Leta Zunze Ubumwe za America zashyize hanze inyandiko ikubiyemo amasezerano y’iki Gihugu na Iran yo kurangiza intambara, agizwe n’ingingo 14 zirimo izivuga ko Ibihugu byombi byemeranyijwe kubaha ubusugire bwa buri kimwe no kutivanga mu bibazo by’ikindi.
Iyi nyandiko yagiye hanze kuri uyu wa Kane, agaragaza ibyo buri ruhande rwiyemeje gushyira mu bikorwa bigamije kugera ku masezerano ya nyuma agomba gusinywa mu minsi 60 iri imbere, ndetse no ku bijyanye n’ifungurwa ry’umuhora wa Hormuz no kuba America izakuraho ibihanor Iran.
Muri izi ngingo 14 zikubiye muri aya masezerano, iya mbere ivuga ko “Leta Zunze Ubumwe za America na Repubulika ya Kiyisilamu ya Iran n’abafatanyakorwa babo mu ntambara iriho ubu, bashyize umukono kuri aya masezerano, batangaza guhagarika ibikorwa bya gisirikare byihuse kandi burundu ku mpande zose, harimo no muri Liban, kandi kuva ubu biyemeje kutazana intambara cyangwa ibikorwa bya gisirikare, no kwirinda guterana iterabwoba cyangwa gukoresha imbaraga hagati yabo, no kwemeza ubusugire bw’ubutaka n’ubusugire bwa Liban. Amasezerano ya nyuma azemeza ihagarikwa ry’intambara burundu ku mpande zose, harimo no muri Liban n’izindi ngingo z’iki gika.”
Nanone kandi mu ngingo ya kabiri ibi Bihugu byombi byiyemeje kubaha ubusugire n’ubudahangarwa bya buri wese, no kwirinda kwivanga mu bibazo by’imbere kuri buri ruhande.
Mu ngingo ya gatatu, ibi Bihugu byanemeranyijwe kugera ku masezerano ya nyuma mu minsi 60 iri imbere, ishobora kongerwa igihe impande zombi zabyumvikanaho.
Nyuma yo gusinya aya masezerano, Leta Zunze Ubumwe za America zizatangira gukuraho ibikorwa bya gisirikare byo mu mazi n’ahandi hose. Nanone kandi impande zombi zizahagarika burundu imipaka yashyizwe mu mazi mu minsi 30. Muri iki gihe, urujya n’uruza rw’amato ruzaba rungana n’umubare w’ingendo zakorwaga mbere y’intambara. Leta Zunze Ubumwe za America ziyemeje kandi gukura ingabo zayo hafi ya Repubulika ya Irani mu minsi 30 nyuma y’amasezerano ya nyuma.
Ingingo ya gatanu, ivuga ko “Nyuma yo gusinya aya masezerano, Repubulika ya Irani izashyiraho gahunda ikoresheje imbaraga zayo zose kugira ngo amato y’ubucuruzi anyure nta nkomyi kandi nta kiguzi mu minsi 60, kuva mu kigobe cya Perse kugera ku Nyanja ya Oman gusa n’ibindi. Urujya n’uruza rw’amato y’ubucuruzi ruzahita rutangira, kandi harebwa ko hakenewe gukuraho inzitizi za gisirikare no gusenya ibisasu bya mine bikozwe Repubulika ya Iran, mu minsi 30. Repubulika ya Iran izakora ibiganiro n’u Busuwisi bwa Oman kugira ngo hamenyekane imiyoborere n’ibikorwa byo mu mazi mu kigobe cya Hormuz.”
Muri aya masezerano kandi Leta Zunze Ubumwe za America ziyemeje n’abafatanyabikorwa bo mu karere gutegura imishinga yumvikanyweho, ifite agaciro nibura ka miliyari 300 z’amadolari yo kubaka no guteza imbere ubukungu bwa Repubulika ya Iran.
RADIOTV10





