Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, bombi bavuze ko ibiganiro bagiranye, ku mubano w’Ibihugu byombi, bitanga icyizere gihagije ko wakongera guhagarara bwuma, ndetse Ramaphosa avuga ko yavanye mu Rwanda imyumvire itandukanye n’iyo yari afite ku miterere y’ibibazo byo muri Congo.

Umunsi wo gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, wasize u Rwanda na Afurika y’Epfo biyemeje kubyutsa imibanire ishingiye ku mateka y’Ibihugu byombi.

Afurika y’Epfo kandi yemeje ko igiye guhindura imyumvire yari ifite ku ntandaro y’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cyanohereje ingabo ziri mu butumwa bwa SADC gufasha FARDC guhangana na M23.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024, yabajijwe icyo yaganiriye na mugenzi we Cyril Ramaphosa wari waje mu gutangiza icyumweru cyo Kwibuka, avuga ko bagiranye ikiganiro cyiza.

Yagize ati “Twagiranye ikiganiro cyiza, cyabaye umwanya mwiza wo kumva neza ikibazo, kandi birashoboka ko twafatanya mu kugishakira umuti. Njye naranyuzwe.”

Mu ijambo yatangiye mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo Kwibuka, Perezida Kagame kandi yashimiye Afurika y’Epfo ubwo yashimiraga amahanga yabaye hafi u Rwanda.

Yagize ati “Mu gihe Afurika y’Epfo yari ishyize iherezo kuri Apartheid; igatora Nelson Mandela nka Perezida; mu Rwanda harimo hakorwa Jenoside ya nyuma yo mu kinyejana cya 20.

Afurika y’Epfo nshya yatwishyuriye inzobere z’abaganga bo muri Cuba kugira ngo bazahure urwego rw’ubuzima rwacu rwari rwarasenyutse, abanyeshuri bo mu Rwanda babemereye kwiga muri kaminuza zabo, ndetse bakishyura amafaranga y’imbere mu Gihugu. Mu banyeshuri b’Abanyarwanda bafashijwe n’ubuntu bwa Afurika y’Epfo; bamwe bari imfubyi, abarokotse; abandi bari abana b’abakoze Jenoside, namwe muri bo babaye abayobozi mu Gihugu cyacu mu nzego zitandukanye, uyu munsi babayeho mu buzima bushya.”

Cyril Ramaphosa na we mbere yo gusubira mu Gihugu cye, na we yagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Dufitanye umubano mwiza n’u Rwanda kandi umaze imyaka myinshi. Mu by’ukuri mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi; Perezida Mandela ni we wavuze ko tutatabaye Abanyarwanda kubera ko icyo gihe twari duhugiye mu gushyira iherezo kuri Apartheid. Ibi bihe byarabisikanye nk’intama mu ijoro.

Nyuma y’ibyo bihe Afurika y’Epfo yatangije ibikorwa bitandukanye, birimo n’ibyo Perezida Kagame yavuze uyu munsi. Ibyo bivuze imibanire myiza iri hagati yacu.

Ni byo, ni umubano umaze igihe kinini; ariko wahuye n’ibibazo, kuva naba Perezida niyemeje kubikemura, mu ijoro ryacyeye nagiranye na we [Perezida Kagame] ibiganiro bigamije kureba uko twabyutsa uwo mubano.”

Nyuma yo kwiyemeza kurushaho gukomeza iyo mibanire ishingiye ku mateka; Ramaphosa yavugiye i Kigali ko agiye guhindura imyitwarike ku kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Yego twavuze no ku ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’uburyo Ibihugu byombi ndetse na SADC yagira uruhare mu gushaka amahoro. Hari n’ibikorwa bihungabanya umutekano bya FDLR. Kariya gace karimo abarwanyi benshi, ubu mvanye mu Rwanda imyumvire mishya ko tugomba gushaka igisubizo mu buryo bwa politike.”

Yakomeje agira ati “Abaturage ba Congo barashaka amahoro, n’ab’u Rwanda barayashaka, ku bw’ibyo twese tugomba gukorana tugashaka amahoro muri aka karere. Intambara n’ubuhunzi bw’Abanyekongo; baza no mu Rwanda; bigomba guhagarara.”

Afurika y’epfo nk’umunyamuryango wa SADC, ifite ingabo 2 900 mu burasirazuba bwa Congo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye Ramaphosa ku wa Gatandatu cyarimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi
Biyemeye kuzahura umubano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

Next Post

Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.