Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari amakuru meza ku mukobwa wateye benshi ikiniga

radiotv10by radiotv10
16/09/2023
in MU RWANDA
1
Hari amakuru meza ku mukobwa wateye benshi ikiniga
Share on FacebookShare on Twitter
  • Amaze imyaka itatu mu Bitaro;
  • Yapimaga ibilo 65 agera aho apima 19, ubu afite 30;
  • Ubu yajyanywe mu Bitaro bikomeye, hari icyizere cyo gukira.

Umukobwa witwa Annet Musanabera uherutse kugaragara aho arwariye mu Bitaro bya Nyagatare, arembejwe n’umubiri, hamenyekanye amakuru ko yamaze kugezwa mu Bitaro bikomeye ndetse abaganga bamwizeje ko azakira, akaba anamaze kwakira inkunga y’amafaranga menshi.

Uyu mukobwa uherutse kugirana ikiganiro na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, aho arwariye mu Bitaro bya Nyagatare, agaragara ko yananutse cyane, avuga ko yigeze no kugira ibilo 19.

Musanabera w’imyaka 23, yavuze ko amaze imyaka itatu afashwe n’ubu burwayi, afatirwa muri Uganda aho yari yagiye gusura abo mu muryango we, aho agereye mu Rwanda akabanza kwivuriza mu mavuriro asanzwe yumva ko ari indwara isanzwe.

Yavuze ko abaganga babanje gufata ibizamini ariko bakabura indwara, nyamara we agakomeza kunanuka bikabije.

Yagize ati “Napimaga ibilo mirongo itandatu na bitanu [65] kuri iyi saha, cyakoze nabonye ubu byiyongereye byabaye mirongo itatu, nabwo mbere napimaga cumi n’icyenda [19].”

Annet avuga ko muri ibi Bitaro bya Nyagatare arwariyemo na ho babanje kubura indwara arwaye, bikaza kumwohereza mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe, byaje kubona ko arwaye cancer, bikamugarura muri ibi bya Nyagatare, akaba ari ho yari amaze imyaka itatu arwariye.

Umunyamakuru Murungi Sabin wakoresheje ikiganiro uyu mukobwa, wasabaga abagiraneza kumufasha kuko ubushobozi bwose bwamushiranye n’umuryango we akaba atakibona n’imiti, yavuze ko bakimara gukorana iki kiganiro, hari ubufasha yabonye.

Murungi Sabin yagize ati “Nyuma y’icyumweru kimwe Annet w’i Karangazi|Nyagatare, amaze kwakira amafaranga agera kuri 8,000,000 Frw.”

Uyu munyamakuru avuga ko Annet amaze gukorana ikiganiro n’uyu mukobwa, yahise ajyanwa kuvurirwa mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali, ndetse ko yamaze kubagwa umuhogo.

Mu butumwa bwanditswe n’uyu munyamakuru, yagize ati “Annet amaze kumbwira ko abaganga bamuhaye icyizere cyo gukira vuba.”

Aya mafaranga yahawe n’abagiraneza bagiye bitanga, yamufashije kwishyura imyenda yari abereyemo Ibitaro bya Nyagatare, anagura indi miti.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hatangimana Elyse says:
    2 years ago

    Wawuuuuu ndamuzi disi iyi nkuru iranshimishije ndibuka mpura nawe ubwambere namucumuriyeho ntecyereza ko yaba Ari umuzimu nakomeje kumubona arko nzakumenya ko aruburwayi haba njye nabandi tutari dusobanukiwe nuburwayi nkubwo twacumujwe no kubona umuntu unanutse bikomeye yewe dutekereza ko ari SIDA arko nishimiye ko @Anet yenda hari ikizere cyokongera kukubona ushyitse nukuri burahagije Isimbi TV Congratulations 🙏🙏nabanyamakuru bawe 🤝

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fourteen =

Previous Post

Polisi yungutse Abapolisi bafite ubumenyi n’imyitozi byo gucunga umutekano wo mu mazi

Next Post

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kindi Gihugu cya Afurika harabwa abantu ibihumbi bahitanywe n’ibindi biza bidasanzwe

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.