Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in MU RWANDA
0
Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyarugenge, na Kompanyi RIP Company Ltd ifite mu nshingano imicungire y’Irimbi rya Nyamirambo, baravuga ko batunguwe n’icyemezo cyafashwe n’Ubuyobozi cyo kurifunga, kuko babonaga hakirimo imyanya.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamirambo mu Karere Nyarugenge, bwasohoye ibaruwa busaba Kompanyi ya RIP Company Ltd guhagarika ibikorwa byo gushyingura muri iri rimbi.

Ibarurwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Claudine Uwera, yagaragazaga impamvu yo gufunga iri rimbi.

Hari aho yagize ati “Nshingive ku bugenzuzi bwakozwe n’itsinda ry’Umurenge aho bagaragaza ko musigaye mushyingura mu mbago z’umuhanda kandi mukaba mwarihanangiriwe kenshi ndetse mukanagirwa inama ariko ntimuzubahirize. Nshingiye kandi ku nama twagiriwe n’itsinda ry’Akarere ka Nyarugenge rifite ubataka mu nshingano aho batugaragarije ko ubutaka bwo gushyinguraho busa n’ubwarangiye iyo ikaba ari yo mpamvu musigaye mushyingura mu mbago z’umahanda…”

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko batunguwe n’iki cyemezo kuko babonaga muri iri rimbi hakiri imyanya yo gushyinguramo.

Umwe yagize ati “Kuba irimbi barifunze kandi tubona hakirimo umwanya ugaragara, ibyo bintu ubuyobozi bwakoze ntibyatunejeje. Twabyibajijeho ariko nibakoreshe ibishoboka byose bashake aho bimurira irimbi vuba.”

Umukozi ushinzwe Icungamutungo muri Kompanyi ya RIP Company Ltd, Jean d’Amour Nshimiyumuremyi avuga ko ibivugwa muri iriya baruwa, bitabayeho.

Yagize ati “Batanze impamvu imwe ivuga ko dushyingura mu muhanda ariko ntabwo dushyingura mu muhanda. Ku itariki ya 24 z’ukwa cyenda ni bwo baje kudupimira batwereka aho tugomba gushyingura badusaba gusiga metero esheshatu uvuye ku muhanda, icyadutunguye ariko ni uko baduhagaritse n’aho baduhaye hatarashira.”

Jean d’Amour Nshimiyumuremyi akomeza avuga ko bakurikije imyanya yari isigaye muri iri rimbi, hari hasigaye ahantu hari hagati ya 30 na 40 ho gushyinguramo.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya avuga ko ibitangazwa n’iyi kompanyi na bamwe mu baturage, bihabanye n’ukuri, kuko Ubuyobozi bwafashe kiriya cyemezo bushingiye ku mpamvu zifatika.

Yagize ati “Uko byagenda kose ibyo Umurenge wavuze, ntiwatanze amakuru atariyo. Ni byiza ko abantu batangira kumva ko irimbi rya nyamirambo ryuzuye bagatangira gushyingura ahandi.”

Emma Claudine avuga ko hari gushakwa ahajya irindi rimbi, ariko ko mu gihe ritaraboneka, haba hifashishwa andi marimba ari mu Mujyi wa Kigali, cyangwa abantu bagatangira gukoresha ubundi buryo bwo gushyingura bwemewe mu Rwanda.

INKURU MU MASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 3 =

Previous Post

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Next Post

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.