Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi kuri moto ndetse n’abazitega mu ngendo bakora, basabwe gukoresha ingofero zagenewe umutekano ziwi nka Casque zujuje ubuziranenge, hanagaragazwa inshya zashyizwe ku isoko zigiye kujya zifashishwa.

Ni mu bukangurambaga bwiswe ‘Tuwurinde’ bwatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, bwahuriweho n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano gutwara abagenzi, zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikore RURA ndetse n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore watangije ubu bukangurambaga; yavuze ko bugamije kurinda umuntu kuba yakomereka ku gice cy’umutwe mu gihe cy’impanuka.

Ubu bukangurambaga bugamije gushishikariza abantu gukoresha Casque zujuje ubuziranenge zikomeye, bwatangiranye n’itangizwa ryo gukoresha izi ngofero zabugenewe nshya, na zo zamurikiwe Abatwara abagenzi kuri moto.

Ubu bukangurambaga bubaye nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe bukagaragaza ko Casque zari zisanzwe zitujuje ubuziranenge, ndetse ko zishobora guteza ibyago ku muntu uyambaye mu gihe habaye impanuka.

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, ivuga ko uko izi Casque nshya zamuritswe zizagenda zigurwa, bizatuma izisanzwe zigenda zishira ku isoko, ubundi hakazakomeza gukoreshwa izi zujuje ubuziranenge.

Yagize ati “Leta yiteguye gukomeza gufatanya n’abikorera baba abatumiza casque hanze, n’abacuruza moto bakazitangana na casque kugira ngo casque zujuje ubuziranenge ziboneke ku isoko ry’u Rwanda vuba kandi ku giciro kitaremereye abazikoresha.”

Dr Jimmy Gasore yavuze ko abamotari basanganywe Casque zisanzwe, hari gutekerezwa uburyo bazafashwa kubona izi nshya, bagasubiza izi bari basanganywe kandi nta kiguzi baciwe.

Izi casque nshya zamuritswe ziratangira gukoreshwa kuva bigitangazwa kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, ndetse hakaba harazanywe izigera muri 500, izindi zikazajyenda zizanwa mu minsi iri imbere.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yatangije ubu bukangurambaga

Ni ubukangurambaga buhuriweho n’inzego zirimo Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali
Hamuritswe Casque zujuje ubuziranenge
Izi Casque zamaze kugera ku isoko

RADIOTV10

Comments 1

  1. ISSA Butera says:
    2 years ago

    IZI NTA CASQUE ZIZIRIMO. NI TUGUFI CYANE PE. UMUYAGA NTIWAWUKIRA NI UKURI.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Papua New Guinea: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yatumbagiye igera mu bihumbi

Next Post

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.