Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) cyatangiye guhemba abaturage batse inyemezabwishyu mu bukangurambaga Bwise ‘Ishimwe kuri TVA/Tengamara na TVA’, aho bagiye bohererezwa amafaranga ajyanye na fagitire batse, barimo n’abagejeje muri miliyoni 3 Frw.

Kuva muri Werurwe uyu mwaka wa 2024 Rwanda Revenue Authority yafashe umwanzuro wo gutangiza ubukangurambaga bwiswe ‘Ishimwe kuri TVA/Tengamara na TVA’ bwo guhemba abibuka kwaka fagitire z’ikoranabuhanga za EBM ku bicuruzwa baguze.

Icyo umuturage asabwa, ni ugusaba inyemezabwishyu z’ibicuruzwa aguze, ubundi bakayandika kuri nimero ya Telefone ye.

RRA igaragaza ko yashe umwanzuro wo gushyiraho ubu bukangurambaga kubera icyuho cyari ku baguzi ba nyuma batasabaga fagitire za EBM bikanateza igihombo Igihugu kuko abacuruzi bashobora kubyuriraho banyereza imisoro.

Komiseri Wungirije ushinzwe serivisi z’Abasora n’Itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin yagize ati “Iyo facture zitatangwaga ku munguzi wa nyuma, byabaga ari icyuho gikomeye cyane, ni yo mpamvu hagiyeho itegeko ko umuguzi wa nyuma ufasha RRA gukurikirana ko umusoro we utanze uzagezwa mu isanduku ya Leta bityo hazaho kumushimira.”

Nyuma yo gushyiraho ubu bukangurambaga, abaturage bitabiriye gusaba inyemezabwishyu ku bwinshi kugira ngo babashe kubona amafaranga angana na 10 % y’igiciro cy’igicuruzwa baguze.

Ibihumbi birenga 25 by’abaturage, ni bo bahise biyandikisha kugira ngo batangire kwaka gafitire bazabone ibi bihembo by’ishimwe.

Uwiyonze Jean Paulin ahamarira n’abandi baturage kwitabira ubu bukangurambaga kugira ngo bahabwe aya mafaranga aba mbere bamaze kubona.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kanama 2024, abaturage barenga ibihumbi umunani ni bo bakiriye amafaranga y’ishimwe kuri ‘mobile money’ zabo kubera kwaka fagitire ya EBM, barimo n’abakiriye agera kuri miliyoni 3 Frw, aho amafaranga yose hamwe yatanzwe ari miliyoni 95 Frw.

Uwitoze Jean Paulin avuga ko ubu bukangurambaga burimo kuzamura imisoro ku nyongeragaciro, ku buryo mu bihe biri imbere imibare ubwayo izerekana ingano y’amafaranga yakusanyijwe.

Ati “Bivuze ko TVA twakuraga ku baguzi ba nyuma turateganya ko yiyongera, uyu munsi haracyari kare bigaragara ko umusoro ku nyongeragaciro uziyongera.”

Ikigo Rwanda Revenue Authority gifite Miliyoni zirenga 300 Frw kigomba gutanga ku baturage batsinze muri ubu bukangurambaga.

Nahayo Emmanuel ni umuturage utuye mu Karere ka Rwamagana akaba ari umwe mu bahawe ishimwe, avuga ibanga yakoresheje kugira ngo yegukane ibi bihembo.

Ati “Kuva na mbere nasabaga Facture, ariko byabaye akarusho aho menyeye ko bahemba, ni yo mpamvu nakomeje kubikurirana none nahembwe.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro RRA kigaragaza ko kimaze gutanga EBM ibihumbi birenga 100 bivuye ku bihumbi 30 mu myaka ine ishize.

Umusoro ku nyongeragaciro wikubye inshuro eshatu mu myaka itanu ishize, n’umubare w’abasore na wo wikuba inshuro enye.

Paulin avuga ko ubu bukangurambaga buri gutanga umusaruro ushimishije
Abacuruzi basabwa kujya na bo bibuka gutanga fagitire za EBM

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.