Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari Abakristu Gatulika bavuga ko amasakaramentu asigaye agurwa none bari kujya mu yandi madini

radiotv10by radiotv10
11/03/2022
in MU RWANDA
0
Hari Abakristu Gatulika bavuga ko amasakaramentu asigaye agurwa none bari kujya mu yandi madini
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayoboke ba Kiliziya Gatulika bo muri Diyoseze ya Butare, bavuga ko kugira ngo abana babo bahabwe amasakaramentu muri iki gihe bisa no kubigura kandi ku giciro kiri hejuru none bamwe bakaba bari no kujya mu yandi madini.

Bamwe mu bakrisitu Gaturika BO MURI Paruwasi ya Save, baganiriye Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko bamaze igihe kinini muri Kiliziya Gatulika dore ko banavutse basanga ababyeyi babo ari abayoboke b’iri dini.

Aba baturage bavuga ko amasakaramentu yose bagiye bahabwa, batishyuzwaga amafaranga menshi uretse ay’ituro kandi ko yabaga ari amafaranga macye ku buryo nta muntu wari gupfa kuyabura.

Bavuga ko muri iki gihe bigoye kugira ngo baheshe amasakaramentu abana babo kuko basabwa amafaranga menshi.

Umwe yagize ati “Iyo utayafite ntabwo iryo sakaramentu ubasha kuribona, ahubwo benshi bari gushiramo bagenda kubera amafaranga bacibwa.”

Undi muturage yagize ati “Njye mbona amasakaramentu bisigaye ari ukuyagura ubu se wavuga ngo ugiye guhesha umwana batisimu utibitse amafaranga ibihumbi Magana, ngaho ibaze! Wibeshye ukamara umwaka udatuye, ukavuga ngo ugiye kwa padiri gusezerana ntibashobora kugusezeranya utabanje kwishyura ibyo bita umwenda.”

Padiri Ntagungira Jean Bosco uyobora Paruwasi Regina Pacis muri diyosezi ya Kigali, wemeye kugira icyo abwira RADIOTV10 kuri iyi ngingo, yavuze ko muri rusange amasakaramentu atagurwa.

Icyakora uyu Musaseridoti avuga ko hari umusanzu umukristu asabwa gutanga ungana n’imibyizi itatu buri mwaka bikajyenwa hashingiwe ku bushobozi bwa buri muntu.

Avuga ko bamwe mu bakristu bacibwa intege no gukoresha amasakaramentu kubera gutinya ubundi bushobozi bazatanga burimo ibijyanye no kwakiriza abazatumirwa mu birori ariko ko umusanzu utangwa mu isanduku ya Paruwasi ubwawo atari ikibazo.

Ati “Benshi baba batekereza iminsi mikuru yabo kuko hari igihe bakubwira ngo ‘tugomba gutumira abantu, tukagura imyenda y’abana…’ noneho babishyira muri budget ugasanga budget yabo yabaye ndende.”

Padiri Ntagungira Jean Bosco avuga ko iriya misanzu yakwa abagiye gukoresha amasakaramentu, idashobora kubuza umuntu kuyahabwa kuko bamwe banegera Paruwasi bakabiganiraho.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Ikosa riri he kuba Muhoozi yakwifuza kuba Perezida kuko se ari we?- Mwenda

Next Post

Umunyarwanda wari impunzi muri Uganda bamusanze yapfiriye mu nzu

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika
AMAHANGA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwanda wari impunzi muri Uganda bamusanze yapfiriye mu nzu

Umunyarwanda wari impunzi muri Uganda bamusanze yapfiriye mu nzu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.