Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari ibidashoboka hano- P.Kagame yavuze ku gitutu America ikomeje kotsa u Rwanda ngo rufungure Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
11/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Hari ibidashoboka hano- P.Kagame yavuze ku gitutu America ikomeje kotsa u Rwanda ngo rufungure Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye gushwishuriza abakomeje gusaba ko Paul Rusesabagina arekurwa, yongera kuvuga ko u Rwanda rudashobora kugendera ku gitutu rwashyirwaho ngo rukore ibinyuranyije n’amategeko yarwo cyangwa mpuzamahanga.

Perezida Paual Kagame yabivuze mu butumwa bw’igitekerezo yatanze ku wari ugarutse ku iyubahirizwa ry’amategeko mu Rwanda ubwo yavugaga ku bakomeje gusaba ko Rusesabagina wahamijwe ibyaha, arekurwa atarangije igihano yakatiwe.

Ni igitekerezo cyatanzwe na Nathalie Munyampenda usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Kepler wavuze ko u Rwanda rugendera ku mategeko kandi ko ubutabera bwarwo bukorana ubushishozi buhanitse.

Yifashishije urugero rwa Ingabire Victoire wari warahamijwe ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, agakatirwa gufungwa imyaka 15 ariko akaza kurekurwa muri Nzeri 2018 ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame.

Nathali Munyampenda yagize ati “Abarimo Victoire Ingabire barabizi neza ko inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko zikusanya ibimenyetso kandi zikabigenderaho ariko abaha amanota Africa ku bijyanye n’Uburenganzira bwa muntu na Demokarasi bakirirwa bavugavuga.”

Nathalie Munyampenda yahise agaruka ku Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Anton Blinken wamaze no kugera mu Rwanda aho bivugwa ko mu bimuzanye ari ugukomeza gushyira igitutu ku Rwanda ngo rufungure Rusesabagina.

Munyampenda ati “Azashyira igitutu ku muyobozi w’Igihugu gifite ubudahangarwa mu kurogoya imikorere y’ubucamanza. Ibyo bari gukora bari gushaka ko Rusesabagira arekurwa kubera uwo ari we ariko birengagije ibyo yakoze.”

Perezida Paul Kagame watanze igitekerezo kuri ubu butumwa bwa Nathalie Munyampenda, yagize ati “Ntakibazo…Hari ibintu bidashobora gukorwa hano muri ubwo buryo!!”

Mu mpera za Mata uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yari yongeye kugaragariza amahanga ko u Rwanda rudashobora kugendera ku gitutu ngo rukore ibitari mu mahitamo yarwo.

Ubwo yaganiraga n’Abadipolomate bari mu Rwanda, Paul Kagame yagize ati “Hari ibintu bimwe na bimwe kuri twe, ku mateka yacu, ku muzi w’abo turi bo, nta ngano iyo ari yo yose y’igitutu gishobora gukora hano. Ndetse nizera ko n’igihe nzaba ntagihari, abandi Banyarwanda beza bazahagurukira ubu bwoko bw’ingorane duhura na bwo buri munsi.”

Muri Nzeri 2018 ubwo yarahizaga Abadepite bari binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yagarutse ku byari bimaze iminsi bitangazwa na Ingabire Victoire widogaga avuga ko yarekuwe kubera igitutu cyashyizwe ku Rwanda, avuga ko uyu mugore yibeshya.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Ukabona umuntu ngo ‘njyewe ntaho nasabye imbabazi cyangwa ngo sinasaba imbabazi, ngo buriya baturekuye kubera igitutu’. Igitutu hano? Ukomeje kubigenderaho wajya kwisanga wasubiyemo.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBOBUGINGO Azarias says:
    3 years ago

    Ariko blinken yabanje ubwo butabera ashaka kuzana murwanda yabanje akabujyana muri America ,akareba abantu bafungiye muri Gereza ya Rwatanamo bay bafunzwe imyaka myinshi batazi icyo bazira
    New colonialism turayamaganye
    We need to be free

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

DRC: Abitwaje intwaro batorokesheje imfungwa 800 basiga Gereza yera

Next Post

Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka

Musanze: Habonetse imari itari izwi imaze imyaka isaga 50 itabye mu butaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.