Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaye bamwe mu banyamuryango ba RPF-Inkotanyi bisiga amavuta ahindura uruhu bashaka gusa n’abera, abibutsa ko bigira ingaruka ku mubiri ndetse ko bigaragazwa no kuba hari bamwe bidahira aho kugira ngo bagire uruhu rwiza bashakaga ahubwo rukagira andi mabara.

Perezida Paul Kagame akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, yabivuze kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022 mu Nama Nkuru y’uyu muryango yagarutse ku mibereho myiza y’abaturage.

Ubwo Perezida Kagame yagarukaga ku Banyarwanda bakunze kujya mu Bihugu by’ibituranyi gushakirayo imibereho, yabibukije ko imwe mu mirimo bajya gukorera muri ibyo Bihugu no mu Rwanda bayihakorera kandi bakabona amafaranga aruta n’ayo bahembwa muri ibyo Bihugu.

Yavuze kandi ku bajya muri ibyo Bihugu bagiye kuzanayo ibicuruzwa bitemewe mu Rwanda nk’inzoga za Kanyanga ndetse n’amavuta atukuza uruhu.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abinjiza ibi bicuruzwa bitemewe akenshi babiterwa no kuba bafite isoko.

Ati “Burya n’umuntu wese ucuruza n’ibibi ni uko biba bifite umuguzi, ikintu cyose kigurwa, kiracuruzwa cyaba kibi cyangwa cyiza […] ugasanga abantu bafite byinshi bakeneye uvuga uti noneho ni byo bazana, ugasanga amatoni n’amatoni z’ibinyabutabire [Chemicals] bitwika abantu.”

Umukuru w’Igihugu yahise agaruka kuri aya mavuta atukuza uruhu azwi nka Mukorogo yayobotswe n’abantu benshi, ati “Dufite n’ikibazo ntabwo nari nzi ko muri RPF twakigira, abantu batwika imibiri yabo kugira ngo base n’abazungu. Kandi bigira ingaruka, birabujijwe, njya mbisoma berekana ko bitera abantu indwara zitanoroshye.”

Perezida Paul Kagame yagaye abashyize imbere ibi bikorwa byangiza imibiri yabo ndetse ko hari n’abo bidahira ahubwo bikabatamaza.

Ati “Icyo bashyize imbere ugasanga ni ukwitukuza ariko rero hari abagira ibyago, bashakaga kwitukuza bakaba umuhondo bakaba icyatsi kibisi, ugasanga umuntu asigaye asa n’umukororombya. Ibyo se na byo ni RPF?”

Chairman wa RPF-Inkotanyi avuga ko ubundi mu mirongo yayo, isaba abantu gukunda uko bari ntibaharanire gusa n’abandi. Ati “Ntimukiyane uko umuri.”

Yavuze ko hari byinshi bakora bikongerera ubwiza bafite kandi ntibibagireho ingaruka nko gukora imyitozo ngororamubiri, gusukura no kurimbisha aho batuye.

Perezida Kagame yagaye abitukuza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − two =

Previous Post

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Next Post

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.