Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, bombi bavuze ko ibiganiro bagiranye, ku mubano w’Ibihugu byombi, bitanga icyizere gihagije ko wakongera guhagarara bwuma, ndetse Ramaphosa avuga ko yavanye mu Rwanda imyumvire itandukanye n’iyo yari afite ku miterere y’ibibazo byo muri Congo.

Umunsi wo gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, wasize u Rwanda na Afurika y’Epfo biyemeje kubyutsa imibanire ishingiye ku mateka y’Ibihugu byombi.

Afurika y’Epfo kandi yemeje ko igiye guhindura imyumvire yari ifite ku ntandaro y’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cyanohereje ingabo ziri mu butumwa bwa SADC gufasha FARDC guhangana na M23.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024, yabajijwe icyo yaganiriye na mugenzi we Cyril Ramaphosa wari waje mu gutangiza icyumweru cyo Kwibuka, avuga ko bagiranye ikiganiro cyiza.

Yagize ati “Twagiranye ikiganiro cyiza, cyabaye umwanya mwiza wo kumva neza ikibazo, kandi birashoboka ko twafatanya mu kugishakira umuti. Njye naranyuzwe.”

Mu ijambo yatangiye mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo Kwibuka, Perezida Kagame kandi yashimiye Afurika y’Epfo ubwo yashimiraga amahanga yabaye hafi u Rwanda.

Yagize ati “Mu gihe Afurika y’Epfo yari ishyize iherezo kuri Apartheid; igatora Nelson Mandela nka Perezida; mu Rwanda harimo hakorwa Jenoside ya nyuma yo mu kinyejana cya 20.

Afurika y’Epfo nshya yatwishyuriye inzobere z’abaganga bo muri Cuba kugira ngo bazahure urwego rw’ubuzima rwacu rwari rwarasenyutse, abanyeshuri bo mu Rwanda babemereye kwiga muri kaminuza zabo, ndetse bakishyura amafaranga y’imbere mu Gihugu. Mu banyeshuri b’Abanyarwanda bafashijwe n’ubuntu bwa Afurika y’Epfo; bamwe bari imfubyi, abarokotse; abandi bari abana b’abakoze Jenoside, namwe muri bo babaye abayobozi mu Gihugu cyacu mu nzego zitandukanye, uyu munsi babayeho mu buzima bushya.”

Cyril Ramaphosa na we mbere yo gusubira mu Gihugu cye, na we yagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Dufitanye umubano mwiza n’u Rwanda kandi umaze imyaka myinshi. Mu by’ukuri mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi; Perezida Mandela ni we wavuze ko tutatabaye Abanyarwanda kubera ko icyo gihe twari duhugiye mu gushyira iherezo kuri Apartheid. Ibi bihe byarabisikanye nk’intama mu ijoro.

Nyuma y’ibyo bihe Afurika y’Epfo yatangije ibikorwa bitandukanye, birimo n’ibyo Perezida Kagame yavuze uyu munsi. Ibyo bivuze imibanire myiza iri hagati yacu.

Ni byo, ni umubano umaze igihe kinini; ariko wahuye n’ibibazo, kuva naba Perezida niyemeje kubikemura, mu ijoro ryacyeye nagiranye na we [Perezida Kagame] ibiganiro bigamije kureba uko twabyutsa uwo mubano.”

Nyuma yo kwiyemeza kurushaho gukomeza iyo mibanire ishingiye ku mateka; Ramaphosa yavugiye i Kigali ko agiye guhindura imyitwarike ku kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Yego twavuze no ku ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’uburyo Ibihugu byombi ndetse na SADC yagira uruhare mu gushaka amahoro. Hari n’ibikorwa bihungabanya umutekano bya FDLR. Kariya gace karimo abarwanyi benshi, ubu mvanye mu Rwanda imyumvire mishya ko tugomba gushaka igisubizo mu buryo bwa politike.”

Yakomeje agira ati “Abaturage ba Congo barashaka amahoro, n’ab’u Rwanda barayashaka, ku bw’ibyo twese tugomba gukorana tugashaka amahoro muri aka karere. Intambara n’ubuhunzi bw’Abanyekongo; baza no mu Rwanda; bigomba guhagarara.”

Afurika y’epfo nk’umunyamuryango wa SADC, ifite ingabo 2 900 mu burasirazuba bwa Congo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye Ramaphosa ku wa Gatandatu cyarimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi
Biyemeye kuzahura umubano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

Next Post

Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

22/10/2025
Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

22/10/2025
Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.