Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari Abakristu Gatulika bavuga ko amasakaramentu asigaye agurwa none bari kujya mu yandi madini

radiotv10by radiotv10
11/03/2022
in MU RWANDA
0
Hari Abakristu Gatulika bavuga ko amasakaramentu asigaye agurwa none bari kujya mu yandi madini
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayoboke ba Kiliziya Gatulika bo muri Diyoseze ya Butare, bavuga ko kugira ngo abana babo bahabwe amasakaramentu muri iki gihe bisa no kubigura kandi ku giciro kiri hejuru none bamwe bakaba bari no kujya mu yandi madini.

Bamwe mu bakrisitu Gaturika BO MURI Paruwasi ya Save, baganiriye Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko bamaze igihe kinini muri Kiliziya Gatulika dore ko banavutse basanga ababyeyi babo ari abayoboke b’iri dini.

Aba baturage bavuga ko amasakaramentu yose bagiye bahabwa, batishyuzwaga amafaranga menshi uretse ay’ituro kandi ko yabaga ari amafaranga macye ku buryo nta muntu wari gupfa kuyabura.

Bavuga ko muri iki gihe bigoye kugira ngo baheshe amasakaramentu abana babo kuko basabwa amafaranga menshi.

Umwe yagize ati “Iyo utayafite ntabwo iryo sakaramentu ubasha kuribona, ahubwo benshi bari gushiramo bagenda kubera amafaranga bacibwa.”

Undi muturage yagize ati “Njye mbona amasakaramentu bisigaye ari ukuyagura ubu se wavuga ngo ugiye guhesha umwana batisimu utibitse amafaranga ibihumbi Magana, ngaho ibaze! Wibeshye ukamara umwaka udatuye, ukavuga ngo ugiye kwa padiri gusezerana ntibashobora kugusezeranya utabanje kwishyura ibyo bita umwenda.”

Padiri Ntagungira Jean Bosco uyobora Paruwasi Regina Pacis muri diyosezi ya Kigali, wemeye kugira icyo abwira RADIOTV10 kuri iyi ngingo, yavuze ko muri rusange amasakaramentu atagurwa.

Icyakora uyu Musaseridoti avuga ko hari umusanzu umukristu asabwa gutanga ungana n’imibyizi itatu buri mwaka bikajyenwa hashingiwe ku bushobozi bwa buri muntu.

Avuga ko bamwe mu bakristu bacibwa intege no gukoresha amasakaramentu kubera gutinya ubundi bushobozi bazatanga burimo ibijyanye no kwakiriza abazatumirwa mu birori ariko ko umusanzu utangwa mu isanduku ya Paruwasi ubwawo atari ikibazo.

Ati “Benshi baba batekereza iminsi mikuru yabo kuko hari igihe bakubwira ngo ‘tugomba gutumira abantu, tukagura imyenda y’abana…’ noneho babishyira muri budget ugasanga budget yabo yabaye ndende.”

Padiri Ntagungira Jean Bosco avuga ko iriya misanzu yakwa abagiye gukoresha amasakaramentu, idashobora kubuza umuntu kuyahabwa kuko bamwe banegera Paruwasi bakabiganiraho.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Ikosa riri he kuba Muhoozi yakwifuza kuba Perezida kuko se ari we?- Mwenda

Next Post

Umunyarwanda wari impunzi muri Uganda bamusanze yapfiriye mu nzu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda wari impunzi muri Uganda bamusanze yapfiriye mu nzu

Umunyarwanda wari impunzi muri Uganda bamusanze yapfiriye mu nzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.