Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza

radiotv10by radiotv10
01/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari abo ubona basigaye basa n’umukororombya- Perezida Kagame yagaye abitukuza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaye bamwe mu banyamuryango ba RPF-Inkotanyi bisiga amavuta ahindura uruhu bashaka gusa n’abera, abibutsa ko bigira ingaruka ku mubiri ndetse ko bigaragazwa no kuba hari bamwe bidahira aho kugira ngo bagire uruhu rwiza bashakaga ahubwo rukagira andi mabara.

Perezida Paul Kagame akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, yabivuze kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022 mu Nama Nkuru y’uyu muryango yagarutse ku mibereho myiza y’abaturage.

Ubwo Perezida Kagame yagarukaga ku Banyarwanda bakunze kujya mu Bihugu by’ibituranyi gushakirayo imibereho, yabibukije ko imwe mu mirimo bajya gukorera muri ibyo Bihugu no mu Rwanda bayihakorera kandi bakabona amafaranga aruta n’ayo bahembwa muri ibyo Bihugu.

Yavuze kandi ku bajya muri ibyo Bihugu bagiye kuzanayo ibicuruzwa bitemewe mu Rwanda nk’inzoga za Kanyanga ndetse n’amavuta atukuza uruhu.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abinjiza ibi bicuruzwa bitemewe akenshi babiterwa no kuba bafite isoko.

Ati “Burya n’umuntu wese ucuruza n’ibibi ni uko biba bifite umuguzi, ikintu cyose kigurwa, kiracuruzwa cyaba kibi cyangwa cyiza […] ugasanga abantu bafite byinshi bakeneye uvuga uti noneho ni byo bazana, ugasanga amatoni n’amatoni z’ibinyabutabire [Chemicals] bitwika abantu.”

Umukuru w’Igihugu yahise agaruka kuri aya mavuta atukuza uruhu azwi nka Mukorogo yayobotswe n’abantu benshi, ati “Dufite n’ikibazo ntabwo nari nzi ko muri RPF twakigira, abantu batwika imibiri yabo kugira ngo base n’abazungu. Kandi bigira ingaruka, birabujijwe, njya mbisoma berekana ko bitera abantu indwara zitanoroshye.”

Perezida Paul Kagame yagaye abashyize imbere ibi bikorwa byangiza imibiri yabo ndetse ko hari n’abo bidahira ahubwo bikabatamaza.

Ati “Icyo bashyize imbere ugasanga ni ukwitukuza ariko rero hari abagira ibyago, bashakaga kwitukuza bakaba umuhondo bakaba icyatsi kibisi, ugasanga umuntu asigaye asa n’umukororombya. Ibyo se na byo ni RPF?”

Chairman wa RPF-Inkotanyi avuga ko ubundi mu mirongo yayo, isaba abantu gukunda uko bari ntibaharanire gusa n’abandi. Ati “Ntimukiyane uko umuri.”

Yavuze ko hari byinshi bakora bikongerera ubwiza bafite kandi ntibibagireho ingaruka nko gukora imyitozo ngororamubiri, gusukura no kurimbisha aho batuye.

Perezida Kagame yagaye abitukuza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Umutoza wa Mukuru yakuyemo ake karenge nyuma y’ameze 4 atangiye akazi

Next Post

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.