• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura abafashamyumvire mu by’ubuhinzi ku bijyanye n’iteganyagihe, uhagarara kandi wari kugirira akamaro benshi.

Ni nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyari cyatanze amahugurwa ku bafashamyumvire batatu muri buri Karere kugira ngo bafashe abahinzi, ariko abadepite bakomeje kugaragaza ko uwo mubare ukiri muto.

Depite Niyorurema Jean René yagize ati “Umushinga wo gufasha abajyanama n’abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye gukoresha amakuru y’ubumenyi bw’ikirere wari mwiza, ariko warangiriye mu Mirenge itatu muri buri Karere. Ese hari gahunda yo guhugura n’indi Mirenge? Harabura iki?”

Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Gahigi Aimable, yavuze ko mu byiciro byahuguwe mbere basanze guhugura abafashamyumvire gusa bidahagije, ari yo mpamvu batangiye gukorana n’imishinga y’ubuhinzi kugira ngo bahugure n’ibindi byiciro bifite aho bihurira n’ubuhinzi.

Ati “Muri uyu mushinga, twigishaga abajyanama b’ubuhinzi gusa, ariko byageze aho basanga bafite ubumenyi buruta ubw’abatubuzi b’imbuto. Ibyo byatezaga imbogamizi, kuko umujyanama w’ubuhinzi yabwiraga umutubizi ko imbuto afite itaberanye n’akarere runaka bitewe n’ubumenyi yari afite. Ni yo mpamvu mu mishinga iri imbere, n’ibindi byiciro bitarahuguwe bizajya biteganywa kugira ngo bagendane.”

Mu mwaka wa 2023, ni bwo Meteo Rwanda yatangije gahunda yo guhugura abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye imihindagurikire y’ibihe. Gusa icyo gihe, bahuguye abafashamyumvire batatu gusa muri buri Karere kubera kubura amikoro yo guhugura benshi kugira ngo bakwire abahinzi bose mu Gihugu.

Kabengera Sylvestre, umwe mu bafashamyumvire mu bahinzi bo mu Karere ka Bugesera, avuga ko yagize amahirwe yo guhugurwa na Meteo Rwanda ku bijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ariko ko bakiri bacye cyane ku buryo batagera ku bahinzi bose.

Ati “Icyo tunenga Meteo ni uko badahozaho. Twakagombye guhugurwa buri mwaka kuko ibihe bigenda bihindagurika. Twakagombye kugendana n’ibihe, kandi tugahugurwa turi benshi, kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku bahinzi bose tukagirana ibiganiro. Kuvuga ngo mu mirenge 15 bahuguyemo abaturuka mu mirenge itatu gusa, ni nko kuvuga igitonyanga mu nyanja.”

Myasiro Anasthase, utuye mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera, avuga ko mu buhinzi bwabo batabona ubufasha bubafasha gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe. Avuga ko ibyo bishobora kubagiraho ingaruka zituma barumbya cyangwa imyaka yabo ikangirika bitewe n’imyuzure.

Ati “Ibyo gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe tubifata nko kubona uko igihe kigenze, ariko nta makuru tugira, nta byo tuba tuzi.”

Amakuru ku bumenyi bw’ikirere, ni kimwe mu bishobora gufasha abahinzi kubona umusaruro ufatika, kuko ari yo baheraho bamenya uko bagomba kwitwara muri uyu mwuga wabo ufatiye runini benshi mu Rwanda.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − one =

Previous Post

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Next Post

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.