Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura abafashamyumvire mu by’ubuhinzi ku bijyanye n’iteganyagihe, uhagarara kandi wari kugirira akamaro benshi.

Ni nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyari cyatanze amahugurwa ku bafashamyumvire batatu muri buri Karere kugira ngo bafashe abahinzi, ariko abadepite bakomeje kugaragaza ko uwo mubare ukiri muto.

Depite Niyorurema Jean René yagize ati “Umushinga wo gufasha abajyanama n’abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye gukoresha amakuru y’ubumenyi bw’ikirere wari mwiza, ariko warangiriye mu Mirenge itatu muri buri Karere. Ese hari gahunda yo guhugura n’indi Mirenge? Harabura iki?”

Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Gahigi Aimable, yavuze ko mu byiciro byahuguwe mbere basanze guhugura abafashamyumvire gusa bidahagije, ari yo mpamvu batangiye gukorana n’imishinga y’ubuhinzi kugira ngo bahugure n’ibindi byiciro bifite aho bihurira n’ubuhinzi.

Ati “Muri uyu mushinga, twigishaga abajyanama b’ubuhinzi gusa, ariko byageze aho basanga bafite ubumenyi buruta ubw’abatubuzi b’imbuto. Ibyo byatezaga imbogamizi, kuko umujyanama w’ubuhinzi yabwiraga umutubizi ko imbuto afite itaberanye n’akarere runaka bitewe n’ubumenyi yari afite. Ni yo mpamvu mu mishinga iri imbere, n’ibindi byiciro bitarahuguwe bizajya biteganywa kugira ngo bagendane.”

Mu mwaka wa 2023, ni bwo Meteo Rwanda yatangije gahunda yo guhugura abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye imihindagurikire y’ibihe. Gusa icyo gihe, bahuguye abafashamyumvire batatu gusa muri buri Karere kubera kubura amikoro yo guhugura benshi kugira ngo bakwire abahinzi bose mu Gihugu.

Kabengera Sylvestre, umwe mu bafashamyumvire mu bahinzi bo mu Karere ka Bugesera, avuga ko yagize amahirwe yo guhugurwa na Meteo Rwanda ku bijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ariko ko bakiri bacye cyane ku buryo batagera ku bahinzi bose.

Ati “Icyo tunenga Meteo ni uko badahozaho. Twakagombye guhugurwa buri mwaka kuko ibihe bigenda bihindagurika. Twakagombye kugendana n’ibihe, kandi tugahugurwa turi benshi, kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku bahinzi bose tukagirana ibiganiro. Kuvuga ngo mu mirenge 15 bahuguyemo abaturuka mu mirenge itatu gusa, ni nko kuvuga igitonyanga mu nyanja.”

Myasiro Anasthase, utuye mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera, avuga ko mu buhinzi bwabo batabona ubufasha bubafasha gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe. Avuga ko ibyo bishobora kubagiraho ingaruka zituma barumbya cyangwa imyaka yabo ikangirika bitewe n’imyuzure.

Ati “Ibyo gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe tubifata nko kubona uko igihe kigenze, ariko nta makuru tugira, nta byo tuba tuzi.”

Amakuru ku bumenyi bw’ikirere, ni kimwe mu bishobora gufasha abahinzi kubona umusaruro ufatika, kuko ari yo baheraho bamenya uko bagomba kwitwara muri uyu mwuga wabo ufatiye runini benshi mu Rwanda.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 5 =

Previous Post

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Next Post

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.