Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in MU RWANDA
0
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse igisasu cyo mu bwoko bwa grenade, cyahise gitegurwa kikanakurwaho ntawe kigizeho ingaruka.

Iki gisasu cyabonetse hafi y’Urwunge rw’Amashuri (G.S/Groupe Scolaire) rwa Kayanga, mu Mudugudu wa Kigabiro mu Kagari ka Kigabiro muri uriya Murenge wa Rutunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yemeje aya makuru, avuga ko iby’iki gisasu byamenyekanye ubwo abaturage batangaga amakuru bavuga ko hari Grenade ibonetse mu murima wo muri kariya gace.

Yavuze ko cyabanje kubonwa n’abaturage bariho batashya inkwi, ariko ko kitari kiri mu butaka. Ati “Byagaragaraga ko cyarengewe n’ibyatsi ariko ukurikije uko hameze ni icya cyera.”

Ati “Polisi dufatanyije n’izindi nzego twagezeyo koko dusanga ni igisasu, ubwo icyakurikiyeho ni uburyo bwo kugitegura dufatanyije na Engineering Brigade ya gisirikare.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko iki gisasu cyahakuwe neza. Ati “Ntawe cyangije, ntawakomeretse cyangwa se ngo ahaburire ubuzima. Byagenze neza.”

Avuga ko iki gisasu ari kimwe mu byagiye bisigara mu bice binyuranye mu Gihugu kubera amateka y’Igihugu cy’u Rwanda cyanyuze mu bibazo bya Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe n’abarimo igisirikare cya Leta ya cyera, cyagendaga kinatega ibisasu mu bice bitandukanye.

Ati “Ni ibisasu biba byaragiye bitakara hirya no hino cyera, ngira ngo nk’uko muzi amateka y’Igihugu cyacu, Igihugu kiba cyarabayemo intambara, kuba rero hari ibisasu biba byaragiye bitakara hirya no hino, ntabwo byaba bitangaje, n’iki rero ni ko byagenze.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko ibi bigaragazwa no kuba kiriya gisasu cyari cyarashaje cyane, bikaba bigaragara ko ari icyo muri ibyo bihe.

Avuga ko bitewe n’ariya mateka u Rwanda rwanyuzemo, bishoboka ko hari ahakiri ibisasu nk’ibi, bityo ko aho bishobora kuboneka, abantu badakwiye gukuka umutima bumva ko bihungabanyije umutekano.

Ati “Ahubwo abaturage tubagira inama yo kugira amakenga mu gihe babonye ikintu batazi cyane cyane kiganisha mu kuba cyaba igisasu, kuko abaturage b’u Rwanda tunashimira ko bagira amakenga iyo babonye ikintu nk’icyo, bakomeze rero ugize icyo abona agire amakenga yo kuba yagikinsha cyangwa yagikoraho, ahubwo ahite ahamagara inzego z’umutekano kugira ngo zigikureho.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko ahenshi haboneka ibisasu mu bice binyuranye by’Igihugu, abaturage baba babigizemo uruhare, akabasaba gukomereza aho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Next Post

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n'umweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.