Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashobora kuza n’ibindi-Rutangarwamaboko ngo indagu zamweretse ko hagati y’u Rwanda na Uganda hakirimo urwijiji

radiotv10by radiotv10
07/02/2022
in MU RWANDA
0
Hashobora kuza n’ibindi-Rutangarwamaboko ngo indagu zamweretse ko hagati y’u Rwanda na Uganda hakirimo urwijiji
Share on FacebookShare on Twitter

Umupfumu Rutangarwamaboko wiyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, avuga ko hari ibyo indagu zamweretse hagati y’u Rwanda na Uganda kuko nubwo umupaka wa Gatuna wafunguwe ariko mu mubano w’ibi Bihugu byombi hakirimo urwijiji [urunturuntu].

Rutangarwamaboko ukunda kuvuga ko u Rwanda rushinze imizi ku Bazimu n’abakurambere, avuga ko nyuma yo kubona ko u Rwanda rufitanye ibibazo n’Ibihugu by’ibituranyi, Imandwa zamutegetse gutura igitambo cy’umuterekero cyo guzabira Igihugu kugira ngo ibyo bibazo byeyuke.

Mu kiganiro yagiranye na YouRube Channel ya Primo Media Rwanda, asubiramo isengesho yasengeye u Rwanda, Rutangarwamaboko avuga ko icyo gitambo cyapfuye ariko hazamo ikimenyetso.

Ati “Tugize umugisha ubona ko hajemo akantu k’akeyuko hagati y’u Rwanda na Uganda.

Avuga ko icyo gitambo yagitanze mbere y’uko Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufungurwa ndetse na mbere y’uko Guverinoma y’u Rwanda ishyira hanze itangazo ritangaza iby’ifungurwa ry’uyu mupaka.

Ati “Icyo gihe narababwiye nti ‘nubwo bimeze gutya, nubwo dutambye iki gitambo, nubwo dusabye hakaba hagiye kuba akeyuko ariko haracyarimo urwijiji’.”

Avuga ko mu ndagu ze yabonye mu mubano w’u Rwanda na Uganda hakirimo urwijiji [urunturuntu].

Ati “Ni ukuvuga ko ibintu bitakemutse ngo bibaye neza, ahubwo abantu bitege ko hashobora kuza n’ibindi, mbibabwiye nk’Imandwa nkuru.”

Akomeza agira ati “Indagu zagaragaje ko nubwo hari ibyeyutse ariko urwijiji, haracyarimo intambara, haracyarimo induru.”

Avuga kandi ko uru rwijiji rugaragazwa n’ibyatangajwe n’Ubuyobozi bw’u Rwanda ko nubwo Umupaka wa Gatuna ufunguwe ariko bitavuze ko ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi, bikemutse ahubwo ko abantu bakwiye kwitondera kujya muri iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − two =

Previous Post

AMAFOTO: Ibihe bitazibagirana mu Rwanda- Abanyabigwi muri ruhago y’Isi batembereye muri Nyungwe

Next Post

Umusore w’ibigango n’umunyamideli Keza bamaze iminsi bagaragaza ko bimariranyemo ngo urukundo rwabo rwararangiye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango n’umunyamideli Keza bamaze iminsi bagaragaza ko bimariranyemo ngo urukundo rwabo rwararangiye

Umusore w’ibigango n’umunyamideli Keza bamaze iminsi bagaragaza ko bimariranyemo ngo urukundo rwabo rwararangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.