Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa igikekwaho kuba intandaro y’urupfu rw’umugabo n’umugore we rwagizwemo uruhare n’umwe muri bo

radiotv10by radiotv10
15/02/2024
in MU RWANDA
0
Haravugwa igikekwaho kuba intandaro y’urupfu rw’umugabo n’umugore we rwagizwemo uruhare n’umwe muri bo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, birakekwa ko yishe umugore we amukubise ifuni mu mutwe na we agahita yimanika mu mugozi, mu gihe abaturanyi babo bemeza ko uyu mugabo yari afite ikibazo cyo mu mutwe, ari nacyo bemeza ko cyabimuteye.

Ibi byabaye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kabiri, mu Kagari ka Mugera mu Murenge wa Shangi ubwo bari bamaze kumva ikinamico, umugabo witwa Innocent agahita yica umugore we witwa Stephanie.

Abaturage batabaye, babwiye RADIOTV10 ko amakuru bahawe n’umwana w’umukobwa w’imyaka 12 wa ba nyakwigendera, ari uko babanje gutongana, aho umugabo yashinjaga umugore we kumuca inyuma, ndetse ko yanavugaga izina ry’umugabo wamucyuye.

Aba baturage kandi bavuze ko uwo mugabo yabwiraga umugore we ko bagomba gupfana kugira ngo uwo wamucyuye atazongere kumubona.

Umuyobozi w’Umudugudu, Habarurema Jean Nepomscene avuga ko uyu muryango wabanaga neza ku buryo batunguwe no kuba habayeho ubu bwicanyi.

Yagize ati “Wabonaga ari abantu babanye neza, baba bari guhinga bagatahana ubona bumvikana.”

Icyakora bavuga ko umugabo yari azwiho kuba afite uburwayi bwo mu mutwe, ndetse bakabihuza n’aya mahano yakoze yo kwica umugore we na we akiyambura ubuzima.

Bongwanubusa Fabien yagize ati “Izi mpfu zaturutse ku kuba umugabo we yari asanzwe arwaye mu mutwe, kuko ari muri gereza yisigaga umwanda mu bandi bagororwa. Ubwo rero bitiriwe bibarushya cyane, ni uburwayi bwe bwabiteye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse yavuze ko bigoye kumenya intandaro y’izi mpfu kuko abakabaye batanga amakuru yo kwizerwa bose bapfuye.

Imibiri ya ba nyakwigendera yahise ijyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Bushenge, mu gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ibugenzacyaha (RIB) rwo rwatangiye gukora iperereza.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

Senegal: Hatanzwe icyifuzo ku kwihanukira biri gukoresha mu guhosha imyigaragambyo yahinduye isura

Next Post

Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira

Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.