Friday, July 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana uruhererekane mu kibazo cy’abarenga 150 bakoze imirimo muri Kaminuza y’u Rwanda bakamburwa

radiotv10by radiotv10
25/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana uruhererekane mu kibazo cy’abarenga 150 bakoze imirimo muri Kaminuza y’u Rwanda bakamburwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage 150 bavuga ko bamaze imyaka ibiri bambuwe na Kompanyi yabahaye akazi mu kubaka muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, mu gihe nyiri iyi kompanyi avuga ko na we yambuwe n’indi yari yamuhaye akazi.

Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi bakoreye yitwa METCO Ltd, ihagarariwe n’uwitwa Kanyandekwe Fils batahwemye kwishyuza, ariko imyaka ikaba ibaye ibiri batarishyurwa.

Kwizera Patrick yagize ati “Twakoreye imirimo yo kubaka dusasa amapave muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ishami rya Huye batwambura ukwezi kumwe akazi gahita gahagarara none ubu imyaka ishize irenga ibiri twishyuza twarahebye.”

Uwera Vanessa na we yagize ati “Twishyuza uwadukoresheje waduhaye akazi akatubwira ngo nidutegereze, none kuri ubu amaso yaheze mu kirere. Akazi kahise gahagarara tuzi ko bazatwishyura ntibyakorwa none kuri ubu twirirwa tugenda mu mihanda dushaka abaturenganura tukishyurwa kuko ubukene butumereye nabi.”

Kanyandekwe Fils uhagarariye Kompanyi ya METCO Ltd ari na yo yakoresheje aba baturage avuga ko impamvu batishyuwe ari uko nawe yari afitanye amasezerano n’indi Kompany yitwa ELEMAC Ltd ihagarariwe n’uwitwa Nyirinkwaya Clement nyuma iramwambura abura ayo kwishyura abo bakozi.

Ati “Ishingiro ry’ikibazo ni company yampaye akazi dusinyana amasezerano n’iyo company ntibanyishyura ndishyuza banga kunyishyura, nanjye mumfanshije mwanyishyuriza iyo company nkishyura abakozi.”

Nyirinkwaya Clement uhagarariye Kompanyi ya ELEMAC LTD bivugwa ko yambuye uyu rwiyemezamirimo, na we avuga ko impamvu atishyuye ari uko uyu  Kanyandekwe Fils wakoresheje aba baturage atishyuraga imisoro, amusaba kubanza kuyishyura ngo na we abone kumwishyura yishyure abaturage, gusa akavuga ko mu rwego rwo kuba akemuye ikibazo cy’abaturage yaza akamuha ay’abo baturage akabishyura ibindi bigakurikiranwa nyuma.

At “Abo bakozi abishatse namwishyura nkakuramo imisoro yagombaga gutanga, icyo ntakibazo kirimo, naze muhe amafaranga y’abo baturage hasigare ayo y’imisoro.”

Aba baturage basaba ko aba ba rwiyemezamirimo bakumvikana bakabishyura aho kubasiragiza buri munsi babahanahana.

Bavuga ko bamaze imyaka ibiri barambuwe
Basaba kwishyurwa nta yandi mananiza

Kanyandekwe avuga ko na we yambuwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 6 =

Previous Post

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yakiriye Obasanjo wayoboye Nigeria

Next Post

Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Related Posts

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

by radiotv10
17/07/2025
0

Perezida wa Kenya, William Ruto yakiriye General (Rtd) James Kabarebe nk’Intumwa Idasanzwe ya Perezida Paul Kagame, bagirana ibiganiro byagarutse no...

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

by radiotv10
17/07/2025
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda bakabangamira ibinyabiziga mu bihe byo kwambukiranya umuhanda,...

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

by radiotv10
17/07/2025
0

The Chief Executive Officer of the Rwanda Development Board (RDB), Jean-Guy K. Africa today hosted a high-level courtesy visit from...

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

by radiotv10
17/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwashyizwe u Rwanda na DRC ku rwego rumwe mu biganiro bihuza...

IZIHERUKA

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho
IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

17/07/2025
Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

17/07/2025
Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

17/07/2025
Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

17/07/2025
Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

17/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.