Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
09/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Harumvikana ibiganisha aheza umubano w’u Rwanda na S.Africa wari warushijeho kuzambywa n’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, bombi bavuze ko ibiganiro bagiranye, ku mubano w’Ibihugu byombi, bitanga icyizere gihagije ko wakongera guhagarara bwuma, ndetse Ramaphosa avuga ko yavanye mu Rwanda imyumvire itandukanye n’iyo yari afite ku miterere y’ibibazo byo muri Congo.

Umunsi wo gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, wasize u Rwanda na Afurika y’Epfo biyemeje kubyutsa imibanire ishingiye ku mateka y’Ibihugu byombi.

Afurika y’Epfo kandi yemeje ko igiye guhindura imyumvire yari ifite ku ntandaro y’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cyanohereje ingabo ziri mu butumwa bwa SADC gufasha FARDC guhangana na M23.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024, yabajijwe icyo yaganiriye na mugenzi we Cyril Ramaphosa wari waje mu gutangiza icyumweru cyo Kwibuka, avuga ko bagiranye ikiganiro cyiza.

Yagize ati “Twagiranye ikiganiro cyiza, cyabaye umwanya mwiza wo kumva neza ikibazo, kandi birashoboka ko twafatanya mu kugishakira umuti. Njye naranyuzwe.”

Mu ijambo yatangiye mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo Kwibuka, Perezida Kagame kandi yashimiye Afurika y’Epfo ubwo yashimiraga amahanga yabaye hafi u Rwanda.

Yagize ati “Mu gihe Afurika y’Epfo yari ishyize iherezo kuri Apartheid; igatora Nelson Mandela nka Perezida; mu Rwanda harimo hakorwa Jenoside ya nyuma yo mu kinyejana cya 20.

Afurika y’Epfo nshya yatwishyuriye inzobere z’abaganga bo muri Cuba kugira ngo bazahure urwego rw’ubuzima rwacu rwari rwarasenyutse, abanyeshuri bo mu Rwanda babemereye kwiga muri kaminuza zabo, ndetse bakishyura amafaranga y’imbere mu Gihugu. Mu banyeshuri b’Abanyarwanda bafashijwe n’ubuntu bwa Afurika y’Epfo; bamwe bari imfubyi, abarokotse; abandi bari abana b’abakoze Jenoside, namwe muri bo babaye abayobozi mu Gihugu cyacu mu nzego zitandukanye, uyu munsi babayeho mu buzima bushya.”

Cyril Ramaphosa na we mbere yo gusubira mu Gihugu cye, na we yagarutse ku mubano w’Ibihugu byombi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Dufitanye umubano mwiza n’u Rwanda kandi umaze imyaka myinshi. Mu by’ukuri mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi; Perezida Mandela ni we wavuze ko tutatabaye Abanyarwanda kubera ko icyo gihe twari duhugiye mu gushyira iherezo kuri Apartheid. Ibi bihe byarabisikanye nk’intama mu ijoro.

Nyuma y’ibyo bihe Afurika y’Epfo yatangije ibikorwa bitandukanye, birimo n’ibyo Perezida Kagame yavuze uyu munsi. Ibyo bivuze imibanire myiza iri hagati yacu.

Ni byo, ni umubano umaze igihe kinini; ariko wahuye n’ibibazo, kuva naba Perezida niyemeje kubikemura, mu ijoro ryacyeye nagiranye na we [Perezida Kagame] ibiganiro bigamije kureba uko twabyutsa uwo mubano.”

Nyuma yo kwiyemeza kurushaho gukomeza iyo mibanire ishingiye ku mateka; Ramaphosa yavugiye i Kigali ko agiye guhindura imyitwarike ku kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Yego twavuze no ku ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’uburyo Ibihugu byombi ndetse na SADC yagira uruhare mu gushaka amahoro. Hari n’ibikorwa bihungabanya umutekano bya FDLR. Kariya gace karimo abarwanyi benshi, ubu mvanye mu Rwanda imyumvire mishya ko tugomba gushaka igisubizo mu buryo bwa politike.”

Yakomeje agira ati “Abaturage ba Congo barashaka amahoro, n’ab’u Rwanda barayashaka, ku bw’ibyo twese tugomba gukorana tugashaka amahoro muri aka karere. Intambara n’ubuhunzi bw’Abanyekongo; baza no mu Rwanda; bigomba guhagarara.”

Afurika y’epfo nk’umunyamuryango wa SADC, ifite ingabo 2 900 mu burasirazuba bwa Congo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye Ramaphosa ku wa Gatandatu cyarimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi
Biyemeye kuzahura umubano

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

Next Post

Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Related Posts

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

by radiotv10
16/09/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko muri uyu mwaka wa 2025, ingo zigerwaho n’umuriro w’amashanyarazi zageze kuri 85% zivuye munsi ya...

IZIHERUKA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda
MU RWANDA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Musanze: Hari abavuga ko bisigaye bigera saa kumi n’ebyiri batarataha bagahinda umushyitsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.