Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Hirya y'ejo hashize zahuye n'Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bw’amadini abiri yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwahuye n’ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23, bagirana ibiganiro.

Ni ibiganiro bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma, wawubohoje mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 27 Mutarama 2025.

Amakuru dukesha Umunyamakuru Steve Wembi akaba n’Umuyobozi mukuru wa Info Direct, avuga ko ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025.

Ni ibiganiro byabaye hagati y’Ubuyobozi Bukuru bwa AFC/M23 n’ubw’Inama y’Abepisikopi-Gaturika (CENCO) ndetse n’ubw’Itorero ry’Abangilikani (ECC).

Intumwa zo muri izi nzego z’imiryango ishingiye ku myemerere n’Ubuyobozi bwa M23, zahuriye ku Mupaka Munini uguza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda uzwi nka Grande Barrière.

Mu bayobozi ba AFC/M23 bitabiriye ibi biganiro byabahuje n’abo muri iyi miryango ishingiye ku myemerere, barimo Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC ririmo n’umutwe wa M23, Corneille Nanga ndetse n’uherutse guhabwa inshingano zo kuba Guverineri Wungiriye w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Manzi Willy.

Uku guhura k’ubuyobozi bwa M23 n’ubw’amwe mu matorero akorera mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, kubayeho nyuma y’umunsi umwe Perezida wa M23, Betrand Bisimwa atangaje ko ubu umwuka umeze neza mu Mujyi wa Goma, ndetse ko ibikorwa binyuranye biri gukorwa nta nkomyi birimo n’amashuri yongeye gusubukura gutanga amasomo ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2025.

Amadini n’amatorero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakunze kugaragaza ko ashyigikiye ko ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, byakemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro, bagasaba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kwemera kwicara ku meza y’ibiganiro n’umutwe wa M23.

Harimo n’abo muri Kiliziya Gatulika
Bahuriye kuri Grande Barrière

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

M23 yongeye kuburira Congo ku bibera mu wundi mujyi inakomoza ku Ngabo z’u Burundi

Next Post

Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.