Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe impamvu imirwano ya M23 na FARDC ishobora guhindura isura

radiotv10by radiotv10
13/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’indi mitwe irimo FDRL, rukomeje kugaba ibitero mu bice ugenzura, ukavuga ko ibi bikorwa bishobora gutuma urugamba rukomera kurushaho.

Ni nyuma yuko mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, haramutse imirwano ikomeye mu bice birimo aka Bweremana, Ndumba na Mutwe.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) ririmo n’umutwe wa M23, rivuga kuri ubu bushotoranye, aho rishinja ubushotoranyi FARDC n’abo bafatanyije mu rugamba rubahanganishije na M23.

Iri tangazo rivuga ko “Ubuhuzabikorwa bwa AFC bubabajwe bikomeye n’ibitero bikomeye kwibasira abaturage b’abasivile ndetse n’ibirindiro by’abarwanyi bayo, biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rikomeza rigira riti “Ibi bikorwa biraganisha ku kongerera ubukana mu ntambara ikomeye, mu gihe hariho ingamba z’abayobozi bo mu karere ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokari ya Congo.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko muri iyi mirwano yabaye kuri uyu wa Kane, uruhande bahanganye rwarashe ibisasu bya rutura mu bice bisanzwe bituwemo n’abaturage benshi, birimo Bweremana, Ndumba, Kashinga, Mutwe, Buyaga, Kauli, Kirumbu ndetse no mu bice bihakikije.

Yanagaragaje kandi imyirondoro y’abantu batanu bahitanywe n’ibi bitero, barimo umugore wiciwe mu gace kitwa Bufaransa, ndetse n’abandi batatu biciwe muri Bihambwe, n’umugabo umwe wiciwe i Kisangani.

Umutwe wa M23 uvuga ko wiyemeje gucungira umutekano abasivile bari mu bice ugenzura, bityo ko witeguye guhangana n’ibitero byose byagabwa mu bice ugenzura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Niyonzima says:
    1 year ago

    Ukomerezaho kbx Intare za sarabwe, zirimukazi kose.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 17 =

Previous Post

Yannick Mukunzi uherutse kubatizwa yavuze impamvu adaheruka mu kibuga

Next Post

Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Uwakiniye amakipe akomeye yerecyeje mu Barabu bidateye kabiri asinyiye ikipe yo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.