Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in IMYIDAGADURO
0
Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga, yamaze kubona umusimbura na we usanzwe azwi cyane mu biganiro by’imyidagaduro byumwihariko ibitambuka kuri YouTube Channel.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, nib wo Umunyamakuru M.Irene yasezeye Isibo TV yari amaze igihe akorera mu kiganiro kizwi nka The Choice Live aho yakoranaga na mugenzi we Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter.

M.Irene wanakoraga ibiganiro byatambukaga kuri YouTube Channel yitwa The Choice Live, icyo gihe yari yatangaje ko atangiye urugendo rushya bityo ko abantu batazongera kubona ibiganiro bye kuri iyi YouTube Channel ndetse no kuri Televiziyo Isibo.

Nyuma yuko uyu munyamakuru amaze iminsi agaragara mu biganiro kuri YouTube Channe ye bwite, ubu yamaze kubona umusimbura ku nshingano yahoranye kuri Isibo TV no kuri YouTube Channnel ya The Choice Live ari we Jean Nepo Jina Langu wamenyekanye cyane na we kuri YouTube Channel byumwihariko izwi nka Afrimax TV.

Uyu munyamakuru wakiriwe mu kiganiro Sandu Choice cyatambutse mu ijoro ryo ku Cyumweru, yahawe ikaze n’umunyamakuru Phil Peter usanzwe ayobora iki kiganiro cyanakoragamo M.Irene.

Jean Nepo umaze imyaka 10 mu mwuga w’Itangazamakuru, yavuze ko ku nshuro ya mbere ajya kuri microphone za Radio hari muri Kanama 2012 akorera icyahoze ari ORINFOR ubu yabaye RBA akora mu Mutara.

Jean Nepo ubu winjiye mu bakoze ba Isibo TV, yanyuze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo iyi RBA, Family TV, muri BTN ari na yo yavuyemo ahita ajya muri AFRIMAX TV.

Uyu munyamakuru yizeje abakunzi n’iki gitangazamakuru gishya agiye gukorera ko azabagezaho ibibasusurutsa.

Yagize ati “Icyo mbizeza izo mbaraga ndazifite, imitekerereze imeze ndayifite, meze neza muri rusange, iyo meze neza ubwo ikiza gukurikira ni akazi, ni ukubaha bya byishimo na ya makuru n’ibiganiro bimeze neza.”

Jean Nepo Jina Langu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + thirteen =

Previous Post

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Next Post

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.