Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) cyatangiye guhemba abaturage batse inyemezabwishyu mu bukangurambaga Bwise ‘Ishimwe kuri TVA/Tengamara na TVA’, aho bagiye bohererezwa amafaranga ajyanye na fagitire batse, barimo n’abagejeje muri miliyoni 3 Frw.

Kuva muri Werurwe uyu mwaka wa 2024 Rwanda Revenue Authority yafashe umwanzuro wo gutangiza ubukangurambaga bwiswe ‘Ishimwe kuri TVA/Tengamara na TVA’ bwo guhemba abibuka kwaka fagitire z’ikoranabuhanga za EBM ku bicuruzwa baguze.

Icyo umuturage asabwa, ni ugusaba inyemezabwishyu z’ibicuruzwa aguze, ubundi bakayandika kuri nimero ya Telefone ye.

RRA igaragaza ko yashe umwanzuro wo gushyiraho ubu bukangurambaga kubera icyuho cyari ku baguzi ba nyuma batasabaga fagitire za EBM bikanateza igihombo Igihugu kuko abacuruzi bashobora kubyuriraho banyereza imisoro.

Komiseri Wungirije ushinzwe serivisi z’Abasora n’Itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin yagize ati “Iyo facture zitatangwaga ku munguzi wa nyuma, byabaga ari icyuho gikomeye cyane, ni yo mpamvu hagiyeho itegeko ko umuguzi wa nyuma ufasha RRA gukurikirana ko umusoro we utanze uzagezwa mu isanduku ya Leta bityo hazaho kumushimira.”

Nyuma yo gushyiraho ubu bukangurambaga, abaturage bitabiriye gusaba inyemezabwishyu ku bwinshi kugira ngo babashe kubona amafaranga angana na 10 % y’igiciro cy’igicuruzwa baguze.

Ibihumbi birenga 25 by’abaturage, ni bo bahise biyandikisha kugira ngo batangire kwaka gafitire bazabone ibi bihembo by’ishimwe.

Uwiyonze Jean Paulin ahamarira n’abandi baturage kwitabira ubu bukangurambaga kugira ngo bahabwe aya mafaranga aba mbere bamaze kubona.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kanama 2024, abaturage barenga ibihumbi umunani ni bo bakiriye amafaranga y’ishimwe kuri ‘mobile money’ zabo kubera kwaka fagitire ya EBM, barimo n’abakiriye agera kuri miliyoni 3 Frw, aho amafaranga yose hamwe yatanzwe ari miliyoni 95 Frw.

Uwitoze Jean Paulin avuga ko ubu bukangurambaga burimo kuzamura imisoro ku nyongeragaciro, ku buryo mu bihe biri imbere imibare ubwayo izerekana ingano y’amafaranga yakusanyijwe.

Ati “Bivuze ko TVA twakuraga ku baguzi ba nyuma turateganya ko yiyongera, uyu munsi haracyari kare bigaragara ko umusoro ku nyongeragaciro uziyongera.”

Ikigo Rwanda Revenue Authority gifite Miliyoni zirenga 300 Frw kigomba gutanga ku baturage batsinze muri ubu bukangurambaga.

Nahayo Emmanuel ni umuturage utuye mu Karere ka Rwamagana akaba ari umwe mu bahawe ishimwe, avuga ibanga yakoresheje kugira ngo yegukane ibi bihembo.

Ati “Kuva na mbere nasabaga Facture, ariko byabaye akarusho aho menyeye ko bahemba, ni yo mpamvu nakomeje kubikurirana none nahembwe.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro RRA kigaragaza ko kimaze gutanga EBM ibihumbi birenga 100 bivuye ku bihumbi 30 mu myaka ine ishize.

Umusoro ku nyongeragaciro wikubye inshuro eshatu mu myaka itanu ishize, n’umubare w’abasore na wo wikuba inshuro enye.

Paulin avuga ko ubu bukangurambaga buri gutanga umusaruro ushimishije
Abacuruzi basabwa kujya na bo bibuka gutanga fagitire za EBM

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

Hagaragajwe ikindi kimenyetso gishimangira intambwe ishimishije yatewe mu buvuzi bw’u Rwanda

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.