Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe barwaye impyiko, bavuga ko babanzaga gukeka ko ari amarozi ndetse bakagana abavuzi gakondo, bikananirana nyuma bahindukira bagiye kwa muganga, bagasanga ari iyi ndwara ivurirwa mu mavuriro asanzwe.

Ahishakiye Esperence wo mu Kagari ka Gatarama mu Murenge wa Kigina muri aka Karere ka Kirehe, avuga ko yarwaye indwara abanza kugagana abavuzi gakondo birananirana.

Nyuma yigiriye inama yo kugana ibitaro, baza gusanga arwaye impyiko, ubundi abaganga bamwitaho kugeza ubwo yakize iyi ndwara yari imurembeje.

Ati “Nageze ku Bitaro bya Kirehe bampa taransiferi injyana ku Bitaro Bikuru bya Rwamagana. Abaganga baranyakira baramfasha. Nageze muri Diyarize inshuro eshatu bampa imiti uko bikwiye baje kumbwira ko impyiko zakize baransezerera ndataha.”

Aboneraho kugira inama abantu bihutira kujya kwivuriza mu bavuze gakondo, byumwihariko abashobora kugaragaza ibimenyetso by’indwara y’imyiko.

Ati “Abantu bakwiye kwihutira Ikigo Nderabuzima ntabwo bagomba kwihutira mu miti ya Kinyarwanda kuko irica ushobora kuhatakariza z’ubuzima bwawe ugapfa.”

Dr. Ntawanganyimana Etienne, Inzobere mu kuvura indwara y’impyiko, avuga ko ivurwa igakira iyo uyirwaye yayisuzumishihe kare, ndetse ko n’ubwoko bwayo budakira, ubuirwaye afashwa kugira ngo impyiko zitangirika cyangwa zasimburwa.

Ati “Indwara z’impyiko tuzigiramo ubwoko bibiri, hari indwara z’impyiko zikira, ni impyiko umuntu arwara bitewe n’ikibazo agize umwanya mutoya, atakaje amaraso menshi, atakaje amazi menshi uwo muntu arafashwa akagirwa inama yo gufata amazi menshi byakwanga ukaza no kwa muganga tukamuha amaserumu byakwangwa tukamushyira no muri Diyarize ariko izo zirakira.

Dufite n’izindi ndwa zidakira zitwa Koronike ni indwara abantu bakunda guhura na zo, ikintu cya mbere kibitera n’umuvuduko w’amaraso, ni Diyabete, ni bano bantu bakora imirimo y’ingufu ugasanga ntanyoye amazi menshi ahubwo anyoye inzoga. Icyo dukora ni ugufasha umuntu kugabanya umuvuduko kugira ngo impyiko zitangirika kugira ngo azagera muri cya gihe cyo kuyungurura amaraso no gusimbuza impyiko.”

Dr. Rutagengwa William, Umuyobozi w’Ikigo ‘Inshuti mu Buzima’, avuga ko mu Karere ka Kirehe hari abagaragaje ibimenyetso by’indwara z’impyiko, ndetse abayisanganywe, bakomeje kwitabwaho kandi ko hongewe imbaraga mu kubagezaho imiti.

Ati “Imiti itangwa iraboneka neza kugeza n’aho ubu ngubu hari abarwayi dushyira imiti mu rugo dukoresheje turiya tudege twa drone. Ibyo rero bituma abantu bose bakeneye iyo serivisi bayibona ubwo rero dukangurira abantu bose kwipimisha.”

Abaganga mu buvuzi bw’impyiko bavuga ko kubera imihindagurikire y’ibihe, by’umwihariko izamuka ry’ubushyuhe, aho ngo iyo bwiyongereyeho Dogere Seresiyusi imwe, bitera ibyago byo kurwara impyiko ku kigero cya 30%.

Ahishakiye Esperence wakize indwara y’impyiko agira inama abantu
Dr. Ntawanganyimana Etienne
Dr.Rutagengwa William

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + six =

Previous Post

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.