Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye indahiro z’Abadepite bashya binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda-Umutwe w’Abadepite, bahise batora Perezida wabo ari we Kazarwa Gertrude wo mu Ishyaka Riharanira Ukishyira (PL).

Iki gikorwa cyo gutora abagize Biro Nyobozi y’Umutwe w’Abadepite, cyabaye nyuma y’uko Abadepite bashya 80 barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Ubwo aba Badepite bari bahawe umwanya ngo biyamamaze cyangwa bamamaze ku mwanya wa Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon. Nizeyimana Pie uyobora Umutwe wa Politiki UDPR, ni we watangiye yiyamamaza, avuga ko muri manda ishize yayiboneyemo ubunararibonye buhagije bwamemerera kuba yayobora bagenzi be.

Yavuze kandi ko asanzwe azwiho gukorana neza n’Abagore kandi bakaba ari bo bagize umubare munini mu Nteko Ishinga Amategeko, bityo ko kuba yatorwa byazamworohera.

Ikindi kandi yavuze ko Inteko iheruka yari iyobowe n’Umugore, bityo ko ubu hakenewe impinduka ku buryo hakenewe ko n’umugabo ayobora, ariko ko akarusho ari uko uwo mugabo ukwiye ari we kandi akaba azi gukorana neza n’abagore.

Depite Uwiringiyimana Philbert we yamamaje Kazarwa Gertrude uturuka mu mutwe wa Politiki wa PL, afite ubonararibonye mu bya Politiki ndetse akaba afite n’amashuri abimwemerera.

Uyu Mudepite yavuze ko yizeye adashidikanya ko buri Mudepite wari muri iki cyumba cy’Inteko Ishinga Amategeko wese abajijwe uwo yakwamamaza, yakwamamaza Kazarwa Geltude.

Yavuze kandi ko bamenyanye ubwo yari Umusenateri kandi ko ubunararibonye afite mu mikorere ya Sena yazayikoresha mu kuyobora neza Umutwe w’Abadepite.

Ati “Naje kubona ko ari umuyobozi ufite indangagaciro kandi ukunda gutoza abakiri bato imikorere myiza. Ni umugore rero ushoboye kandi akabikorana no kwicisha bugufi by’intangarugero.”

Nyuma y’igikorwa cy’amatora, Kazarwa Gertrude yatowe ku majwi 73, mu gihe Niziyimana Pie yagize amajwi atanu (5).

 

Ba Visi Perezida

Depite Odette Uwamamariya yamamaje Sheikh Mussa Fazil Harerimana wakoze imirimo itandukanye by’umwihariko muri Manda yari Visi Perezida ushinzwe Ubuyobozi n’Imari, bityo no kuba yakongera gutorwa byaba ari amata abyaye amavuta.

Nyuma y’uko Harerimana Mussa Fazil yemeye iyi kandidatire yatangiwe, hahise hanemezwa ko ari we wamamajwe wenyine kuri uyu mwanya, ndetse anawutorerwa ku majwi 77.

Ku mwanya wa Visi Perezida ushinzwe Ametegeko no kugenzura Ibikorwa bya Guverinoma, Depite Muhakwa Valens, yamamaje Depite Uwineza Biline, bakoranye mu Komisiyo Ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari ya Leta (PAC), avuga ko yamubonyeho ubushishozi n’ubunanaribonye.

Hon. Uwineza Beline na we yemeye kandidatire yatanzwemo, ndetse aba ari we wenyine wamamazwa kuri uyu mwanya, anawutorerwa ku majwi 79.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + fifteen =

Previous Post

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

Next Post

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.