Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Hirya y'ejo hashize zahuye n'Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bw’amadini abiri yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwahuye n’ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23, bagirana ibiganiro.

Ni ibiganiro bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma, wawubohoje mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 27 Mutarama 2025.

Amakuru dukesha Umunyamakuru Steve Wembi akaba n’Umuyobozi mukuru wa Info Direct, avuga ko ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025.

Ni ibiganiro byabaye hagati y’Ubuyobozi Bukuru bwa AFC/M23 n’ubw’Inama y’Abepisikopi-Gaturika (CENCO) ndetse n’ubw’Itorero ry’Abangilikani (ECC).

Intumwa zo muri izi nzego z’imiryango ishingiye ku myemerere n’Ubuyobozi bwa M23, zahuriye ku Mupaka Munini uguza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda uzwi nka Grande Barrière.

Mu bayobozi ba AFC/M23 bitabiriye ibi biganiro byabahuje n’abo muri iyi miryango ishingiye ku myemerere, barimo Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC ririmo n’umutwe wa M23, Corneille Nanga ndetse n’uherutse guhabwa inshingano zo kuba Guverineri Wungiriye w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Manzi Willy.

Uku guhura k’ubuyobozi bwa M23 n’ubw’amwe mu matorero akorera mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, kubayeho nyuma y’umunsi umwe Perezida wa M23, Betrand Bisimwa atangaje ko ubu umwuka umeze neza mu Mujyi wa Goma, ndetse ko ibikorwa binyuranye biri gukorwa nta nkomyi birimo n’amashuri yongeye gusubukura gutanga amasomo ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2025.

Amadini n’amatorero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakunze kugaragaza ko ashyigikiye ko ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, byakemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro, bagasaba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kwemera kwicara ku meza y’ibiganiro n’umutwe wa M23.

Harimo n’abo muri Kiliziya Gatulika
Bahuriye kuri Grande Barrière

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

M23 yongeye kuburira Congo ku bibera mu wundi mujyi inakomoza ku Ngabo z’u Burundi

Next Post

Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.