Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in IMYIDAGADURO
0
Hamenyekanye uwasimbuye umunyamakuru M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M.Irene uherutse gusezera kuri Televiziyo yakoreraga, yamaze kubona umusimbura na we usanzwe azwi cyane mu biganiro by’imyidagaduro byumwihariko ibitambuka kuri YouTube Channel.

Mu ntangiro z’ukwezi gushize, nib wo Umunyamakuru M.Irene yasezeye Isibo TV yari amaze igihe akorera mu kiganiro kizwi nka The Choice Live aho yakoranaga na mugenzi we Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter.

M.Irene wanakoraga ibiganiro byatambukaga kuri YouTube Channel yitwa The Choice Live, icyo gihe yari yatangaje ko atangiye urugendo rushya bityo ko abantu batazongera kubona ibiganiro bye kuri iyi YouTube Channel ndetse no kuri Televiziyo Isibo.

Nyuma yuko uyu munyamakuru amaze iminsi agaragara mu biganiro kuri YouTube Channe ye bwite, ubu yamaze kubona umusimbura ku nshingano yahoranye kuri Isibo TV no kuri YouTube Channnel ya The Choice Live ari we Jean Nepo Jina Langu wamenyekanye cyane na we kuri YouTube Channel byumwihariko izwi nka Afrimax TV.

Uyu munyamakuru wakiriwe mu kiganiro Sandu Choice cyatambutse mu ijoro ryo ku Cyumweru, yahawe ikaze n’umunyamakuru Phil Peter usanzwe ayobora iki kiganiro cyanakoragamo M.Irene.

Jean Nepo umaze imyaka 10 mu mwuga w’Itangazamakuru, yavuze ko ku nshuro ya mbere ajya kuri microphone za Radio hari muri Kanama 2012 akorera icyahoze ari ORINFOR ubu yabaye RBA akora mu Mutara.

Jean Nepo ubu winjiye mu bakoze ba Isibo TV, yanyuze mu bitangazamakuru bitandukanye birimo iyi RBA, Family TV, muri BTN ari na yo yavuyemo ahita ajya muri AFRIMAX TV.

Uyu munyamakuru yizeje abakunzi n’iki gitangazamakuru gishya agiye gukorera ko azabagezaho ibibasusurutsa.

Yagize ati “Icyo mbizeza izo mbaraga ndazifite, imitekerereze imeze ndayifite, meze neza muri rusange, iyo meze neza ubwo ikiza gukurikira ni akazi, ni ukubaha bya byishimo na ya makuru n’ibiganiro bimeze neza.”

Jean Nepo Jina Langu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + five =

Previous Post

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Next Post

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

RwandaVs Senega: Sadio Mane wari wibuze mu mukino araje Abanyarwanda mu marira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.