Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana kunyuranya hagati y’Ubuyobozi n’abakora ibitemewe bituma bahozwa ku nkoni bavuga ko babiterwa n’amaburakindi

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana kunyuranya hagati y’Ubuyobozi n’abakora ibitemewe bituma bahozwa ku nkoni bavuga ko babiterwa n’amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza imbere y’isoko rya Mahoko ryo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bafatwa nk’abakora ubucuruzi butemewe, barasaba ubuyobozi kubashakira isoko riciriritse kuko barembejwe n’ibihombo n’inkoni by’inkeragutabara, kandi aho basabwa gucururiza basabwa kwishyura 500 000 Frw ku kwezi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hishyurwa ibihumbi 10 Frw gusa.

Abacururiza muri iri soko riri mu Kagari ka Mahoko, bavuga ko na bo bazi ko ubu bucuruzi butemewe, ariko ko kubukora ari amaburakindi kuko ari bwo bakesha amaramuko, icyakora bakagaragaza icyatuma babicikaho.

Niyitegeka ati “Ncuruza dodo kandi nta soko ry’imboga riri hano, nta rindi batweretse twakoreramo, n’iri soko rya Mahoko ryaruzuye ariko baraza bakadufata, imboga zacu bakazimena bakazibyiniraho.”

Bavuga ko ubu bucuruzi bwabo bubahoza mu gihombo kuko inzego zidahwema kubatwarira ibicuruzwa, nk’uko bitangazwa na Uwamaho.

Yagize ati “Njye nk’ubu bamaze kuzitwara inshuro eshatu, na nimugoroba batwaye iz’ibihumbi cumi na bitanu, ku wa gatanu washize batwaye iz’ibihumbi 10 nari, nafashe amafaranga mu kimina none ibyo bihumbi cumi na bitanu bongeye kubijyana ariko aho kugira ngo bajye baduhombya buri munsi nibatwereke aho twicara badusoreshe n’abandi.”

Muhawenimana Claudine na we yagize ati “Inkoni dukubitwa aha mu muhanda, tukamburirwa ubusa nk’aho turi abajura ntiwazibara, ejobundi baraje bajyana ibihumbi 80 ni yo nari maze kugeraho none se ubu niba umwana yaburaye ejo yabyuka akajya kwiga?”

Uyu mucuruzi avuga ko bacuruza ibicuruzwa biciriritse ku buryo batapfa kubona amafaranga bishyura mu isoko rya Mahoko.

Ati “Niba ncuruza ibihumbi 5 hano ku muhanda ni uko igisima gihenze, ni ibihumbi 300. Leta niyo yagira uko ibigenza bakaturwanaho, bakadushakira aho gukorera haciriritse ufite nk’ibihumbi bitatu akajya asora nk’ijana cyangwa mirongo itanu ariko afite aho akorera atuje.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Nzabahimana Evariste avuga ko aba baturage batabuze aho bakorera kuko hakiri imyanya ihagije mu masoko ya Mahoko na Kamuhoza yose yo muri uyu Murenge.

Ati “Sinzi ukuntu abantu batsimbarara bagashaka gukorera ahatemewe kandi ntabwo tuzabemerera, ariko ababishaka mu isoko rya Kamuhoza harimo imyanya, n’iryo soko rindi rya Mahoko harimo imyanya, ni yo mpamvu nta rwitwazo bafite.”

Nubwo uyu muyobozi avuga ibi, aba baturage bagaragaza ko uretse kuba nta myanya ikirimo, n’iri muri iri soko rikuru rya Mahoko ihenze cyane kuko igisima ngo cyishyurwa ibihumbi 300 Frw, mu gihe ubuyobozi bw’Umurenge bubihakana bukavuga ko umuturage ukeneye gucuruziza muri iri soko yishyuzwa ibihumbi 10Frw gusa arimo ibihumbi 5 Frw by’ipatante n’andi ibihumbi 5 Frw y’umusoro wa buri kwezi.

Aba bacuruzi bavuga ko barembejwe n’ibihombo
Ibicuruzwa byabo ngo si ibyo kujya gucururiza aho bishyuzwa 500 000 Frw
Ngo ntibabona amafaranga ibihumbi 500 Frw bya buri kwezi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Next Post

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.