• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe impamvu Israel igiye gukura abasirikare bayo muri Gaza mu buryo butunguranye

radiotv10by radiotv10
02/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hasobanuwe impamvu Israel igiye gukura abasirikare bayo muri Gaza mu buryo butunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu avuze ko Intamba ihanganishije Igihugu cye na Hamas, igifite igihe kinini, Igisirikare cya Israel cyatangaje ko kigiye gukura abasirikare bacyo muri Gaza, mu rwego rwo kwitegura icyiciro gishya cy’imirwano.

Byatangajwe n’igisirikare cya Israel mu itangazo cyashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mutarama 2024.

Muri iri tangazo, igisirikare cya Israel cyavuze ko iki cyemezo, cyafashwe kugira ngo iki Gihugu gikusanye imbaraga n’ubushobozi buzakoreshwa mu gihe kiri imbere, kuko ngo iyi ntambara izakomeza no muri uyu mwaka.

Ibyo bitangajwe nyuma y’uko Ministiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, atangaje ko intambara yo guhiga umutwe wa Hamas muri Gaza idateze kurangira, kugeza igihe uyu mutwe uzarimbuka burundu.

Israel yatangiye guhiga bukware, abarwanyi b’umutwe wa Hamas ubarizwa muri Palestina, nyuma y’uko tariki 07 Ukwakira 2023 wagabye ibitero muri Israel byahitanye abantu basaga 1 200, abandi benshi bagafatwa bugwate.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + sixteen =

Previous Post

Tanzania: Hatahuwe toni z’ibiyobyabwenge biri mu bikomeye byari bihishanywe amayeri adasanzwe

Next Post

Chad: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yahawe umwanya ukomeye mu Gihugu bizamura impaka

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Chad: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yahawe umwanya ukomeye mu Gihugu bizamura impaka

Chad: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yahawe umwanya ukomeye mu Gihugu bizamura impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.