Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura abafashamyumvire mu by’ubuhinzi ku bijyanye n’iteganyagihe, uhagarara kandi wari kugirira akamaro benshi.

Ni nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyari cyatanze amahugurwa ku bafashamyumvire batatu muri buri Karere kugira ngo bafashe abahinzi, ariko abadepite bakomeje kugaragaza ko uwo mubare ukiri muto.

Depite Niyorurema Jean René yagize ati “Umushinga wo gufasha abajyanama n’abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye gukoresha amakuru y’ubumenyi bw’ikirere wari mwiza, ariko warangiriye mu Mirenge itatu muri buri Karere. Ese hari gahunda yo guhugura n’indi Mirenge? Harabura iki?”

Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Gahigi Aimable, yavuze ko mu byiciro byahuguwe mbere basanze guhugura abafashamyumvire gusa bidahagije, ari yo mpamvu batangiye gukorana n’imishinga y’ubuhinzi kugira ngo bahugure n’ibindi byiciro bifite aho bihurira n’ubuhinzi.

Ati “Muri uyu mushinga, twigishaga abajyanama b’ubuhinzi gusa, ariko byageze aho basanga bafite ubumenyi buruta ubw’abatubuzi b’imbuto. Ibyo byatezaga imbogamizi, kuko umujyanama w’ubuhinzi yabwiraga umutubizi ko imbuto afite itaberanye n’akarere runaka bitewe n’ubumenyi yari afite. Ni yo mpamvu mu mishinga iri imbere, n’ibindi byiciro bitarahuguwe bizajya biteganywa kugira ngo bagendane.”

Mu mwaka wa 2023, ni bwo Meteo Rwanda yatangije gahunda yo guhugura abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye imihindagurikire y’ibihe. Gusa icyo gihe, bahuguye abafashamyumvire batatu gusa muri buri Karere kubera kubura amikoro yo guhugura benshi kugira ngo bakwire abahinzi bose mu Gihugu.

Kabengera Sylvestre, umwe mu bafashamyumvire mu bahinzi bo mu Karere ka Bugesera, avuga ko yagize amahirwe yo guhugurwa na Meteo Rwanda ku bijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ariko ko bakiri bacye cyane ku buryo batagera ku bahinzi bose.

Ati “Icyo tunenga Meteo ni uko badahozaho. Twakagombye guhugurwa buri mwaka kuko ibihe bigenda bihindagurika. Twakagombye kugendana n’ibihe, kandi tugahugurwa turi benshi, kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku bahinzi bose tukagirana ibiganiro. Kuvuga ngo mu mirenge 15 bahuguyemo abaturuka mu mirenge itatu gusa, ni nko kuvuga igitonyanga mu nyanja.”

Myasiro Anasthase, utuye mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera, avuga ko mu buhinzi bwabo batabona ubufasha bubafasha gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe. Avuga ko ibyo bishobora kubagiraho ingaruka zituma barumbya cyangwa imyaka yabo ikangirika bitewe n’imyuzure.

Ati “Ibyo gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe tubifata nko kubona uko igihe kigenze, ariko nta makuru tugira, nta byo tuba tuzi.”

Amakuru ku bumenyi bw’ikirere, ni kimwe mu bishobora gufasha abahinzi kubona umusaruro ufatika, kuko ari yo baheraho bamenya uko bagomba kwitwara muri uyu mwuga wabo ufatiye runini benshi mu Rwanda.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Next Post

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Related Posts

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

11/11/2025
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.