Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari amakuru meza ku mukobwa wateye benshi ikiniga

radiotv10by radiotv10
16/09/2023
in MU RWANDA
1
Hari amakuru meza ku mukobwa wateye benshi ikiniga
Share on FacebookShare on Twitter
  • Amaze imyaka itatu mu Bitaro;
  • Yapimaga ibilo 65 agera aho apima 19, ubu afite 30;
  • Ubu yajyanywe mu Bitaro bikomeye, hari icyizere cyo gukira.

Umukobwa witwa Annet Musanabera uherutse kugaragara aho arwariye mu Bitaro bya Nyagatare, arembejwe n’umubiri, hamenyekanye amakuru ko yamaze kugezwa mu Bitaro bikomeye ndetse abaganga bamwizeje ko azakira, akaba anamaze kwakira inkunga y’amafaranga menshi.

Uyu mukobwa uherutse kugirana ikiganiro na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, aho arwariye mu Bitaro bya Nyagatare, agaragara ko yananutse cyane, avuga ko yigeze no kugira ibilo 19.

Musanabera w’imyaka 23, yavuze ko amaze imyaka itatu afashwe n’ubu burwayi, afatirwa muri Uganda aho yari yagiye gusura abo mu muryango we, aho agereye mu Rwanda akabanza kwivuriza mu mavuriro asanzwe yumva ko ari indwara isanzwe.

Yavuze ko abaganga babanje gufata ibizamini ariko bakabura indwara, nyamara we agakomeza kunanuka bikabije.

Yagize ati “Napimaga ibilo mirongo itandatu na bitanu [65] kuri iyi saha, cyakoze nabonye ubu byiyongereye byabaye mirongo itatu, nabwo mbere napimaga cumi n’icyenda [19].”

Annet avuga ko muri ibi Bitaro bya Nyagatare arwariyemo na ho babanje kubura indwara arwaye, bikaza kumwohereza mu Bitaro Bikuru bya Gisirikare i Kanombe, byaje kubona ko arwaye cancer, bikamugarura muri ibi bya Nyagatare, akaba ari ho yari amaze imyaka itatu arwariye.

Umunyamakuru Murungi Sabin wakoresheje ikiganiro uyu mukobwa, wasabaga abagiraneza kumufasha kuko ubushobozi bwose bwamushiranye n’umuryango we akaba atakibona n’imiti, yavuze ko bakimara gukorana iki kiganiro, hari ubufasha yabonye.

Murungi Sabin yagize ati “Nyuma y’icyumweru kimwe Annet w’i Karangazi|Nyagatare, amaze kwakira amafaranga agera kuri 8,000,000 Frw.”

Uyu munyamakuru avuga ko Annet amaze gukorana ikiganiro n’uyu mukobwa, yahise ajyanwa kuvurirwa mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali, ndetse ko yamaze kubagwa umuhogo.

Mu butumwa bwanditswe n’uyu munyamakuru, yagize ati “Annet amaze kumbwira ko abaganga bamuhaye icyizere cyo gukira vuba.”

Aya mafaranga yahawe n’abagiraneza bagiye bitanga, yamufashije kwishyura imyenda yari abereyemo Ibitaro bya Nyagatare, anagura indi miti.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Hatangimana Elyse says:
    3 years ago

    Wawuuuuu ndamuzi disi iyi nkuru iranshimishije ndibuka mpura nawe ubwambere namucumuriyeho ntecyereza ko yaba Ari umuzimu nakomeje kumubona arko nzakumenya ko aruburwayi haba njye nabandi tutari dusobanukiwe nuburwayi nkubwo twacumujwe no kubona umuntu unanutse bikomeye yewe dutekereza ko ari SIDA arko nishimiye ko @Anet yenda hari ikizere cyokongera kukubona ushyitse nukuri burahagije Isimbi TV Congratulations 🙏🙏nabanyamakuru bawe 🤝

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Polisi yungutse Abapolisi bafite ubumenyi n’imyitozi byo gucunga umutekano wo mu mazi

Next Post

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kindi Gihugu cya Afurika harabwa abantu ibihumbi bahitanywe n’ibindi biza bidasanzwe

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.