Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Buyapani n’iy’u Rwanda, zasinye amasezerano y’inkunga y’inguzanyo ya miliyari 118 Frw yagenewe gufasha uburezi bw’u Rwanda, aho iki Gihugu kivuga ko cyemeye kuyitanga kubera icyuho gikomeye cyasanze mu burezi bw’u Rwanda by’umwihariko hagati y’abakire n’abakene.

Iyi nkunga y’inguzango igomba kunyuzwa mu ngengo y’imari y’u Rwanda, izishyurwa mu myaka 40 iri imbere, ku nyungu ya 0.2%, aho u Rwanda ruzatangira kwishyura nyuma y’imyaka 10. Ni yo nguzanyo ya mbere nini u Buyapani buhaye u Rwanda.

Ambasaderi w’u Buyapandi mu Rwanda, Isao Fukushima yavuze ko bifuza ko iyi nguzanyo ikuraho icyuho kiri mu burezi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Tugomba gukomeza kuzirikana ko mu Rwanda hakiri icyuho gikomeye ku mahirwe yo kwiga, hagati y’abakire n’abakene; ku bantu baba i Kigali no mu byaro.

Bigaragara ko muri 2020, gusibira no guta ishuri byari birenze 20% mu mashuri abanza. Igikomeye ni uko 1/3 cy’abanyeshuri biga mu mashuri abanza batabasha gukomereza mu yisumbuye. Iki kibazo giterwa n’uko batabasha kwiga mu mashuri y’incuke, ndetse no kwiga basimburana biragorana kubera ko badafite abarimu bashoboye. Ibyo bidindiza ireme ry’uburezi.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette, yavuze ko aya mafaranga azafasha Guverinoma y’u Rwanda guhangana n’ibyo bibazo biri mu burezi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Bimwe mu byo iyi nguzanyo izadufasha, ni ukongera ibyo tugomba gukora kugira ngo abanyeshuri bareke guta amashuri cyane cyane abakiri bato. Byari bikenewe cyane rero, kuko iyo urebye miliyoni ebyiri n’igice z’abanyeshuri bari mu mashuri mato; ukareba abasaga miliyoni n’igice bari mu mahuri yisumbuye, bose barebererwa igice kinini na Leta.

Yakomeje agira ati “Ibikenerwa yaba ibikorwa remezo yaba n’ibindi byose bikenerwa kugira ngo uburezi bugende neza; iyi nguzanyo yari ikenewe kugira ngo ize ibyunganire.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko iyi Minisiteri akuriye izakurikirana uburyo iyi nguzanyo ikoreshwa kugira ngo izabyazwe umusaruro kandi ikoreshwe icyo yagenewe.

Yagize ati “Ni twe dukurikirana ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari mu nzego zose. Aho naho tuzahagira uruhare, n’uburyo amafaranga yinjira kuko azaza mu byiciro, ntabwo azazira rimwe, aza mu byiciro bitatu. Ni natwe dukurikirana ko igihe kigeze ngo ya mafaranga aze, ariko n’igihe cyo kwishyura nikigera nitwe dushinzwe kwishyura uwo mwenda.”

U Buyapani buvuga kandi ko gufata icyemezo cyo gutanga amafaranga angana gutya; bigaragaza ko icyizere kiri mu mikoranire y’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse ko biri mu byo Ibihugu byombi byemeranyijweho mu gufasha kuzamura imibereho y’Abaturarwanda.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri
Ni inkunga izafasha kuzamura uburezi bw’u Rwanda
U Buyapandi buvuga ko bwasanze mu Burezi bw’u Rwanda harimo icyuho

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − six =

Previous Post

Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Next Post

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.