Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashobora kuza n’ibindi-Rutangarwamaboko ngo indagu zamweretse ko hagati y’u Rwanda na Uganda hakirimo urwijiji

radiotv10by radiotv10
07/02/2022
in MU RWANDA
0
Hashobora kuza n’ibindi-Rutangarwamaboko ngo indagu zamweretse ko hagati y’u Rwanda na Uganda hakirimo urwijiji
Share on FacebookShare on Twitter

Umupfumu Rutangarwamaboko wiyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, avuga ko hari ibyo indagu zamweretse hagati y’u Rwanda na Uganda kuko nubwo umupaka wa Gatuna wafunguwe ariko mu mubano w’ibi Bihugu byombi hakirimo urwijiji [urunturuntu].

Rutangarwamaboko ukunda kuvuga ko u Rwanda rushinze imizi ku Bazimu n’abakurambere, avuga ko nyuma yo kubona ko u Rwanda rufitanye ibibazo n’Ibihugu by’ibituranyi, Imandwa zamutegetse gutura igitambo cy’umuterekero cyo guzabira Igihugu kugira ngo ibyo bibazo byeyuke.

Mu kiganiro yagiranye na YouRube Channel ya Primo Media Rwanda, asubiramo isengesho yasengeye u Rwanda, Rutangarwamaboko avuga ko icyo gitambo cyapfuye ariko hazamo ikimenyetso.

Ati “Tugize umugisha ubona ko hajemo akantu k’akeyuko hagati y’u Rwanda na Uganda.

Avuga ko icyo gitambo yagitanze mbere y’uko Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufungurwa ndetse na mbere y’uko Guverinoma y’u Rwanda ishyira hanze itangazo ritangaza iby’ifungurwa ry’uyu mupaka.

Ati “Icyo gihe narababwiye nti ‘nubwo bimeze gutya, nubwo dutambye iki gitambo, nubwo dusabye hakaba hagiye kuba akeyuko ariko haracyarimo urwijiji’.”

Avuga ko mu ndagu ze yabonye mu mubano w’u Rwanda na Uganda hakirimo urwijiji [urunturuntu].

Ati “Ni ukuvuga ko ibintu bitakemutse ngo bibaye neza, ahubwo abantu bitege ko hashobora kuza n’ibindi, mbibabwiye nk’Imandwa nkuru.”

Akomeza agira ati “Indagu zagaragaje ko nubwo hari ibyeyutse ariko urwijiji, haracyarimo intambara, haracyarimo induru.”

Avuga kandi ko uru rwijiji rugaragazwa n’ibyatangajwe n’Ubuyobozi bw’u Rwanda ko nubwo Umupaka wa Gatuna ufunguwe ariko bitavuze ko ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi, bikemutse ahubwo ko abantu bakwiye kwitondera kujya muri iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

AMAFOTO: Ibihe bitazibagirana mu Rwanda- Abanyabigwi muri ruhago y’Isi batembereye muri Nyungwe

Next Post

Umusore w’ibigango n’umunyamideli Keza bamaze iminsi bagaragaza ko bimariranyemo ngo urukundo rwabo rwararangiye

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango n’umunyamideli Keza bamaze iminsi bagaragaza ko bimariranyemo ngo urukundo rwabo rwararangiye

Umusore w’ibigango n’umunyamideli Keza bamaze iminsi bagaragaza ko bimariranyemo ngo urukundo rwabo rwararangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.