Umunyamakuru Mulindwa Augustine wari umaze imyaka 23 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru mu Rwanda, na mugenzi we Cyubahiro Bonaventure, basezeye iki gitangazamakuru.
Isezera ry’aba banyamakuru, rije nyuma yuko undi Gloria Mukamabano wari uzwi mu gusoma amakuru kuri Televiziyo Rwanda, na we asezeye ndetse akaba ari kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za America aho yagiye asanzeyo umuryango we.
Isezera rya Mulindwa Augustine wamenyekanye cyane kuri Radio Rwanda na Magic FM, ryemejwe na we ubwe, mu kiganiro dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe.
Uyu wari umaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru ryo mu Rwanda, yavuze ko ari kubarizwa muri Canada aho yajyanywe n’impamvu z’amasomo.
Yagize ati “Ni byo namaze gusezera muri RBA, ni ahantu hangiriye umumaro mu buryo bunyuranye kandi ndabashimira. Nagiye muri Canada kwiga kandi sinabasha kubifatanya no gukorera i Kigali. Ubu ndi kubarizwa mu Mujyi wa Montreal.”
Uyu munyamakuru wamenyekanye mu biganiro byakunzwe cyane nka ‘Twegerane’, ‘Yout Special’ na ‘Magic Morning’, yari mu bamaze igihe bakorera RBA, dore ko yari amaze imyaka 23.
Si Mulindwa gusa usezeye muri ibi bihe, kuko na Cyubahiro Bonaventure wari umenyerewe mu gusoma amakuru kuri Televiziyo Rwanda no mu kiganiro Waramutse Rwanda, na we yamaze gusezera nk’uko amakuru abyemeza.
Cyubahiro Bonaventure wari umaze imyaka itandatu muri RBA, na we ni umwe mu banyamakuru bamaze igihe mu mwuga, dore ko yakoreye ibitangazamakuru binyuranye birimo na RADIOTV10 yanamenyekanyeho cyane.



RADIOTV10











