Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, akekwaho umugambi wo gushaka kwivugana Umukuru w’Igihugu, ndetse ko mu mabazwa yakorewe uyu Mujenerali atigeze abihakana.

Hari hamaze iminsi havugwa amakuru ko Lieutenant-Général Christian Tshiwewe na bamwe mu bajenerali muri FARDC batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi bwa gisirikare muri Congo, ndetse havugwa ko bari mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi buriho.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko Augustin Kabuya, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka rya UPDS rya Perezida Tshisekedi, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2025, yatangaje ko uyu wahoze ari Umugaba Mukuru wa FARDC akekwaho umugambi wo gushaka kwivugana Perezida Félix Tshisekedi.

Yagize ati “Umunsi hatabwaga muri yombi uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo Christian Tshiwewe, nabonye abantu bavuga ngo: murabona hatangiye gufungwa abajenerali bo mu muryango umwe. Mwumve neza, none se ubwo Perezida Félix Tshisekedi yazamuraga abajenerali, yabikoraga mu izina ry’imiryango bakomokamo? Ariko imvugo nk’izo zituruka he? Ikigaragara abantu ntabwo babona uburemere bw’iki kibazo, ni gute umuntu yicara akavuga ibintu nk’ibyo nyuma y’ibyo we n’abambari be bagerageje kwica umuntu, umubyeyi w’umuryango, umubyeyi mukuru, w’urwego rwa mbere mu Gihugu?

Augustin Kabuya, yavuze ko mu mabazwa yakorewe General Christian Tshiwewe, imbere y’inzego z’umutekano, atigeze ahakana uyu mugambi akekwaho.

Ati “Ni ukuvuga ko na we ubwe yicaye akiyemeza ko agiye kumwica. Yewe na mbere yo kwica inkoko, wari ukwiye no kubanza ukabitekerezaho, none abantu bose tumuri inyuma, ntibategekereza uko bazivana muri ako kaga? Ese tuzabakomera amashyi?”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRC, Lieutenant-Général Jules Banza Mwilambwe, mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yagarukaga ku Bajenerali baherutse gutabwa muri yombi, yavuze ko bitagizwemo uruhare n’ubutabera bwa Gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Next Post

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.