Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho n’Ikoranabuhanga ya MTN Rwandacell PLC (MTN Rwanda) yashyize hanze imibare y’ibyagezweho mu mwaka wa 2023, igaragaza izamuka rishimishije mu ngeri zose nko kuba umubare w’abakoresha Internet inyaruka ya 4G bariyongereyeho 506%.

Bikubiye muri raporo yashyizwe hanze na MTN Rwanda, igaragaza ibyagezweho kugeza tariki 31 Ukuboza 2023, aho muri uwo mwaka ibyo yinjije byazamutseho 11,2% ugereranyije n’umwaka wari wabanje.

Amafaranga yinjijwe n’ikoranabuhanga rya Internet byageze ku gipimo cya 21,4%, aho habayeho izamuka rya 14,3% ugereranyije n’umwaka wabanje.

MTN Rwanda ivuga ko izamuka ry’iki kigero, ryagizwemo uruhare no gutangiza internet inyaruka ya 4G, ahagaragaye imibare ishimisje, kuko umubare w’abayikoresha wazamutseho 506%, ubu bari kuryoherwa n’ibyiza byo gukoresha iyi internet inyaruka.

Nanone kandi byagizwemo uruhare n’ubwiyongere bw’abakoresha telefone zigezweho za Smartphones, kuko biyongere kuri 27%, bigizwemo uruhare cyane cyane na gahunda yashyizwheo ya Macye Macye yo gufasha abantu gutunga izi telefone mu buryo buboroheye.

Avuga kuri iyi mibare ishimishije y’ikoreshwa rya Internet, Umuyobozi Mukuru ushinzwe imari muri MTN Rwanda, Mark Nkurunziza, yagize ati “Twatangije internet ya 4G yacu muri Nyakanga mu 2023, bituma tubasha gusubiramo ibijyanye n’ibiciro bya internet yacu ku bo tuyigurisha bituma inyungu izamuka.”

Nanone kandi nk’inkingi imwe mu zishyizwe imbere na MTN Rwanda mu mwaka wa 2025, ari ukubaka ibigo biyishamikiyeho bikomeye, ubu ikigo cya Mobile Money Rwanda Limited (MoMo Rwanda Ltd) kimaze kugera ku bakoresha ubu buryo bagera muri miliyoni 4,9, ndetse kikaba cyaratanze umusanzu wa 33,6% mu byinjijwe n’iyi sosiyete.

MTN Rwanda ivuga ko habayeho izamuka rya 69,2% bya serivisi z’ikoranabuhanga rihanitse ryatangijwe muri Mobile Money, rikaba riri kugira uruhare rwa 23% by’amafaranga yinjizwa na MoMo.

Abacuruzi bakoresha MoMoPay mu buryo bwo kwishyurwa, bari ibihumbi 141 muri 2022, baza kugera ku bihumbi 337 muri 2023.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda, Chantal Kagame yagize ati “Dutewe ishema n’intambwe MoMo Rwanda imaze gutera mu guteza imbere ibijyanye na serivisi z’imari zidaheza no guharanira iterambere ry’ubukungu rigizwemo uruhare n’abagabo n’abagore banyuze mu bisubuzo bishingiye kuri serivisi z’imari zikoresha ikoranabuhanga. Ibi biri kugira uruhare rukomeye mu kuzamura serivisi z’imari zidaheza mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko iyi mibare ishimishije y’ibyagezweho n’iyi Sosiyete, igaragaza ubwitange bw’abakozi bayo, bakora batiganda mu nshingano zabo.

Yagize ati “Uyu musaruro ni ikimenyetso cyo gukora cyane ndetse n’umuhate by’abakozi bacu ndetse no gukomeza guterwa inkunga n’Inama y’Ubutegetsi yacu ndetse n’abafatanyabikorwa ndetse n’igihango cy’abakiliya bacu.”

Mapula Bodibe avuga ko umwaka wa 2023 wanabaye uwo kugaragaza ibimaze kugerwaho na MTN Rwanda mu myaka 25 ishize ikorera mu Rwanda, ari na bwo hatangijwe ikoranabuhanga rya 4G ndetse n’igerageza rya 5G ryabereye mu Ihuriro ry’Isi ry’ikoreshwa rya Telefone ngendanwa rizwi nka Mobile World Congress summit.

Yaboneyeho kuvuga ko ishoramari riri gukorwa mu bikorwa remezo bya 5G rizatuma iyi internet ikuriye 4G na yo izatangira gukoreshwa, ku buryo iyi sosiyete izarushaho gutanga serivisi nziza zizana ibisubizo mu ikoranabuhanga mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 10 =

Previous Post

Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye

Next Post

Nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda bakoze igisa n’imyigaragambyo na bashiki babo babayobotse

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda bakoze igisa n’imyigaragambyo na bashiki babo babayobotse

Nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda bakoze igisa n’imyigaragambyo na bashiki babo babayobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.