Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in IMYIDAGADURO
0
Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga, yamaze kubona umusimbura na we usanzwe azwi cyane mu biganiro by’imyidagaduro byumwihariko ibitambuka kuri YouTube Channel.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, nib wo Umunyamakuru M.Irene yasezeye Isibo TV yari amaze igihe akorera mu kiganiro kizwi nka The Choice Live aho yakoranaga na mugenzi we Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter.

M.Irene wanakoraga ibiganiro byatambukaga kuri YouTube Channel yitwa The Choice Live, icyo gihe yari yatangaje ko atangiye urugendo rushya bityo ko abantu batazongera kubona ibiganiro bye kuri iyi YouTube Channel ndetse no kuri Televiziyo Isibo.

Nyuma yuko uyu munyamakuru amaze iminsi agaragara mu biganiro kuri YouTube Channe ye bwite, ubu yamaze kubona umusimbura ku nshingano yahoranye kuri Isibo TV no kuri YouTube Channnel ya The Choice Live ari we Jean Nepo Jina Langu wamenyekanye cyane na we kuri YouTube Channel byumwihariko izwi nka Afrimax TV.

Uyu munyamakuru wakiriwe mu kiganiro Sandu Choice cyatambutse mu ijoro ryo ku Cyumweru, yahawe ikaze n’umunyamakuru Phil Peter usanzwe ayobora iki kiganiro cyanakoragamo M.Irene.

Jean Nepo umaze imyaka 10 mu mwuga w’Itangazamakuru, yavuze ko ku nshuro ya mbere ajya kuri microphone za Radio hari muri Kanama 2012 akorera icyahoze ari ORINFOR ubu yabaye RBA akora mu Mutara.

Jean Nepo ubu winjiye mu bakoze ba Isibo TV, yanyuze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo iyi RBA, Family TV, muri BTN ari na yo yavuyemo ahita ajya muri AFRIMAX TV.

Uyu munyamakuru yizeje abakunzi n’iki gitangazamakuru gishya agiye gukorera ko azabagezaho ibibasusurutsa.

Yagize ati “Icyo mbizeza izo mbaraga ndazifite, imitekerereze imeze ndayifite, meze neza muri rusange, iyo meze neza ubwo ikiza gukurikira ni akazi, ni ukubaha bya byishimo na ya makuru n’ibiganiro bimeze neza.”

Jean Nepo Jina Langu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Next Post

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Related Posts

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzikazi Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas, yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’ nyuma y’igihe...

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Kevin Kade yamaze kuva mu bazasusurutsa abantu mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2025, kubera ikindi gikorwa azitabira...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.