Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari ibidashoboka hano- P.Kagame yavuze ku gitutu America ikomeje kotsa u Rwanda ngo rufungure Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
11/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hari ibidashoboka hano- P.Kagame yavuze ku gitutu America ikomeje kotsa u Rwanda ngo rufungure Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gushwishuriza abakomeje gusaba ko Paul Rusesabagina arekurwa, yongera kuvuga ko u Rwanda rudashobora kugendera ku gitutu rwashyirwaho ngo rukore ibinyuranyije n’amategeko yarwo cyangwa mpuzamahanga.

Perezida Paual Kagame yabivuze mu butumwa bw’igitekerezo yatanze ku wari ugarutse ku iyubahirizwa ry’amategeko mu Rwanda ubwo yavugaga ku bakomeje gusaba ko Rusesabagina wahamijwe ibyaha, arekurwa atarangije igihano yakatiwe.

Ni igitekerezo cyatanzwe na Nathalie Munyampenda usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Kepler wavuze ko u Rwanda rugendera ku mategeko kandi ko ubutabera bwarwo bukorana ubushishozi buhanitse.

Yifashishije urugero rwa Ingabire Victoire wari warahamijwe ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, agakatirwa gufungwa imyaka 15 ariko akaza kurekurwa muri Nzeri 2018 ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame.

Nathali Munyampenda yagize ati “Abarimo Victoire Ingabire barabizi neza ko inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko zikusanya ibimenyetso kandi zikabigenderaho ariko abaha amanota Africa ku bijyanye n’Uburenganzira bwa muntu na Demokarasi bakirirwa bavugavuga.”

Nathalie Munyampenda yahise agaruka ku Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Anton Blinken wamaze no kugera mu Rwanda aho bivugwa ko mu bimuzanye ari ugukomeza gushyira igitutu ku Rwanda ngo rufungure Rusesabagina.

Munyampenda ati “Azashyira igitutu ku muyobozi w’Igihugu gifite ubudahangarwa mu kurogoya imikorere y’ubucamanza. Ibyo bari gukora bari gushaka ko Rusesabagira arekurwa kubera uwo ari we ariko birengagije ibyo yakoze.”

Perezida Paul Kagame watanze igitekerezo kuri ubu butumwa bwa Nathalie Munyampenda, yagize ati “Ntakibazo…Hari ibintu bidashobora gukorwa hano muri ubwo buryo!!”

Mu mpera za Mata uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yari yongeye kugaragariza amahanga ko u Rwanda rudashobora kugendera ku gitutu ngo rukore ibitari mu mahitamo yarwo.

Ubwo yaganiraga n’Abadipolomate bari mu Rwanda, Paul Kagame yagize ati “Hari ibintu bimwe na bimwe kuri twe, ku mateka yacu, ku muzi w’abo turi bo, nta ngano iyo ari yo yose y’igitutu gishobora gukora hano. Ndetse nizera ko n’igihe nzaba ntagihari, abandi Banyarwanda beza bazahagurukira ubu bwoko bw’ingorane duhura na bwo buri munsi.”

Muri Nzeri 2018 ubwo yarahizaga Abadepite bari binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yagarutse ku byari bimaze iminsi bitangazwa na Ingabire Victoire widogaga avuga ko yarekuwe kubera igitutu cyashyizwe ku Rwanda, avuga ko uyu mugore yibeshya.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Ukabona umuntu ngo ‘njyewe ntaho nasabye imbabazi cyangwa ngo sinasaba imbabazi, ngo buriya baturekuye kubera igitutu’. Igitutu hano? Ukomeje kubigenderaho wajya kwisanga wasubiyemo.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBOBUGINGO Azarias says:
    3 years ago

    Ariko blinken yabanje ubwo butabera ashaka kuzana murwanda yabanje akabujyana muri America ,akareba abantu bafungiye muri Gereza ya Rwatanamo bay bafunzwe imyaka myinshi batazi icyo bazira
    New colonialism turayamaganye
    We need to be free

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + two =

Previous Post

DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

Next Post

Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka

Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.