Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari ibyazamutseho 506%: Hamuritswe imibare y’ibyagezweho na MTN Rwanda bigaragaza intambwe ishimishije

radiotv10by radiotv10
19/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN Rwanda yagaragaje ibyo yishimira mu mezi 6 inahishura ibyayifashije kubigeraho
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho n’Ikoranabuhanga ya MTN Rwandacell PLC (MTN Rwanda) yashyize hanze imibare y’ibyagezweho mu mwaka wa 2023, igaragaza izamuka rishimishije mu ngeri zose nko kuba umubare w’abakoresha Internet inyaruka ya 4G bariyongereyeho 506%.

Bikubiye muri raporo yashyizwe hanze na MTN Rwanda, igaragaza ibyagezweho kugeza tariki 31 Ukuboza 2023, aho muri uwo mwaka ibyo yinjije byazamutseho 11,2% ugereranyije n’umwaka wari wabanje.

Amafaranga yinjijwe n’ikoranabuhanga rya Internet byageze ku gipimo cya 21,4%, aho habayeho izamuka rya 14,3% ugereranyije n’umwaka wabanje.

MTN Rwanda ivuga ko izamuka ry’iki kigero, ryagizwemo uruhare no gutangiza internet inyaruka ya 4G, ahagaragaye imibare ishimisje, kuko umubare w’abayikoresha wazamutseho 506%, ubu bari kuryoherwa n’ibyiza byo gukoresha iyi internet inyaruka.

Nanone kandi byagizwemo uruhare n’ubwiyongere bw’abakoresha telefone zigezweho za Smartphones, kuko biyongere kuri 27%, bigizwemo uruhare cyane cyane na gahunda yashyizwheo ya Macye Macye yo gufasha abantu gutunga izi telefone mu buryo buboroheye.

Avuga kuri iyi mibare ishimishije y’ikoreshwa rya Internet, Umuyobozi Mukuru ushinzwe imari muri MTN Rwanda, Mark Nkurunziza, yagize ati “Twatangije internet ya 4G yacu muri Nyakanga mu 2023, bituma tubasha gusubiramo ibijyanye n’ibiciro bya internet yacu ku bo tuyigurisha bituma inyungu izamuka.”

Nanone kandi nk’inkingi imwe mu zishyizwe imbere na MTN Rwanda mu mwaka wa 2025, ari ukubaka ibigo biyishamikiyeho bikomeye, ubu ikigo cya Mobile Money Rwanda Limited (MoMo Rwanda Ltd) kimaze kugera ku bakoresha ubu buryo bagera muri miliyoni 4,9, ndetse kikaba cyaratanze umusanzu wa 33,6% mu byinjijwe n’iyi sosiyete.

MTN Rwanda ivuga ko habayeho izamuka rya 69,2% bya serivisi z’ikoranabuhanga rihanitse ryatangijwe muri Mobile Money, rikaba riri kugira uruhare rwa 23% by’amafaranga yinjizwa na MoMo.

Abacuruzi bakoresha MoMoPay mu buryo bwo kwishyurwa, bari ibihumbi 141 muri 2022, baza kugera ku bihumbi 337 muri 2023.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda, Chantal Kagame yagize ati “Dutewe ishema n’intambwe MoMo Rwanda imaze gutera mu guteza imbere ibijyanye na serivisi z’imari zidaheza no guharanira iterambere ry’ubukungu rigizwemo uruhare n’abagabo n’abagore banyuze mu bisubuzo bishingiye kuri serivisi z’imari zikoresha ikoranabuhanga. Ibi biri kugira uruhare rukomeye mu kuzamura serivisi z’imari zidaheza mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko iyi mibare ishimishije y’ibyagezweho n’iyi Sosiyete, igaragaza ubwitange bw’abakozi bayo, bakora batiganda mu nshingano zabo.

Yagize ati “Uyu musaruro ni ikimenyetso cyo gukora cyane ndetse n’umuhate by’abakozi bacu ndetse no gukomeza guterwa inkunga n’Inama y’Ubutegetsi yacu ndetse n’abafatanyabikorwa ndetse n’igihango cy’abakiliya bacu.”

Mapula Bodibe avuga ko umwaka wa 2023 wanabaye uwo kugaragaza ibimaze kugerwaho na MTN Rwanda mu myaka 25 ishize ikorera mu Rwanda, ari na bwo hatangijwe ikoranabuhanga rya 4G ndetse n’igerageza rya 5G ryabereye mu Ihuriro ry’Isi ry’ikoreshwa rya Telefone ngendanwa rizwi nka Mobile World Congress summit.

Yaboneyeho kuvuga ko ishoramari riri gukorwa mu bikorwa remezo bya 5G rizatuma iyi internet ikuriye 4G na yo izatangira gukoreshwa, ku buryo iyi sosiyete izarushaho gutanga serivisi nziza zizana ibisubizo mu ikoranabuhanga mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =

Previous Post

Ibitangazwa n’umugore w’uwo bikekwa ko yiyahuye byatumye havuka urujijo ku cyabimuteye

Next Post

Nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda bakoze igisa n’imyigaragambyo na bashiki babo babayobotse

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda bakoze igisa n’imyigaragambyo na bashiki babo babayobotse

Nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda bakoze igisa n’imyigaragambyo na bashiki babo babayobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.