Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa icyazamuriye umujinya umugabo agafata icyemezo cyo kwisenyera inzu abamo

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in MU RWANDA
0
Haravugwa icyazamuriye umujinya umugabo agafata icyemezo cyo kwisenyera inzu abamo

Photo/Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, haravugwa umugabo watawe muri yombi akekwaho kwisenyera inzu abanamo n’umuryango we, wafashe iki cyemezo avuye mu Nteko y’abaturage, abitewe n’icyemezo yari afatiwe.

Uyu mugabo w’imyaka 27 y’amavuko, yafashwe nyuma y’uko afashe isuka agatangira gusenya inzu yabanagamo n’umugore we wa kabiri, dore ko uwa mbere batandukanye.

Umugore wa mbere ni na we watumye hafatwa icyemezo cyateye uyu mugabo kugira umujinya watumye ashaka gusenya inzu ye, dore ko yamureze avuga ko iyo nzu nubwo yayishakiyemo umugore wa kabiri, ariko ari we bayubakanye.

Amakuru ava mu baturage bo mu Kagari ka Buramira, avuga ko iby’iki kibazo babizi, kuko cyari cyanaganiriweho mu Nteko y’Abaturage yabaye ku wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024.

Bavuga ko ubwo Inteko y’abaturage yemezaga ko uyu mugabo agomba kuva muri iyo nzu yashakiyemo umugore wa kabiri, akayisigira uwo babanye bwa mbere kuko bayubakanye kandi akaba amufitiye umwana, uyu mugabo yatahanye umujinya w’umuranduranzuzi, ari na bwo yagendaga agatangira kuyisenya ahima uwo mugore ngo na we atazayibamo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, yagize ati “Umugore wa mbere yaje avuga ko inzu bayubakanye adakwiye kuyizaniramo undi mugore kandi bafitanye umwana, ubuyobozi bukabwira uwo mugabo ko niba yarahisemo gushaka undi mugore, agomba kumushakira ahandi, Umugabo na we akavuga ati ‘aho kugira ngo musige muri iriya nzu nayisenya kuko ni njye wayiyubakiye’, nibwo uwo mugabo kubera n’inzoga yari yanyoye yafashe icyemezo, atangira gusenya inzu.”

SP Jean Bosco Mwiseneza avuga ko ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bwahise bwiyambaza iz’umutekano zikaburizamo iki gikorwa, zigahita zinamuta muri yombi, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muhoza.

Polisi kandi yaboneyeho kugira inama abaturage ko mu gihe ko igihe cyose hagize ugize icyo atumvikanaho n’uwo bashakanye akwiye kwiyambaza inzego, kuko hamaze kugaragara ababyitwaramo nabi bakagaragaza umujinya nk’uyu wagaragajwe n’uyu mugabo, aho bamwe batema imyaka, amatungo cyangwa se bo bakarwana bikaba byanatera impfu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Bavuze urujijo bafite nyuma y’uko Gitifu ahamijwe kunyereza Miliyoni 5Frw bakusanyije

Next Post

Indwara y’amatungo yabaye inshoberamahanga imaze guhitana Inka 1.000 mu kwezi kumwe

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money
IMYIDAGADURO

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’amatungo yabaye inshoberamahanga imaze guhitana Inka 1.000 mu kwezi kumwe

Indwara y’amatungo yabaye inshoberamahanga imaze guhitana Inka 1.000 mu kwezi kumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.