Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana uruhererekane mu kibazo cy’abarenga 150 bakoze imirimo muri Kaminuza y’u Rwanda bakamburwa

radiotv10by radiotv10
25/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana uruhererekane mu kibazo cy’abarenga 150 bakoze imirimo muri Kaminuza y’u Rwanda bakamburwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage 150 bavuga ko bamaze imyaka ibiri bambuwe na Kompanyi yabahaye akazi mu kubaka muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, mu gihe nyiri iyi kompanyi avuga ko na we yambuwe n’indi yari yamuhaye akazi.

Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi bakoreye yitwa METCO Ltd, ihagarariwe n’uwitwa Kanyandekwe Fils batahwemye kwishyuza, ariko imyaka ikaba ibaye ibiri batarishyurwa.

Kwizera Patrick yagize ati “Twakoreye imirimo yo kubaka dusasa amapave muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ishami rya Huye batwambura ukwezi kumwe akazi gahita gahagarara none ubu imyaka ishize irenga ibiri twishyuza twarahebye.”

Uwera Vanessa na we yagize ati “Twishyuza uwadukoresheje waduhaye akazi akatubwira ngo nidutegereze, none kuri ubu amaso yaheze mu kirere. Akazi kahise gahagarara tuzi ko bazatwishyura ntibyakorwa none kuri ubu twirirwa tugenda mu mihanda dushaka abaturenganura tukishyurwa kuko ubukene butumereye nabi.”

Kanyandekwe Fils uhagarariye Kompanyi ya METCO Ltd ari na yo yakoresheje aba baturage avuga ko impamvu batishyuwe ari uko nawe yari afitanye amasezerano n’indi Kompany yitwa ELEMAC Ltd ihagarariwe n’uwitwa Nyirinkwaya Clement nyuma iramwambura abura ayo kwishyura abo bakozi.

Ati “Ishingiro ry’ikibazo ni company yampaye akazi dusinyana amasezerano n’iyo company ntibanyishyura ndishyuza banga kunyishyura, nanjye mumfanshije mwanyishyuriza iyo company nkishyura abakozi.”

Nyirinkwaya Clement uhagarariye Kompanyi ya ELEMAC LTD bivugwa ko yambuye uyu rwiyemezamirimo, na we avuga ko impamvu atishyuye ari uko uyu  Kanyandekwe Fils wakoresheje aba baturage atishyuraga imisoro, amusaba kubanza kuyishyura ngo na we abone kumwishyura yishyure abaturage, gusa akavuga ko mu rwego rwo kuba akemuye ikibazo cy’abaturage yaza akamuha ay’abo baturage akabishyura ibindi bigakurikiranwa nyuma.

At “Abo bakozi abishatse namwishyura nkakuramo imisoro yagombaga gutanga, icyo ntakibazo kirimo, naze muhe amafaranga y’abo baturage hasigare ayo y’imisoro.”

Aba baturage basaba ko aba ba rwiyemezamirimo bakumvikana bakabishyura aho kubasiragiza buri munsi babahanahana.

Bavuga ko bamaze imyaka ibiri barambuwe
Basaba kwishyurwa nta yandi mananiza

Kanyandekwe avuga ko na we yambuwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + thirteen =

Previous Post

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yakiriye Obasanjo wayoboye Nigeria

Next Post

Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.