Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Hasobanuwe impamvu Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique yabaye ifunzwe

radiotv10by radiotv10
06/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: Hasobanuwe impamvu Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique yabaye ifunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Ibiro bya Ambasade muri Mozambique, byafunzwe mu gihe cy’iminsi ibiri, kubera ibikorwa by’imyigaragambyo iteganyijwe i Maputo ishobora kwibasira Abanyarwanda.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024.

Ni nyuma yuko i Maputo muri Mozambique, hamaze iminsi habera imyigaragambyo yadutse nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na na Daniel Chapo wo mu ishyaka risanzwe ku butegetsi muri iki Gihugu.

Iyi myigaragambyo kandi yatumye hazamurwa amakuru y’ibihuha y’abavuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, zaba zaragiye i Maputo gutanga ubufasha mu guhosha iyi myigaragambyo, ariko u Rwanda rukaba rwarabinyomoje, ndetse binamaganwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na wo wavuze ko nta basirikare b’u Rwanda bari i Maputo.

Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko kubera imyigaragambyo iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 06 no kuri uyu wa Kane tariki 07 Ugushyingo 2024 ishobora kwibasira Abanyarwanda i Maputo, Guverinoma y’u Rwanda yasabye ko Ambasade yaba ifunze muri iyi minsi.

Yagize ati “Twagiriye inama Ambasade yacu hariya i Maputo kuba ifunze muri iyi minsi ibiri, ndetse tukaba twanasabye Ambasaderi wacu kuba agiriye Inama Abanyarwanda cyane cyane abacuruzi ba hariya kudafungura amaduka yabo uyu munsi n’ejo, kuko ngo ejo ni munsi rurangiza ngo wo guhindura ubutegetsi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, avuga kandi ko hari ubutumwa bwagiye bukwirakwizwa n’abanyapolitiki bo muri kiriya Gihugu cya Mozambique, bwibasira Abanyarwanda, ku buryo Abanyarwanda bariya basabwa kwitwararika no gukorana na Ambasade yabo.

Naho kuri ariya makuru yavuzwe ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Maputo, Amb. Nduhungirehe, yagize ati “Icyo ni ikinyoma cyambaye ubusa, cyashyizwe hanze n’abanyapolitiki bo muri Mozambique bashaka gushyira u Rwanda mu bibazo bitarureba.”

Akomeza avuga ko Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique ku butumire bw’iki Gihugu, kandi ko aho zagiye hazwi ari mu Ntara ya Cabo Delgado guhashya ibyihebe, kandi ko ubutumwa bwazijyanye zibugejeje kure kuko amahoro yari yaribagiranye muri ibi bice, yatangiye kugaruka.

Avuga ko umujyi wa Maputo uri mu bilometeri 1 700 uturutse muri Cabo Delgado, ku buryo ibi byo kuba Ingabo zajyayo, ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Aya makuru kandi uretse kuba yarananyomojwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, byanamaganywe na Perezida ucyuye igihe muri Mozambique, Filipe Nyusi ndetse na Minisitiri w’Ingabo muri iki Gihugu.

Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro ya RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Nigeria: Hemejwe urupfu rw’Umugaba w’Ingabo Gen.Taoreed Lagbaja hatangazwa n’icyamuhitanye

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

AMAKURU MASHYA: Umunyamakuru 'Fatakumavuta' yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.