Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa iki ku biganiro by’imishyikirano bya AFC/M23 na Leta ya Congo byari byajemo imbogamizi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Haravugwa iki ku biganiro by’imishyikirano bya AFC/M23 na Leta ya Congo byari byajemo imbogamizi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Qatar yatangaje ko yakiriye intumwa zihagarariye Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo impande zombi zisubukure ibiganiro by’imishyikirano bibera i Doha.

Ni ibiganiro bisubukuwe mu gihe mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje kuberamo imirwano ihanganishije izi mpande zombi.

Isubukurwa ry’ibi biganiro ryemejwe na Majed al-Ansari, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, wavuze ko intumwa z’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa na AFC/M23 zakiriwe i Doha kugira ngo zisuzume uko hari kubahirizwa icyemezo cyo gutanga agahenge cyafashwe mu kwezi gushize.

Yagize ati “Twakiriye impande zombi hano i Doha kugira ngo ziganire ku masezerano aherutse gusinywa mu minsi ishize.”

Amahame yashyizweho umukono mu kwezi gushize, yasabaga impande zombi guhagarika imirwano ndetse no gutegura amasezerano ya nyuma yo gushyirwaho umukono.

Byari biteganyijwe ko ibiganiro byo kwemeranya ku masezerano byagombaga gutangira tariki 08 Kanama bigasoza ku ya 18 Kanama 2025, ariko aya matariki yageze ntacyo impande zombi zirageraho, aho buri ruhande rwashinjaga urundi kurenga ku mahame basinyanye.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar, Ansari yavuze ko ibiganiro biriho biba ubu, bigomba no gushyiraho urwego ruzagenzura agahenge kemejwe, kimwe n’icyemezo cyo guhererekanya imfungwa hagati y’impande zombi.

Yavuze kandi ko Leta Zunze Ubumwe za America na Komisiyo y’Umuryango utabara imbabare uzwi nka Red Cross, bari gutanga umusanzu muri ibi biganiro.

Ihuriro AFC/M23 ryari riherutse gutangaza ko nubwo uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku mabwiriza basinyanye, ariko rigishyize imbere ibiganiro bigamije gushaka umuti mu nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Next Post

Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Related Posts

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.