Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Hasobanuwe impamvu Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique yabaye ifunzwe

radiotv10by radiotv10
06/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: Hasobanuwe impamvu Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique yabaye ifunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Ibiro bya Ambasade muri Mozambique, byafunzwe mu gihe cy’iminsi ibiri, kubera ibikorwa by’imyigaragambyo iteganyijwe i Maputo ishobora kwibasira Abanyarwanda.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024.

Ni nyuma yuko i Maputo muri Mozambique, hamaze iminsi habera imyigaragambyo yadutse nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na na Daniel Chapo wo mu ishyaka risanzwe ku butegetsi muri iki Gihugu.

Iyi myigaragambyo kandi yatumye hazamurwa amakuru y’ibihuha y’abavuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, zaba zaragiye i Maputo gutanga ubufasha mu guhosha iyi myigaragambyo, ariko u Rwanda rukaba rwarabinyomoje, ndetse binamaganwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na wo wavuze ko nta basirikare b’u Rwanda bari i Maputo.

Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko kubera imyigaragambyo iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 06 no kuri uyu wa Kane tariki 07 Ugushyingo 2024 ishobora kwibasira Abanyarwanda i Maputo, Guverinoma y’u Rwanda yasabye ko Ambasade yaba ifunze muri iyi minsi.

Yagize ati “Twagiriye inama Ambasade yacu hariya i Maputo kuba ifunze muri iyi minsi ibiri, ndetse tukaba twanasabye Ambasaderi wacu kuba agiriye Inama Abanyarwanda cyane cyane abacuruzi ba hariya kudafungura amaduka yabo uyu munsi n’ejo, kuko ngo ejo ni munsi rurangiza ngo wo guhindura ubutegetsi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, avuga kandi ko hari ubutumwa bwagiye bukwirakwizwa n’abanyapolitiki bo muri kiriya Gihugu cya Mozambique, bwibasira Abanyarwanda, ku buryo Abanyarwanda bariya basabwa kwitwararika no gukorana na Ambasade yabo.

Naho kuri ariya makuru yavuzwe ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Maputo, Amb. Nduhungirehe, yagize ati “Icyo ni ikinyoma cyambaye ubusa, cyashyizwe hanze n’abanyapolitiki bo muri Mozambique bashaka gushyira u Rwanda mu bibazo bitarureba.”

Akomeza avuga ko Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique ku butumire bw’iki Gihugu, kandi ko aho zagiye hazwi ari mu Ntara ya Cabo Delgado guhashya ibyihebe, kandi ko ubutumwa bwazijyanye zibugejeje kure kuko amahoro yari yaribagiranye muri ibi bice, yatangiye kugaruka.

Avuga ko umujyi wa Maputo uri mu bilometeri 1 700 uturutse muri Cabo Delgado, ku buryo ibi byo kuba Ingabo zajyayo, ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Aya makuru kandi uretse kuba yarananyomojwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, byanamaganywe na Perezida ucyuye igihe muri Mozambique, Filipe Nyusi ndetse na Minisitiri w’Ingabo muri iki Gihugu.

Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro ya RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 9 =

Previous Post

Nigeria: Hemejwe urupfu rw’Umugaba w’Ingabo Gen.Taoreed Lagbaja hatangazwa n’icyamuhitanye

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

AMAKURU MASHYA: Umunyamakuru 'Fatakumavuta' yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.