Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hari icyongeye gusabwa Abamotari n’abakora ingendo kuri moto
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi kuri moto ndetse n’abazitega mu ngendo bakora, basabwe gukoresha ingofero zagenewe umutekano ziwi nka Casque zujuje ubuziranenge, hanagaragazwa inshya zashyizwe ku isoko zigiye kujya zifashishwa.

Ni mu bukangurambaga bwiswe ‘Tuwurinde’ bwatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, bwahuriweho n’inzego zitandukanye zifite mu nshingano gutwara abagenzi, zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikore RURA ndetse n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore watangije ubu bukangurambaga; yavuze ko bugamije kurinda umuntu kuba yakomereka ku gice cy’umutwe mu gihe cy’impanuka.

Ubu bukangurambaga bugamije gushishikariza abantu gukoresha Casque zujuje ubuziranenge zikomeye, bwatangiranye n’itangizwa ryo gukoresha izi ngofero zabugenewe nshya, na zo zamurikiwe Abatwara abagenzi kuri moto.

Ubu bukangurambaga bubaye nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe bukagaragaza ko Casque zari zisanzwe zitujuje ubuziranenge, ndetse ko zishobora guteza ibyago ku muntu uyambaye mu gihe habaye impanuka.

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, ivuga ko uko izi Casque nshya zamuritswe zizagenda zigurwa, bizatuma izisanzwe zigenda zishira ku isoko, ubundi hakazakomeza gukoreshwa izi zujuje ubuziranenge.

Yagize ati “Leta yiteguye gukomeza gufatanya n’abikorera baba abatumiza casque hanze, n’abacuruza moto bakazitangana na casque kugira ngo casque zujuje ubuziranenge ziboneke ku isoko ry’u Rwanda vuba kandi ku giciro kitaremereye abazikoresha.”

Dr Jimmy Gasore yavuze ko abamotari basanganywe Casque zisanzwe, hari gutekerezwa uburyo bazafashwa kubona izi nshya, bagasubiza izi bari basanganywe kandi nta kiguzi baciwe.

Izi casque nshya zamuritswe ziratangira gukoreshwa kuva bigitangazwa kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, ndetse hakaba harazanywe izigera muri 500, izindi zikazajyenda zizanwa mu minsi iri imbere.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yatangije ubu bukangurambaga

Ni ubukangurambaga buhuriweho n’inzego zirimo Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali
Hamuritswe Casque zujuje ubuziranenge
Izi Casque zamaze kugera ku isoko

RADIOTV10

Comments 1

  1. ISSA Butera says:
    2 years ago

    IZI NTA CASQUE ZIZIRIMO. NI TUGUFI CYANE PE. UMUYAGA NTIWAWUKIRA NI UKURI.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Papua New Guinea: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yatumbagiye igera mu bihumbi

Next Post

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Nyuma y’uko uwigeze kuyobora Kiyovu akumiriwe mu nama yayo yashyize ukuri kw’icyari cyayimujyanyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.