Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in MU RWANDA
0
Haravugwa iki nyuma y’icyemezo ‘gitunguranye’ cyo gufunga irimbi rya Nyamirambo?
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyarugenge, na Kompanyi RIP Company Ltd ifite mu nshingano imicungire y’Irimbi rya Nyamirambo, baravuga ko batunguwe n’icyemezo cyafashwe n’Ubuyobozi cyo kurifunga, kuko babonaga hakirimo imyanya.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamirambo mu Karere Nyarugenge, bwasohoye ibaruwa busaba Kompanyi ya RIP Company Ltd guhagarika ibikorwa byo gushyingura muri iri rimbi.

Ibarurwa yashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Claudine Uwera, yagaragazaga impamvu yo gufunga iri rimbi.

Hari aho yagize ati “Nshingive ku bugenzuzi bwakozwe n’itsinda ry’Umurenge aho bagaragaza ko musigaye mushyingura mu mbago z’umuhanda kandi mukaba mwarihanangiriwe kenshi ndetse mukanagirwa inama ariko ntimuzubahirize. Nshingiye kandi ku nama twagiriwe n’itsinda ry’Akarere ka Nyarugenge rifite ubataka mu nshingano aho batugaragarije ko ubutaka bwo gushyinguraho busa n’ubwarangiye iyo ikaba ari yo mpamvu musigaye mushyingura mu mbago z’umahanda…”

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko batunguwe n’iki cyemezo kuko babonaga muri iri rimbi hakiri imyanya yo gushyinguramo.

Umwe yagize ati “Kuba irimbi barifunze kandi tubona hakirimo umwanya ugaragara, ibyo bintu ubuyobozi bwakoze ntibyatunejeje. Twabyibajijeho ariko nibakoreshe ibishoboka byose bashake aho bimurira irimbi vuba.”

Umukozi ushinzwe Icungamutungo muri Kompanyi ya RIP Company Ltd, Jean d’Amour Nshimiyumuremyi avuga ko ibivugwa muri iriya baruwa, bitabayeho.

Yagize ati “Batanze impamvu imwe ivuga ko dushyingura mu muhanda ariko ntabwo dushyingura mu muhanda. Ku itariki ya 24 z’ukwa cyenda ni bwo baje kudupimira batwereka aho tugomba gushyingura badusaba gusiga metero esheshatu uvuye ku muhanda, icyadutunguye ariko ni uko baduhagaritse n’aho baduhaye hatarashira.”

Jean d’Amour Nshimiyumuremyi akomeza avuga ko bakurikije imyanya yari isigaye muri iri rimbi, hari hasigaye ahantu hari hagati ya 30 na 40 ho gushyinguramo.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya avuga ko ibitangazwa n’iyi kompanyi na bamwe mu baturage, bihabanye n’ukuri, kuko Ubuyobozi bwafashe kiriya cyemezo bushingiye ku mpamvu zifatika.

Yagize ati “Uko byagenda kose ibyo Umurenge wavuze, ntiwatanze amakuru atariyo. Ni byiza ko abantu batangira kumva ko irimbi rya nyamirambo ryuzuye bagatangira gushyingura ahandi.”

Emma Claudine avuga ko hari gushakwa ahajya irindi rimbi, ariko ko mu gihe ritaraboneka, haba hifashishwa andi marimba ari mu Mujyi wa Kigali, cyangwa abantu bagatangira gukoresha ubundi buryo bwo gushyingura bwemewe mu Rwanda.

INKURU MU MASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eight =

Previous Post

Umutoza Tuchel w’ikimenyabose i Burayi yateye indi ntambwe mu mwuga we

Next Post

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Perezida Kagame yavuze icyo ashimira nyakwigendera Col (Rtd) Karemera yatabarutse baziranyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.