Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe barwaye impyiko, bavuga ko babanzaga gukeka ko ari amarozi ndetse bakagana abavuzi gakondo, bikananirana nyuma bahindukira bagiye kwa muganga, bagasanga ari iyi ndwara ivurirwa mu mavuriro asanzwe.

Ahishakiye Esperence wo mu Kagari ka Gatarama mu Murenge wa Kigina muri aka Karere ka Kirehe, avuga ko yarwaye indwara abanza kugagana abavuzi gakondo birananirana.

Nyuma yigiriye inama yo kugana ibitaro, baza gusanga arwaye impyiko, ubundi abaganga bamwitaho kugeza ubwo yakize iyi ndwara yari imurembeje.

Ati “Nageze ku Bitaro bya Kirehe bampa taransiferi injyana ku Bitaro Bikuru bya Rwamagana. Abaganga baranyakira baramfasha. Nageze muri Diyarize inshuro eshatu bampa imiti uko bikwiye baje kumbwira ko impyiko zakize baransezerera ndataha.”

Aboneraho kugira inama abantu bihutira kujya kwivuriza mu bavuze gakondo, byumwihariko abashobora kugaragaza ibimenyetso by’indwara y’imyiko.

Ati “Abantu bakwiye kwihutira Ikigo Nderabuzima ntabwo bagomba kwihutira mu miti ya Kinyarwanda kuko irica ushobora kuhatakariza z’ubuzima bwawe ugapfa.”

Dr. Ntawanganyimana Etienne, Inzobere mu kuvura indwara y’impyiko, avuga ko ivurwa igakira iyo uyirwaye yayisuzumishihe kare, ndetse ko n’ubwoko bwayo budakira, ubuirwaye afashwa kugira ngo impyiko zitangirika cyangwa zasimburwa.

Ati “Indwara z’impyiko tuzigiramo ubwoko bibiri, hari indwara z’impyiko zikira, ni impyiko umuntu arwara bitewe n’ikibazo agize umwanya mutoya, atakaje amaraso menshi, atakaje amazi menshi uwo muntu arafashwa akagirwa inama yo gufata amazi menshi byakwanga ukaza no kwa muganga tukamuha amaserumu byakwangwa tukamushyira no muri Diyarize ariko izo zirakira.

Dufite n’izindi ndwa zidakira zitwa Koronike ni indwara abantu bakunda guhura na zo, ikintu cya mbere kibitera n’umuvuduko w’amaraso, ni Diyabete, ni bano bantu bakora imirimo y’ingufu ugasanga ntanyoye amazi menshi ahubwo anyoye inzoga. Icyo dukora ni ugufasha umuntu kugabanya umuvuduko kugira ngo impyiko zitangirika kugira ngo azagera muri cya gihe cyo kuyungurura amaraso no gusimbuza impyiko.”

Dr. Rutagengwa William, Umuyobozi w’Ikigo ‘Inshuti mu Buzima’, avuga ko mu Karere ka Kirehe hari abagaragaje ibimenyetso by’indwara z’impyiko, ndetse abayisanganywe, bakomeje kwitabwaho kandi ko hongewe imbaraga mu kubagezaho imiti.

Ati “Imiti itangwa iraboneka neza kugeza n’aho ubu ngubu hari abarwayi dushyira imiti mu rugo dukoresheje turiya tudege twa drone. Ibyo rero bituma abantu bose bakeneye iyo serivisi bayibona ubwo rero dukangurira abantu bose kwipimisha.”

Abaganga mu buvuzi bw’impyiko bavuga ko kubera imihindagurikire y’ibihe, by’umwihariko izamuka ry’ubushyuhe, aho ngo iyo bwiyongereyeho Dogere Seresiyusi imwe, bitera ibyago byo kurwara impyiko ku kigero cya 30%.

Ahishakiye Esperence wakize indwara y’impyiko agira inama abantu
Dr. Ntawanganyimana Etienne
Dr.Rutagengwa William

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.