Abaturage 150 bavuga ko bamaze imyaka ibiri bambuwe na Kompanyi yabahaye akazi mu kubaka muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, mu gihe nyiri iyi kompanyi avuga ko na we yambuwe n’indi yari yamuhaye akazi.
Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi bakoreye yitwa METCO Ltd, ihagarariwe n’uwitwa Kanyandekwe Fils batahwemye kwishyuza, ariko imyaka ikaba ibaye ibiri batarishyurwa.
Kwizera Patrick yagize ati “Twakoreye imirimo yo kubaka dusasa amapave muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ishami rya Huye batwambura ukwezi kumwe akazi gahita gahagarara none ubu imyaka ishize irenga ibiri twishyuza twarahebye.”
Uwera Vanessa na we yagize ati “Twishyuza uwadukoresheje waduhaye akazi akatubwira ngo nidutegereze, none kuri ubu amaso yaheze mu kirere. Akazi kahise gahagarara tuzi ko bazatwishyura ntibyakorwa none kuri ubu twirirwa tugenda mu mihanda dushaka abaturenganura tukishyurwa kuko ubukene butumereye nabi.”
Kanyandekwe Fils uhagarariye Kompanyi ya METCO Ltd ari na yo yakoresheje aba baturage avuga ko impamvu batishyuwe ari uko nawe yari afitanye amasezerano n’indi Kompany yitwa ELEMAC Ltd ihagarariwe n’uwitwa Nyirinkwaya Clement nyuma iramwambura abura ayo kwishyura abo bakozi.
Ati “Ishingiro ry’ikibazo ni company yampaye akazi dusinyana amasezerano n’iyo company ntibanyishyura ndishyuza banga kunyishyura, nanjye mumfanshije mwanyishyuriza iyo company nkishyura abakozi.”
Nyirinkwaya Clement uhagarariye Kompanyi ya ELEMAC LTD bivugwa ko yambuye uyu rwiyemezamirimo, na we avuga ko impamvu atishyuye ari uko uyu Kanyandekwe Fils wakoresheje aba baturage atishyuraga imisoro, amusaba kubanza kuyishyura ngo na we abone kumwishyura yishyure abaturage, gusa akavuga ko mu rwego rwo kuba akemuye ikibazo cy’abaturage yaza akamuha ay’abo baturage akabishyura ibindi bigakurikiranwa nyuma.
At “Abo bakozi abishatse namwishyura nkakuramo imisoro yagombaga gutanga, icyo ntakibazo kirimo, naze muhe amafaranga y’abo baturage hasigare ayo y’imisoro.”
Aba baturage basaba ko aba ba rwiyemezamirimo bakumvikana bakabishyura aho kubasiragiza buri munsi babahanahana.



Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10