Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe impamvu imirwano ya M23 na FARDC ishobora guhindura isura

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’indi mitwe irimo FDRL, rukomeje kugaba ibitero mu bice ugenzura, ukavuga ko ibi bikorwa bishobora gutuma urugamba rukomera kurushaho.

Ni nyuma yuko mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, haramutse imirwano ikomeye mu bice birimo aka Bweremana, Ndumba na Mutwe.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) ririmo n’umutwe wa M23, rivuga kuri ubu bushotoranye, aho rishinja ubushotoranyi FARDC n’abo bafatanyije mu rugamba rubahanganishije na M23.

Iri tangazo rivuga ko “Ubuhuzabikorwa bwa AFC bubabajwe bikomeye n’ibitero bikomeye kwibasira abaturage b’abasivile ndetse n’ibirindiro by’abarwanyi bayo, biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rikomeza rigira riti “Ibi bikorwa biraganisha ku kongerera ubukana mu ntambara ikomeye, mu gihe hariho ingamba z’abayobozi bo mu karere ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokari ya Congo.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko muri iyi mirwano yabaye kuri uyu wa Kane, uruhande bahanganye rwarashe ibisasu bya rutura mu bice bisanzwe bituwemo n’abaturage benshi, birimo Bweremana, Ndumba, Kashinga, Mutwe, Buyaga, Kauli, Kirumbu ndetse no mu bice bihakikije.

Yanagaragaje kandi imyirondoro y’abantu batanu bahitanywe n’ibi bitero, barimo umugore wiciwe mu gace kitwa Bufaransa, ndetse n’abandi batatu biciwe muri Bihambwe, n’umugabo umwe wiciwe i Kisangani.

Umutwe wa M23 uvuga ko wiyemeje gucungira umutekano abasivile bari mu bice ugenzura, bityo ko witeguye guhangana n’ibitero byose byagabwa mu bice ugenzura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyonzima says:
    1 year ago

    Ukomerezaho kbx Intare za sarabwe, zirimukazi kose.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + fourteen =

Previous Post

Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Next Post

Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.