Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari amakuru meza ku mukobwa wateye benshi ikiniga

radiotv10by radiotv10
16/09/2023
in MU RWANDA
1
Hari amakuru meza ku mukobwa wateye benshi ikiniga
Share on FacebookShare on Twitter
  • Amaze imyaka itatu mu Bitaro;
  • Yapimaga ibilo 65 agera aho apima 19, ubu afite 30;
  • Ubu yajyanywe mu Bitaro bikomeye, hari icyizere cyo gukira.

Umukobwa witwa Annet Musanabera uherutse kugaragara aho arwariye mu Bitaro bya Nyagatare, arembejwe n’umubiri, hamenyekanye amakuru ko yamaze kugezwa mu Bitaro bikomeye ndetse abaganga bamwizeje ko azakira, akaba anamaze kwakira inkunga y’amafaranga menshi.

Uyu mukobwa uherutse kugirana ikiganiro na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, aho arwariye mu Bitaro bya Nyagatare, agaragara ko yananutse cyane, avuga ko yigeze no kugira ibilo 19.

Musanabera w’imyaka 23, yavuze ko amaze imyaka itatu afashwe n’ubu burwayi, afatirwa muri Uganda aho yari yagiye gusura abo mu muryango we, aho agereye mu Rwanda akabanza kwivuriza mu mavuriro asanzwe yumva ko ari indwara isanzwe.

Yavuze ko abaganga babanje gufata ibizamini ariko bakabura indwara, nyamara we agakomeza kunanuka bikabije.

Yagize ati “Napimaga ibilo mirongo itandatu na bitanu [65] kuri iyi saha, cyakoze nabonye ubu byiyongereye byabaye mirongo itatu, nabwo mbere napimaga cumi n’icyenda [19].”

Annet avuga ko muri ibi Bitaro bya Nyagatare arwariyemo na ho babanje kubura indwara arwaye, bikaza kumwohereza mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe, byaje kubona ko arwaye cancer, bikamugarura muri ibi bya Nyagatare, akaba ari ho yari amaze imyaka itatu arwariye.

Umunyamakuru Murungi Sabin wakoresheje ikiganiro uyu mukobwa, wasabaga abagiraneza kumufasha kuko ubushobozi bwose bwamushiranye n’umuryango we akaba atakibona n’imiti, yavuze ko bakimara gukorana iki kiganiro, hari ubufasha yabonye.

Murungi Sabin yagize ati “Nyuma y’icyumweru kimwe Annet w’i Karangazi|Nyagatare, amaze kwakira amafaranga agera kuri 8,000,000 Frw.”

Uyu munyamakuru avuga ko Annet amaze gukorana ikiganiro n’uyu mukobwa, yahise ajyanwa kuvurirwa mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali, ndetse ko yamaze kubagwa umuhogo.

Mu butumwa bwanditswe n’uyu munyamakuru, yagize ati “Annet amaze kumbwira ko abaganga bamuhaye icyizere cyo gukira vuba.”

Aya mafaranga yahawe n’abagiraneza bagiye bitanga, yamufashije kwishyura imyenda yari abereyemo Ibitaro bya Nyagatare, anagura indi miti.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hatangimana Elyse says:
    2 years ago

    Wawuuuuu ndamuzi disi iyi nkuru iranshimishije ndibuka mpura nawe ubwambere namucumuriyeho ntecyereza ko yaba Ari umuzimu nakomeje kumubona arko nzakumenya ko aruburwayi haba njye nabandi tutari dusobanukiwe nuburwayi nkubwo twacumujwe no kubona umuntu unanutse bikomeye yewe dutekereza ko ari SIDA arko nishimiye ko @Anet yenda hari ikizere cyokongera kukubona ushyitse nukuri burahagije Isimbi TV Congratulations 🙏🙏nabanyamakuru bawe 🤝

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 9 =

Previous Post

Polisi yungutse Abapolisi bafite ubumenyi n’imyitozi byo gucunga umutekano wo mu mazi

Next Post

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kindi Gihugu cya Afurika harabwa abantu ibihumbi bahitanywe n’ibindi biza bidasanzwe

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.