwe azwiho gukorana neza n’Abagore kandi bakaba ari bo bagize umubare munini mu Nteko Ishinga Amategeko, bityo ko kuba yatorwa byazamworohera.

Ikindi kandi yavuze ko Inteko iheruka yari iyobowe n’Umugore, bityo ko ubu hakenewe impinduka ku buryo hakenewe ko n’umugabo ayobora, ariko ko akarusho ari uko uwo mugabo ukwiye ari we kandi akaba azi gukorana neza n’abagore.

Depite Uwiringiyimana Philbert we yamamaje Kazarwa Gertrude uturuka mu mutwe wa Politiki wa PL, afite ubonararibonye mu bya Politiki ndetse akaba afite n’amashuri abimwemerera.

Uyu Mudepite yavuze ko yizeye adashidikanya ko buri Mudepite wari muri iki cyumba cy’Inteko Ishinga Amategeko wese abajijwe uwo yakwamamaza, yakwamamaza Kazarwa Geltude.

Yavuze kandi ko bamenyanye ubwo yari Umusenateri kandi ko ubunararibonye afite mu mikorere ya Sena yazayikoresha mu kuyobora neza Umutwe w’Abadepite.

Ati “Naje kubona ko ari umuyobozi ufite indangagaciro kandi ukunda gutoza abakiri bato imikorere myiza. Ni umugore rero ushoboye kandi akabikorana no kwicisha bugufi by’intangarugero.”

Nyuma y’igikorwa cy’amatora, Kazarwa Gertrude yatowe ku majwi 73, mu gihe Niziyimana Pie yagize amajwi atanu (5).

 

Ba Visi Perezida

Depite Odette Uwamamariya yamamaje Sheikh Mussa Fazil Harerimana wakoze imirimo itandukanye by’umwihariko muri Manda yari Visi Perezida ushinzwe Ubuyobozi n’Imari, bityo no kuba yakongera gutorwa byaba ari amata abyaye amavuta.

Nyuma y’uko Harerimana Mussa Fazil yemeye iyi kandidatire yatangiwe, hahise hanemezwa ko ari we wamamajwe wenyine kuri uyu mwanya, ndetse anawutorerwa ku majwi 77.

Ku mwanya wa Visi Perezida ushinzwe Ametegeko no kugenzura Ibikorwa bya Guverinoma, Depite Muhakwa Valens, yamamaje Depite Uwineza Biline, bakoranye mu Komisiyo Ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari ya Leta (PAC), avuga ko yamubonyeho ubushishozi n’ubunanaribonye.

Hon. Uwineza Beline na we yemeye kandidatire yatanzwemo, ndetse aba ari we wenyine wamamazwa kuri uyu mwanya, anawutorerwa ku majwi 79.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

Next Post

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.