Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura abafashamyumvire mu by’ubuhinzi ku bijyanye n’iteganyagihe, uhagarara kandi wari kugirira akamaro benshi.

Ni nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyari cyatanze amahugurwa ku bafashamyumvire batatu muri buri Karere kugira ngo bafashe abahinzi, ariko abadepite bakomeje kugaragaza ko uwo mubare ukiri muto.

Depite Niyorurema Jean René yagize ati “Umushinga wo gufasha abajyanama n’abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye gukoresha amakuru y’ubumenyi bw’ikirere wari mwiza, ariko warangiriye mu Mirenge itatu muri buri Karere. Ese hari gahunda yo guhugura n’indi Mirenge? Harabura iki?”

Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda, Gahigi Aimable, yavuze ko mu byiciro byahuguwe mbere basanze guhugura abafashamyumvire gusa bidahagije, ari yo mpamvu batangiye gukorana n’imishinga y’ubuhinzi kugira ngo bahugure n’ibindi byiciro bifite aho bihurira n’ubuhinzi.

Ati “Muri uyu mushinga, twigishaga abajyanama b’ubuhinzi gusa, ariko byageze aho basanga bafite ubumenyi buruta ubw’abatubuzi b’imbuto. Ibyo byatezaga imbogamizi, kuko umujyanama w’ubuhinzi yabwiraga umutubizi ko imbuto afite itaberanye n’akarere runaka bitewe n’ubumenyi yari afite. Ni yo mpamvu mu mishinga iri imbere, n’ibindi byiciro bitarahuguwe bizajya biteganywa kugira ngo bagendane.”

Mu mwaka wa 2023, ni bwo Meteo Rwanda yatangije gahunda yo guhugura abafashamyumvire mu buhinzi kugira ngo bamenye imihindagurikire y’ibihe. Gusa icyo gihe, bahuguye abafashamyumvire batatu gusa muri buri Karere kubera kubura amikoro yo guhugura benshi kugira ngo bakwire abahinzi bose mu Gihugu.

Kabengera Sylvestre, umwe mu bafashamyumvire mu bahinzi bo mu Karere ka Bugesera, avuga ko yagize amahirwe yo guhugurwa na Meteo Rwanda ku bijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ariko ko bakiri bacye cyane ku buryo batagera ku bahinzi bose.

Ati “Icyo tunenga Meteo ni uko badahozaho. Twakagombye guhugurwa buri mwaka kuko ibihe bigenda bihindagurika. Twakagombye kugendana n’ibihe, kandi tugahugurwa turi benshi, kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku bahinzi bose tukagirana ibiganiro. Kuvuga ngo mu mirenge 15 bahuguyemo abaturuka mu mirenge itatu gusa, ni nko kuvuga igitonyanga mu nyanja.”

Myasiro Anasthase, utuye mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera, avuga ko mu buhinzi bwabo batabona ubufasha bubafasha gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe. Avuga ko ibyo bishobora kubagiraho ingaruka zituma barumbya cyangwa imyaka yabo ikangirika bitewe n’imyuzure.

Ati “Ibyo gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe tubifata nko kubona uko igihe kigenze, ariko nta makuru tugira, nta byo tuba tuzi.”

Amakuru ku bumenyi bw’ikirere, ni kimwe mu bishobora gufasha abahinzi kubona umusaruro ufatika, kuko ari yo baheraho bamenya uko bagomba kwitwara muri uyu mwuga wabo ufatiye runini benshi mu Rwanda.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + nineteen =

Previous Post

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Next Post

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.