Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe amashusho yerekana ubugome ndengakamere bwa FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Hagaragajwe amashusho ya bimwe mu bikorwa bihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu by’igisirikare cya DRC, agaragaza bamwe mu basirikare b’iki Gihugu baboshye abo bashinja gukorana na M23, banabambuye imyenda, aho bivugwa ko byabereye i Kisangani.

Aya mashusho yasangijwe bwa kabiri (repost) n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka ayakuye kuri Konti y’uwitwa Shyamba B. Claude, agaragaza hari abantu baryamishijwe hasi bababoheye amaboko inyuma, bigaragara ko babanegekaje, ndetse n’abasirikare ba FARDC bari aho.

Uyu Shyamba B. Claude washyize aya mashusho ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yashyizeho ubutumwa agira ati “Ntuzigera ubona HRW (Human Rights Watch), Reuters na BBC bamagana ibi byaha by’intambara bya FARDC. Ese murabona ibi ari imikino iri muri Kisangani?”

Ni nyuma yuko uyu Muryango HRW ndetse n’ibi bitangazamakuru mpuzamahanga bimaze iminsi bitangaza amakuru ashinja Ihuriro AFC/M23 kubangamira uburenganzira bwa muntu.

Uyu muryango HRW uvuga ko uharanira uburenganzira bwa muntu kandi, uherutse kongera kuzamura ibirego by’ibinyoma ko ingabo z’u Rwanda zifasha abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, ibintu u Rwanda rwahakanye kuva cyera.

Mu nyandiko uyu muryango uherutse gushyira hanze, wanashyize hanze ifoto uvuga ko ari irimbi ry’igisirikare cy’u Rwanda, ukavuga ko hari abasirikare benshi b’iki Gihugu ngo baguye muri Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, anyomoza ibyari byatangajwe n’uyu muryango, yavuze ko bibabaje kuba HRW ivuga ko iharanira uburenganzira bwa muntu, itandukira ikajya mu bitayireba kandi bihabanye n’ukuri, aho gutabariza Abanyekongo bakomeje kwicwa ijoro n’amanywa, mu bikorwa n’ubundi biriho bikorwa na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR yashinzwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Mu butumwa bwa Yolande Makolo, yagize ati “Kuki iri koranabuhanga mutarikoresha mugaragaza ibisasu bikomeje kuraswa mu bice by’Abanyamulenge bikorwa na FARDC, no kwerekana abasirikare ibihumbi n’ibihumbi b’u Burundi bambukiranya umupaka bajya muri Kivu y’Epfo gufasha FARDC n’inyeshyamba zikora amarorerwa za Wazalendo, bari kwica abasivile?”

Imiryango mpuzamahanga yakunze kunengwa gutera umugongo ubwicanyi bwakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bihora bikorwa n’igisirikare cya Congo (FARDC).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Next Post

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Umusore yatawe muri yombi nyuma yo kwangiza amafaranga y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.