Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hari amakuru atunguranye ava mu itsinda ry’abagore b’ikimero ryatitije imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hari amakuru atunguranye ava mu itsinda ry’abagore b’ikimero ryatitije imbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bari bagize itsinda rya ‘Kigali Boss Babes’ ry’abagore b’uburanga n’ikimero byihariye, banazwiho kuba batunze agatubutse, yatangaje ko yamaze kurivamo, nyuma y’amezi ane gusa rishinzwe.

Iri tsinda ryagarutsweho cyane muri Mata uyu mwaka, ubwo hamenyekanaga ko abagore batandatu bahuriye ku kuba bose batunze agatubutse kandi bakaba bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro, bashinze itsinda rya ‘Kigali Boss Babes’.

Icyo gihe ryari ryatangijwe n’abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro y’u Rwanda, nka nka Alliah Cool uzwi muri Sinema nyarwanda, umunyamideri Isimbi Hatzir uzwi nka Isimbi Model, umunyamideri Christella, Gashema Sylvie, Camille Yvette na Queen Douce.

Nyuma y’amezi ane hatangajwe ko iri tsinda rishinzwe, Umunyamideri Isimbi Model yatangaje ko yamaze kurivamo, nk’uko yabihamirije Ikinyamakuru Inyarwanda.

Isimbi yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuva muri iri tsinda kubera inshingano nyinshi asanganywe zirimo ubucuruzi ndetse n’ibindi bikorwa asanzwe akora.

Uyu mugore usanzwe afite kompanyi yamamaza ibikorwa binyuranye, ndetse inafasha abantu gutumiza ibicuruzwa mu mahanga no kubyoherezayo, yari amaze iminsi atagaragara hamwe n’abagize iri tsinda rya Kigali Boss Babes ridakunze gutangwa mu bitaramo n’ibikorwa bihuriza hamwe imbaga.

Iri tsinda riherutse no kwitabira umunsi wiswe uw’Igikundiro w’Ikipe ya Rayon Sports, ntiryagaragayemo uyu mugore Isimbi Model, ahubwo hagaragayemo umushya witwa Alica La Boss, bivugwa ko ari we uherutse kuryinjiramo.

Isimbi Model usanzwe ari umubyeyi w’umwana w’imyaka 10, yakunze kuvuga ko yaba umwana we ndetse n’umugabo we Shaul Hatzir bamushyigikiye muri ibi bikorwa bituma ahora ahanzwe amaso na benshi ku mbuga nkoranyambaga.

Kigali Boss Babes ubwo bayishingaga
Isimbi Model yamaze kuva muri Kigali Boss Babes
Isimbi Model asanzwe ari umunyamideri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Next Post

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.