Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu insanganyamatsiko yo Kwibuka Jenoside igiye guhinduka

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu insanganyamatsiko yo Kwibuka Jenoside igiye guhinduka
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yatangaje ko mu Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside Yakorewe Abatutsi umwaka utaha, hazatangira kuzirikanwa insanganyamatsiko nshya izasimbura isanzweho, hanasobanurwa impamvu y’izi mpinduka.

Insanganyamatsiko yari imaze igihe igenderwaho izanazirikanwa mu Kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi, igira iti “Kwibuka Twiyubaka”. Gusa umwaka utaha hazatangira kuzirikanwa insanganyamatsiko igira iti “twibuke twiyubaka”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene yavuze ko impamvu iyi nsanganyamatsiko izahinduka ari ukugira ngo buri wese aziyumvemo ibikorwa byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Usanga twafashe kwibuka twiyubaka, twagombye ubundi gufata twibuke twiyubaka, ni byo bifite sense (igisobanuro gifatika) kurushaho, kugira ngo buri weze bimufashe kumva ko twese Abanyarwanda turimo. Ubwo rero umwaka utaha tuzayihindura ibe TWIBUKE TWIYUBAKA.”

Icyumweru cy’icyunamo, ku rwego rw’Igihugu kizatangirizwa ku Rwibutso rwa Kigali, ku Gisozi tariki 07 Mata 2023, ari nabwo hazatangwa ikiganiro mbere ya saa sita muri buri Mudugudu.

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu kandi iherutse gushyira hanze amabwiriza azagenderwaho muri cyumweru cyo Kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside Yakorwe Abatutsi.

Muri aya mabwiriza, agena ko ku munsi wo gutangirizaho iki Cyumweru, nyuma yo kumva ijambo nyamukuru riteganyijwe, abantu bazasubira mu mirimo yabo nkuko bisanzwe.

Aya mabwiriza kandi avuga ko ikiganiro kizatangwa ari kimwe gusa, kizatangwa tariki Indwi Mata 2023, mu gihe mu bihe byatambutse hatangwaga ibiganiro buri kigoroba.

 

INKURU MU MASHUSHO

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire ku Isi ukomoka mu Rwanda yafashe icyemezo gitunguranye kubera impamvu idasanzwe

Next Post

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

Igikorwa yatangiye bamwita ‘umusazi’ ubu barakimuvugiraho ubutwari bakanamusabira ikintu gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.