Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu abanyamagare n’abamotari bahawe umwihariko muri ‘GerayoAmahoro’

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu abanyamagare n’abamotari bahawe umwihariko muri ‘GerayoAmahoro’
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ivuga ko umubare munini w’impanuka zo mu muhanda zabaye mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, zagizwemo uruhare n’abatwara moto n’amagare, akaba ari yo mpamvu ibi byiciro byahawe umwihariko mu bukangurambaga bwo kwirinda impanuka buzwi nka ‘Gerayo Amahoro’.

Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, rivuga ko hafi 53% by’impanuka zo mu muhanda zabaye mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, zaturutse ku batwara moto n’amagare.

Muri ayo mezi atandatu, hakaba harabaye impanuka 2 322 zabaye bigizwemo uruhare n’ababaga batwaye moto, zikaba zaraguyemo abantu 98, zikomeresta abandi 46.

Ni impanuka zabayeho mu gihe kandi Polisi y’u Rwanda imaze igihe iri mu bukangurambaga bwiswe ‘Gerayo Amahoro’ bwo gushishikariza abatwara ibinyabiziga n’abandi bose bakoresha umuhanda, kwirinda amakosa yateza impanuka.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023, hatangijwe ubukangurambaga bwihariye, aho Abapolisi bazajya mu bice binyuranye by’Igihugu, batanga ubutumwa bwibutsa abatwara moto n’amagare, kwirinda ibyateza impanuka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze impamvu y’ubu bukangurambaga bwihariye.

Yagzie ati “Bitewe n’umubare munini w’impanuka zo mu muhanda zagiye zigirwamo uruhare n’abatwara moto ndetse n’amagare, byasabye ko habaho ubukangurambaga bwihariye bugamije kwibutsa ibi byiciro by’abakoresha umuhanda, kwirinda amakosa ateza izo mpanuka zitwara ubuzima bw’abantu zikangiza n’ibikorwaremezo.”

Yagaragaje amwe mu makosa akorwa n’abo muri ibi byiciro, nko kugendera ku muvuduka ukabije bigaragara ku batwara moto, ndetse n’abanyamagare bakunze kugenda bafata ku makamyo, ndetse n’abatwara imizigo irenze ubushobozi bwa moto cyangwa amagare.

Hari kandi kuba abanyamagare batwara mu masaha y’ijoro kandi batabyemerewe, no gutwara banyoye ibisindisha ndetse n’abatajya bubahiriza ibimenyetso byo mu muhanda.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko Umujyi wa Kigali uza ku mwanya wa Mbere mu kugira umubare munini w’impanuka mu zabaye hagati ya Mutarama na Kamena, hagakurikiraho Intara y’Amajyepfo.

Ku mwanya wa Gatatu haza Intara y’Amajyaruguru, ikurikirwa n’Intara y’Iburasirazuba mu gihe Intara y’Iburengerazuba ari yo yagize umubare muto w’impanuka muri icyo gihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 7 =

Previous Post

Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Next Post

Nigeria: Hatangiye gusuzumwa ikirego gishobora kuzafatwamo icyemezo cy’amateka

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Hatangiye gusuzumwa ikirego gishobora kuzafatwamo icyemezo cy’amateka

Nigeria: Hatangiye gusuzumwa ikirego gishobora kuzafatwamo icyemezo cy’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.