Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in MU RWANDA
0
Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyarugenge, na Kompanyi RIP Company Ltd ifite mu nshingano imicungire y’Irimbi rya Nyamirambo, baravuga ko batunguwe n’icyemezo cyafashwe n’Ubuyobozi cyo kurifunga, kuko babonaga hakirimo imyanya.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamirambo mu Karere Nyarugenge, bwasohoye ibaruwa busaba Kompanyi ya RIP Company Ltd guhagarika ibikorwa byo gushyingura muri iri rimbi.

Ibarurwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Claudine Uwera, yagaragazaga impamvu yo gufunga iri rimbi.

Hari aho yagize ati “Nshingive ku bugenzuzi bwakozwe n’itsinda ry’Umurenge aho bagaragaza ko musigaye mushyingura mu mbago z’umuhanda kandi mukaba mwarihanangiriwe kenshi ndetse mukanagirwa inama ariko ntimuzubahirize. Nshingiye kandi ku nama twagiriwe n’itsinda ry’Akarere ka Nyarugenge rifite ubataka mu nshingano aho batugaragarije ko ubutaka bwo gushyinguraho busa n’ubwarangiye iyo ikaba ari yo mpamvu musigaye mushyingura mu mbago z’umahanda…”

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko batunguwe n’iki cyemezo kuko babonaga muri iri rimbi hakiri imyanya yo gushyinguramo.

Umwe yagize ati “Kuba irimbi barifunze kandi tubona hakirimo umwanya ugaragara, ibyo bintu ubuyobozi bwakoze ntibyatunejeje. Twabyibajijeho ariko nibakoreshe ibishoboka byose bashake aho bimurira irimbi vuba.”

Umukozi ushinzwe Icungamutungo muri Kompanyi ya RIP Company Ltd, Jean d’Amour Nshimiyumuremyi avuga ko ibivugwa muri iriya baruwa, bitabayeho.

Yagize ati “Batanze impamvu imwe ivuga ko dushyingura mu muhanda ariko ntabwo dushyingura mu muhanda. Ku itariki ya 24 z’ukwa cyenda ni bwo baje kudupimira batwereka aho tugomba gushyingura badusaba gusiga metero esheshatu uvuye ku muhanda, icyadutunguye ariko ni uko baduhagaritse n’aho baduhaye hatarashira.”

Jean d’Amour Nshimiyumuremyi akomeza avuga ko bakurikije imyanya yari isigaye muri iri rimbi, hari hasigaye ahantu hari hagati ya 30 na 40 ho gushyinguramo.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya avuga ko ibitangazwa n’iyi kompanyi na bamwe mu baturage, bihabanye n’ukuri, kuko Ubuyobozi bwafashe kiriya cyemezo bushingiye ku mpamvu zifatika.

Yagize ati “Uko byagenda kose ibyo Umurenge wavuze, ntiwatanze amakuru atariyo. Ni byiza ko abantu batangira kumva ko irimbi rya nyamirambo ryuzuye bagatangira gushyingura ahandi.”

Emma Claudine avuga ko hari gushakwa ahajya irindi rimbi, ariko ko mu gihe ritaraboneka, haba hifashishwa andi marimba ari mu Mujyi wa Kigali, cyangwa abantu bagatangira gukoresha ubundi buryo bwo gushyingura bwemewe mu Rwanda.

INKURU MU MASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Next Post

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Related Posts

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it
MU RWANDA

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.