Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) cyatangiye guhemba abaturage batse inyemezabwishyu mu bukangurambaga Bwise ‘Ishimwe kuri TVA/Tengamara na TVA’, aho bagiye bohererezwa amafaranga ajyanye na fagitire batse, barimo n’abagejeje muri miliyoni 3 Frw.

Kuva muri Werurwe uyu mwaka wa 2024 Rwanda Revenue Authority yafashe umwanzuro wo gutangiza ubukangurambaga bwiswe ‘Ishimwe kuri TVA/Tengamara na TVA’ bwo guhemba abibuka kwaka fagitire z’ikoranabuhanga za EBM ku bicuruzwa baguze.

Icyo umuturage asabwa, ni ugusaba inyemezabwishyu z’ibicuruzwa aguze, ubundi bakayandika kuri nimero ya Telefone ye.

RRA igaragaza ko yashe umwanzuro wo gushyiraho ubu bukangurambaga kubera icyuho cyari ku baguzi ba nyuma batasabaga fagitire za EBM bikanateza igihombo Igihugu kuko abacuruzi bashobora kubyuriraho banyereza imisoro.

Komiseri Wungirije ushinzwe serivisi z’Abasora n’Itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin yagize ati “Iyo facture zitatangwaga ku munguzi wa nyuma, byabaga ari icyuho gikomeye cyane, ni yo mpamvu hagiyeho itegeko ko umuguzi wa nyuma ufasha RRA gukurikirana ko umusoro we utanze uzagezwa mu isanduku ya Leta bityo hazaho kumushimira.”

Nyuma yo gushyiraho ubu bukangurambaga, abaturage bitabiriye gusaba inyemezabwishyu ku bwinshi kugira ngo babashe kubona amafaranga angana na 10 % y’igiciro cy’igicuruzwa baguze.

Ibihumbi birenga 25 by’abaturage, ni bo bahise biyandikisha kugira ngo batangire kwaka gafitire bazabone ibi bihembo by’ishimwe.

Uwiyonze Jean Paulin ahamarira n’abandi baturage kwitabira ubu bukangurambaga kugira ngo bahabwe aya mafaranga aba mbere bamaze kubona.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kanama 2024, abaturage barenga ibihumbi umunani ni bo bakiriye amafaranga y’ishimwe kuri ‘mobile money’ zabo kubera kwaka fagitire ya EBM, barimo n’abakiriye agera kuri miliyoni 3 Frw, aho amafaranga yose hamwe yatanzwe ari miliyoni 95 Frw.

Uwitoze Jean Paulin avuga ko ubu bukangurambaga burimo kuzamura imisoro ku nyongeragaciro, ku buryo mu bihe biri imbere imibare ubwayo izerekana ingano y’amafaranga yakusanyijwe.

Ati “Bivuze ko TVA twakuraga ku baguzi ba nyuma turateganya ko yiyongera, uyu munsi haracyari kare bigaragara ko umusoro ku nyongeragaciro uziyongera.”

Ikigo Rwanda Revenue Authority gifite Miliyoni zirenga 300 Frw kigomba gutanga ku baturage batsinze muri ubu bukangurambaga.

Nahayo Emmanuel ni umuturage utuye mu Karere ka Rwamagana akaba ari umwe mu bahawe ishimwe, avuga ibanga yakoresheje kugira ngo yegukane ibi bihembo.

Ati “Kuva na mbere nasabaga Facture, ariko byabaye akarusho aho menyeye ko bahemba, ni yo mpamvu nakomeje kubikurirana none nahembwe.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro RRA kigaragaza ko kimaze gutanga EBM ibihumbi birenga 100 bivuye ku bihumbi 30 mu myaka ine ishize.

Umusoro ku nyongeragaciro wikubye inshuro eshatu mu myaka itanu ishize, n’umubare w’abasore na wo wikuba inshuro enye.

Paulin avuga ko ubu bukangurambaga buri gutanga umusaruro ushimishije
Abacuruzi basabwa kujya na bo bibuka gutanga fagitire za EBM

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.