Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe impamvu imirwano ya M23 na FARDC ishobora guhindura isura

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’indi mitwe irimo FDRL, rukomeje kugaba ibitero mu bice ugenzura, ukavuga ko ibi bikorwa bishobora gutuma urugamba rukomera kurushaho.

Ni nyuma yuko mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, haramutse imirwano ikomeye mu bice birimo aka Bweremana, Ndumba na Mutwe.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) ririmo n’umutwe wa M23, rivuga kuri ubu bushotoranye, aho rishinja ubushotoranyi FARDC n’abo bafatanyije mu rugamba rubahanganishije na M23.

Iri tangazo rivuga ko “Ubuhuzabikorwa bwa AFC bubabajwe bikomeye n’ibitero bikomeye kwibasira abaturage b’abasivile ndetse n’ibirindiro by’abarwanyi bayo, biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rikomeza rigira riti “Ibi bikorwa biraganisha ku kongerera ubukana mu ntambara ikomeye, mu gihe hariho ingamba z’abayobozi bo mu karere ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokari ya Congo.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko muri iyi mirwano yabaye kuri uyu wa Kane, uruhande bahanganye rwarashe ibisasu bya rutura mu bice bisanzwe bituwemo n’abaturage benshi, birimo Bweremana, Ndumba, Kashinga, Mutwe, Buyaga, Kauli, Kirumbu ndetse no mu bice bihakikije.

Yanagaragaje kandi imyirondoro y’abantu batanu bahitanywe n’ibi bitero, barimo umugore wiciwe mu gace kitwa Bufaransa, ndetse n’abandi batatu biciwe muri Bihambwe, n’umugabo umwe wiciwe i Kisangani.

Umutwe wa M23 uvuga ko wiyemeje gucungira umutekano abasivile bari mu bice ugenzura, bityo ko witeguye guhangana n’ibitero byose byagabwa mu bice ugenzura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyonzima says:
    1 year ago

    Ukomerezaho kbx Intare za sarabwe, zirimukazi kose.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Next Post

Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.