Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge Kivumu mu Karere ka Rutsiro, wasenyewe n’ibiza, avuga ko yizejwe inkunga y’isakaro agasabwa kwizamurira ikigega, arabikora none amabati yasezeranyijwe yaje kuyimwa azizwa imyimerere ye.

Uyu muturage witwa Benda Fidele n’umugore we Nyirandimubanzi batuye mu Mudugudu wa Kanyempanga mu Kagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu, basanzwe basengera mu Itorero ry’Abahamya ba Yehova.

Uyu muvutage wasenyewe n’ibiza, avuga ko ubuyobozi bw’Umudugudu bwamusabye kongera kuzamura inzu yari yaguye kugira ngo azahabwe isakaro, ariko amaze kuyizamura ubuyobozi bw’Akagari bumubwira ko batarikwiye kubera imyemerere yabo.

Ubuyobozi bushinja uyu muyango kwanga kujya mu nkambi nk’abandi baturage bahuye n’ibiza muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, bukavuga ko babyanze kubera imyemerere yabo

Benda Fidele avuga ko ubwo yari amaze kuzamura ikigega cy’inzu, batahwemye kwibutsa ubuyobozi iyi nkunga bwari bwabizeje.

Ati “Umugore ajya ku Kagari, Gitifu amubwira ko ntatanzwe ku rutonde kandi ngo nubwo narubaho batansakarira ngo abo bahamya bazansakarire ngo kubera ko ntagiye mu nkambi, mbona ni akarengane kamezE nko gutotezwa.”

Uyu muryango uvuga ko utanze kujya mu nkambi nk’abandi kubera imyemerere ye yo kuba ari uwo mu Bahamya ba Yehova, ahubwo ko bari banze gusiga inka yabo bahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.

Rwangano Joseph, umwe mu baturanyi b’uyu muryango, na bo bavuga ko ufite amikoro macye ku buryo bigoye kuba bakwibonera isakaro.

Ati “Ubushobozi ntabwo bafite, bareba ko babahereza amabati bagasakara kuko iri kwangirika cyane.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi igenera ubufasha abaturage basanzwe bari ku rutonde rwakozwe kuva ku rwego rwo hasi kugera hejuru, ku buryo harebwa impamvu uyu muryango ataruriho.

Yagize ati “Ubu ngubu MINEMA yubakira abari ku rutonde rwakozwe uhereye ku Mudugudu kuzamuka, rero ntabwo ari Akarere karukoze, igihe rero utari ku rutonde kandi ukeneye ubufasha wakorerwa ubuvugizi ariko ntabwo uba uri ku rutonde.”

Uyu muyobozi avuga ko ubufasha bwo kubakira abasenyewe n’ibiza buri mu byiciro bitatu, birimo abasenyewe burundu, abari basanzwe batuye mu manegeka basabwe kuyavamo, kimwe n’abo byangirije inzu zabo bigasaba kuzivugurura.

Uyu muryango uvuga ko ibya wari wasabwe wo wari wabirangije
Ubu bari mu rujijo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Ibivugwa ku ifungwa ry’uwabaye Miss w’u Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Related Posts

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.