Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira

radiotv10by radiotv10
15/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ya bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yahawe ishingano zo gusesengura amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, agamije kohereza mu Rwanda abimukira, yavuze ko adashoboka, inagaragaza impamvu ibona adakwiye.

Itsinda ry’Abashingamategeko 12 mu mitwe yombi y’Inteko y’u Bwongereza ryahawe umukoro wo gusesengura imiterere y’amasezerano amaze imyaka ibiri hagati y’u Rwanda n’Igihugu cyabo, nyuma y’uko imitwe yombi yari imaze gufata icyemezo ku masezerano avuguruye aherutse gusinywa.

Ni nyuma y’uko tariki 17 Mutarama 2024, Umutwe w’Abadepite [House of Commons], utoye wemera aya amasezerano, ariko nyuma y’iminsi micye umutwe wa ‘House of Lords’ [ugereranywa n’Abasenateri], wo watoye ko iyi gahunda iba ihagaze hakagira ibibanza gusobanurwa.

Iri tsinda rihuriweho n’imitwe yombi ry’abantu 12, nyuma y’uko rikoze isesengura, ryanzuye ko ribona aya masezerano agamije kohereza mu Rwanda abimukira binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, adashoboka.

Iri tsinda rivuga ko haramutse hemejwe ko abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko bafatwa bakurizwa indege zibajyana i Kigali; byaba ari ukuvuguruza amasezerano mpuzamhanga bashyizeho umukono.

Iri tsinda kandi rivuga ko byatuma iki Gihugu cy’u Bwongereza gitakaza ijambo ku meza y’abigisha amahanga uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yari yariyemeje ko amatora rusange yo mu Gihugu cye ateganyijwe muri Mutarama umwaka utaha wa 2025; agomba gusanga abimukira ba mbere bamenyereye ubuzima bw’i Kigali.

Ibi byatumye abazwa niba nibitagenda uko, azagaruza amafaranga iki Gihugu cye cyahaye u Rwanda muri uyu mugambi w’Ibihugu byombi ugamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Rishi Sunak yirinze kuvuga ikizakurikiraho, ati “Ndashaka ko bagenda, kandi ndimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bikunde.”

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame mu kiganiro kigufi aherutse kugirana na BBC, yagize icyo avuga ku mafaranga yahawe u Rwanda, ati “Nibataza, dushobora gusubiza amafaranga.”

Umukuru w’u Rwanda kandi ubwo umunyamakuru yamubazaga impamvu u Rwanda rutakira umwimukira n’umwe kandi rwarakiriye ayo mafaranga, yamusubije agira ati “Baza u Bwongereza. Ni ikibazo cy’u Bwongereza ntabwo ari icy’u Rwanda.” 

Nubwo aya masezerano yakunze guhura n’ibihato byinshi byakomeje kudindiza ishyirwa mu bikorwa ryayo, Guverinoma z’Ibihugu byombi ziracyashimangira ko zizakora ibishoboka byose kugira ngo ashyirwe mu bikorwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + twelve =

Previous Post

Haravugwa igikekwaho kuba intandaro y’urupfu rw’umugabo n’umugore we rwagizwemo uruhare n’umwe muri bo

Next Post

Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Related Posts

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.