Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge Kivumu mu Karere ka Rutsiro, wasenyewe n’ibiza, avuga ko yizejwe inkunga y’isakaro agasabwa kwizamurira ikigega, arabikora none amabati yasezeranyijwe yaje kuyimwa azizwa imyimerere ye.

Uyu muturage witwa Benda Fidele n’umugore we Nyirandimubanzi batuye mu Mudugudu wa Kanyempanga mu Kagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu, basanzwe basengera mu Itorero ry’Abahamya ba Yehova.

Uyu muvutage wasenyewe n’ibiza, avuga ko ubuyobozi bw’Umudugudu bwamusabye kongera kuzamura inzu yari yaguye kugira ngo azahabwe isakaro, ariko amaze kuyizamura ubuyobozi bw’Akagari bumubwira ko batarikwiye kubera imyemerere yabo.

Ubuyobozi bushinja uyu muyango kwanga kujya mu nkambi nk’abandi baturage bahuye n’ibiza muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, bukavuga ko babyanze kubera imyemerere yabo

Benda Fidele avuga ko ubwo yari amaze kuzamura ikigega cy’inzu, batahwemye kwibutsa ubuyobozi iyi nkunga bwari bwabizeje.

Ati “Umugore ajya ku Kagari, Gitifu amubwira ko ntatanzwe ku rutonde kandi ngo nubwo narubaho batansakarira ngo abo bahamya bazansakarire ngo kubera ko ntagiye mu nkambi, mbona ni akarengane kamezE nko gutotezwa.”

Uyu muryango uvuga ko utanze kujya mu nkambi nk’abandi kubera imyemerere ye yo kuba ari uwo mu Bahamya ba Yehova, ahubwo ko bari banze gusiga inka yabo bahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.

Rwangano Joseph, umwe mu baturanyi b’uyu muryango, na bo bavuga ko ufite amikoro macye ku buryo bigoye kuba bakwibonera isakaro.

Ati “Ubushobozi ntabwo bafite, bareba ko babahereza amabati bagasakara kuko iri kwangirika cyane.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi igenera ubufasha abaturage basanzwe bari ku rutonde rwakozwe kuva ku rwego rwo hasi kugera hejuru, ku buryo harebwa impamvu uyu muryango ataruriho.

Yagize ati “Ubu ngubu MINEMA yubakira abari ku rutonde rwakozwe uhereye ku Mudugudu kuzamuka, rero ntabwo ari Akarere karukoze, igihe rero utari ku rutonde kandi ukeneye ubufasha wakorerwa ubuvugizi ariko ntabwo uba uri ku rutonde.”

Uyu muyobozi avuga ko ubufasha bwo kubakira abasenyewe n’ibiza buri mu byiciro bitatu, birimo abasenyewe burundu, abari basanzwe batuye mu manegeka basabwe kuyavamo, kimwe n’abo byangirije inzu zabo bigasaba kuzivugurura.

Uyu muryango uvuga ko ibya wari wasabwe wo wari wabirangije
Ubu bari mu rujijo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 8 =

Previous Post

Ibivugwa ku ifungwa ry’uwabaye Miss w’u Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.