Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hari amakuru atunguranye ava mu itsinda ry’abagore b’ikimero ryatitije imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hari amakuru atunguranye ava mu itsinda ry’abagore b’ikimero ryatitije imbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bari bagize itsinda rya ‘Kigali Boss Babes’ ry’abagore b’uburanga n’ikimero byihariye, banazwiho kuba batunze agatubutse, yatangaje ko yamaze kurivamo, nyuma y’amezi ane gusa rishinzwe.

Iri tsinda ryagarutsweho cyane muri Mata uyu mwaka, ubwo hamenyekanaga ko abagore batandatu bahuriye ku kuba bose batunze agatubutse kandi bakaba bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro, bashinze itsinda rya ‘Kigali Boss Babes’.

Icyo gihe ryari ryatangijwe n’abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro y’u Rwanda, nka nka Alliah Cool uzwi muri Sinema nyarwanda, umunyamideri Isimbi Hatzir uzwi nka Isimbi Model, umunyamideri Christella, Gashema Sylvie, Camille Yvette na Queen Douce.

Nyuma y’amezi ane hatangajwe ko iri tsinda rishinzwe, Umunyamideri Isimbi Model yatangaje ko yamaze kurivamo, nk’uko yabihamirije Ikinyamakuru Inyarwanda.

Isimbi yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuva muri iri tsinda kubera inshingano nyinshi asanganywe zirimo ubucuruzi ndetse n’ibindi bikorwa asanzwe akora.

Uyu mugore usanzwe afite kompanyi yamamaza ibikorwa binyuranye, ndetse inafasha abantu gutumiza ibicuruzwa mu mahanga no kubyoherezayo, yari amaze iminsi atagaragara hamwe n’abagize iri tsinda rya Kigali Boss Babes ridakunze gutangwa mu bitaramo n’ibikorwa bihuriza hamwe imbaga.

Iri tsinda riherutse no kwitabira umunsi wiswe uw’Igikundiro w’Ikipe ya Rayon Sports, ntiryagaragayemo uyu mugore Isimbi Model, ahubwo hagaragayemo umushya witwa Alica La Boss, bivugwa ko ari we uherutse kuryinjiramo.

Isimbi Model usanzwe ari umubyeyi w’umwana w’imyaka 10, yakunze kuvuga ko yaba umwana we ndetse n’umugabo we Shaul Hatzir bamushyigikiye muri ibi bikorwa bituma ahora ahanzwe amaso na benshi ku mbuga nkoranyambaga.

Kigali Boss Babes ubwo bayishingaga
Isimbi Model yamaze kuva muri Kigali Boss Babes
Isimbi Model asanzwe ari umunyamideri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Next Post

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hasobanuwe ibikurikiranywe ku bagabo batatu byumvikanamo amahano n’agashinyaguro bakoreye umwana w’umukobwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.