Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu abanyamagare n’abamotari bahawe umwihariko muri ‘GerayoAmahoro’

radiotv10by radiotv10
06/09/2023
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu abanyamagare n’abamotari bahawe umwihariko muri ‘GerayoAmahoro’
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ivuga ko umubare munini w’impanuka zo mu muhanda zabaye mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, zagizwemo uruhare n’abatwara moto n’amagare, akaba ari yo mpamvu ibi byiciro byahawe umwihariko mu bukangurambaga bwo kwirinda impanuka buzwi nka ‘Gerayo Amahoro’.

Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, rivuga ko hafi 53% by’impanuka zo mu muhanda zabaye mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, zaturutse ku batwara moto n’amagare.

Muri ayo mezi atandatu, hakaba harabaye impanuka 2 322 zabaye bigizwemo uruhare n’ababaga batwaye moto, zikaba zaraguyemo abantu 98, zikomeresta abandi 46.

Ni impanuka zabayeho mu gihe kandi Polisi y’u Rwanda imaze igihe iri mu bukangurambaga bwiswe ‘Gerayo Amahoro’ bwo gushishikariza abatwara ibinyabiziga n’abandi bose bakoresha umuhanda, kwirinda amakosa yateza impanuka.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nzeri 2023, hatangijwe ubukangurambaga bwihariye, aho Abapolisi bazajya mu bice binyuranye by’Igihugu, batanga ubutumwa bwibutsa abatwara moto n’amagare, kwirinda ibyateza impanuka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze impamvu y’ubu bukangurambaga bwihariye.

Yagzie ati “Bitewe n’umubare munini w’impanuka zo mu muhanda zagiye zigirwamo uruhare n’abatwara moto ndetse n’amagare, byasabye ko habaho ubukangurambaga bwihariye bugamije kwibutsa ibi byiciro by’abakoresha umuhanda, kwirinda amakosa ateza izo mpanuka zitwara ubuzima bw’abantu zikangiza n’ibikorwaremezo.”

Yagaragaje amwe mu makosa akorwa n’abo muri ibi byiciro, nko kugendera ku muvuduka ukabije bigaragara ku batwara moto, ndetse n’abanyamagare bakunze kugenda bafata ku makamyo, ndetse n’abatwara imizigo irenze ubushobozi bwa moto cyangwa amagare.

Hari kandi kuba abanyamagare batwara mu masaha y’ijoro kandi batabyemerewe, no gutwara banyoye ibisindisha ndetse n’abatajya bubahiriza ibimenyetso byo mu muhanda.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko Umujyi wa Kigali uza ku mwanya wa Mbere mu kugira umubare munini w’impanuka mu zabaye hagati ya Mutarama na Kamena, hagakurikiraho Intara y’Amajyepfo.

Ku mwanya wa Gatatu haza Intara y’Amajyaruguru, ikurikirwa n’Intara y’Iburasirazuba mu gihe Intara y’Iburengerazuba ari yo yagize umubare muto w’impanuka muri icyo gihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + five =

Previous Post

Icyatumye Perezida wa America yongera kugaragara yambaye agapfukamunwa cyatangajwe

Next Post

Nigeria: Hatangiye gusuzumwa ikirego gishobora kuzafatwamo icyemezo cy’amateka

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Hatangiye gusuzumwa ikirego gishobora kuzafatwamo icyemezo cy’amateka

Nigeria: Hatangiye gusuzumwa ikirego gishobora kuzafatwamo icyemezo cy’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.