Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana kunyuranya hagati y’Ubuyobozi n’abakora ibitemewe bituma bahozwa ku nkoni bavuga ko babiterwa n’amaburakindi

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana kunyuranya hagati y’Ubuyobozi n’abakora ibitemewe bituma bahozwa ku nkoni bavuga ko babiterwa n’amaburakindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza imbere y’isoko rya Mahoko ryo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bafatwa nk’abakora ubucuruzi butemewe, barasaba ubuyobozi kubashakira isoko riciriritse kuko barembejwe n’ibihombo n’inkoni by’inkeragutabara, kandi aho basabwa gucururiza basabwa kwishyura 500 000 Frw ku kwezi, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hishyurwa ibihumbi 10 Frw gusa.

Abacururiza muri iri soko riri mu Kagari ka Mahoko, bavuga ko na bo bazi ko ubu bucuruzi butemewe, ariko ko kubukora ari amaburakindi kuko ari bwo bakesha amaramuko, icyakora bakagaragaza icyatuma babicikaho.

Niyitegeka ati “Ncuruza dodo kandi nta soko ry’imboga riri hano, nta rindi batweretse twakoreramo, n’iri soko rya Mahoko ryaruzuye ariko baraza bakadufata, imboga zacu bakazimena bakazibyiniraho.”

Bavuga ko ubu bucuruzi bwabo bubahoza mu gihombo kuko inzego zidahwema kubatwarira ibicuruzwa, nk’uko bitangazwa na Uwamaho.

Yagize ati “Njye nk’ubu bamaze kuzitwara inshuro eshatu, na nimugoroba batwaye iz’ibihumbi cumi na bitanu, ku wa gatanu washize batwaye iz’ibihumbi 10 nari, nafashe amafaranga mu kimina none ibyo bihumbi cumi na bitanu bongeye kubijyana ariko aho kugira ngo bajye baduhombya buri munsi nibatwereke aho twicara badusoreshe n’abandi.”

Muhawenimana Claudine na we yagize ati “Inkoni dukubitwa aha mu muhanda, tukamburirwa ubusa nk’aho turi abajura ntiwazibara, ejobundi baraje bajyana ibihumbi 80 ni yo nari maze kugeraho none se ubu niba umwana yaburaye ejo yabyuka akajya kwiga?”

Uyu mucuruzi avuga ko bacuruza ibicuruzwa biciriritse ku buryo batapfa kubona amafaranga bishyura mu isoko rya Mahoko.

Ati “Niba ncuruza ibihumbi 5 hano ku muhanda ni uko igisima gihenze, ni ibihumbi 300. Leta niyo yagira uko ibigenza bakaturwanaho, bakadushakira aho gukorera haciriritse ufite nk’ibihumbi bitatu akajya asora nk’ijana cyangwa mirongo itanu ariko afite aho akorera atuje.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Nzabahimana Evariste avuga ko aba baturage batabuze aho bakorera kuko hakiri imyanya ihagije mu masoko ya Mahoko na Kamuhoza yose yo muri uyu Murenge.

Ati “Sinzi ukuntu abantu batsimbarara bagashaka gukorera ahatemewe kandi ntabwo tuzabemerera, ariko ababishaka mu isoko rya Kamuhoza harimo imyanya, n’iryo soko rindi rya Mahoko harimo imyanya, ni yo mpamvu nta rwitwazo bafite.”

Nubwo uyu muyobozi avuga ibi, aba baturage bagaragaza ko uretse kuba nta myanya ikirimo, n’iri muri iri soko rikuru rya Mahoko ihenze cyane kuko igisima ngo cyishyurwa ibihumbi 300 Frw, mu gihe ubuyobozi bw’Umurenge bubihakana bukavuga ko umuturage ukeneye gucuruziza muri iri soko yishyuzwa ibihumbi 10Frw gusa arimo ibihumbi 5 Frw by’ipatante n’andi ibihumbi 5 Frw y’umusoro wa buri kwezi.

Aba bacuruzi bavuga ko barembejwe n’ibihombo
Ibicuruzwa byabo ngo si ibyo kujya gucururiza aho bishyuzwa 500 000 Frw
Ngo ntibabona amafaranga ibihumbi 500 Frw bya buri kwezi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Umuhanzi Tom Close yasogongeje ubwiza bw’u Rwanda umuhanzikazi wanze kurutaramiramo

Next Post

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.