Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Hasobanuwe impamvu Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique yabaye ifunzwe

radiotv10by radiotv10
06/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: Hasobanuwe impamvu Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique yabaye ifunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Ibiro bya Ambasade muri Mozambique, byafunzwe mu gihe cy’iminsi ibiri, kubera ibikorwa by’imyigaragambyo iteganyijwe i Maputo ishobora kwibasira Abanyarwanda.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024.

Ni nyuma yuko i Maputo muri Mozambique, hamaze iminsi habera imyigaragambyo yadutse nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na na Daniel Chapo wo mu ishyaka risanzwe ku butegetsi muri iki Gihugu.

Iyi myigaragambyo kandi yatumye hazamurwa amakuru y’ibihuha y’abavuga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique, zaba zaragiye i Maputo gutanga ubufasha mu guhosha iyi myigaragambyo, ariko u Rwanda rukaba rwarabinyomoje, ndetse binamaganwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na wo wavuze ko nta basirikare b’u Rwanda bari i Maputo.

Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko kubera imyigaragambyo iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 06 no kuri uyu wa Kane tariki 07 Ugushyingo 2024 ishobora kwibasira Abanyarwanda i Maputo, Guverinoma y’u Rwanda yasabye ko Ambasade yaba ifunze muri iyi minsi.

Yagize ati “Twagiriye inama Ambasade yacu hariya i Maputo kuba ifunze muri iyi minsi ibiri, ndetse tukaba twanasabye Ambasaderi wacu kuba agiriye Inama Abanyarwanda cyane cyane abacuruzi ba hariya kudafungura amaduka yabo uyu munsi n’ejo, kuko ngo ejo ni munsi rurangiza ngo wo guhindura ubutegetsi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, avuga kandi ko hari ubutumwa bwagiye bukwirakwizwa n’abanyapolitiki bo muri kiriya Gihugu cya Mozambique, bwibasira Abanyarwanda, ku buryo Abanyarwanda bariya basabwa kwitwararika no gukorana na Ambasade yabo.

Naho kuri ariya makuru yavuzwe ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Maputo, Amb. Nduhungirehe, yagize ati “Icyo ni ikinyoma cyambaye ubusa, cyashyizwe hanze n’abanyapolitiki bo muri Mozambique bashaka gushyira u Rwanda mu bibazo bitarureba.”

Akomeza avuga ko Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique ku butumire bw’iki Gihugu, kandi ko aho zagiye hazwi ari mu Ntara ya Cabo Delgado guhashya ibyihebe, kandi ko ubutumwa bwazijyanye zibugejeje kure kuko amahoro yari yaribagiranye muri ibi bice, yatangiye kugaruka.

Avuga ko umujyi wa Maputo uri mu bilometeri 1 700 uturutse muri Cabo Delgado, ku buryo ibi byo kuba Ingabo zajyayo, ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Aya makuru kandi uretse kuba yarananyomojwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, byanamaganywe na Perezida ucyuye igihe muri Mozambique, Filipe Nyusi ndetse na Minisitiri w’Ingabo muri iki Gihugu.

Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro ya RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 3 =

Previous Post

Nigeria: Hemejwe urupfu rw’Umugaba w’Ingabo Gen.Taoreed Lagbaja hatangazwa n’icyamuhitanye

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

AMAKURU MASHYA: Umunyamakuru 'Fatakumavuta' yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.