Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Buyapani n’iy’u Rwanda, zasinye amasezerano y’inkunga y’inguzanyo ya miliyari 118 Frw yagenewe gufasha uburezi bw’u Rwanda, aho iki Gihugu kivuga ko cyemeye kuyitanga kubera icyuho gikomeye cyasanze mu burezi bw’u Rwanda by’umwihariko hagati y’abakire n’abakene.

Iyi nkunga y’inguzango igomba kunyuzwa mu ngengo y’imari y’u Rwanda, izishyurwa mu myaka 40 iri imbere, ku nyungu ya 0.2%, aho u Rwanda ruzatangira kwishyura nyuma y’imyaka 10. Ni yo nguzanyo ya mbere nini u Buyapani buhaye u Rwanda.

Ambasaderi w’u Buyapandi mu Rwanda, Isao Fukushima yavuze ko bifuza ko iyi nguzanyo ikuraho icyuho kiri mu burezi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Tugomba gukomeza kuzirikana ko mu Rwanda hakiri icyuho gikomeye ku mahirwe yo kwiga, hagati y’abakire n’abakene; ku bantu baba i Kigali no mu byaro.

Bigaragara ko muri 2020, gusibira no guta ishuri byari birenze 20% mu mashuri abanza. Igikomeye ni uko 1/3 cy’abanyeshuri biga mu mashuri abanza batabasha gukomereza mu yisumbuye. Iki kibazo giterwa n’uko batabasha kwiga mu mashuri y’incuke, ndetse no kwiga basimburana biragorana kubera ko badafite abarimu bashoboye. Ibyo bidindiza ireme ry’uburezi.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette, yavuze ko aya mafaranga azafasha Guverinoma y’u Rwanda guhangana n’ibyo bibazo biri mu burezi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Bimwe mu byo iyi nguzanyo izadufasha, ni ukongera ibyo tugomba gukora kugira ngo abanyeshuri bareke guta amashuri cyane cyane abakiri bato. Byari bikenewe cyane rero, kuko iyo urebye miliyoni ebyiri n’igice z’abanyeshuri bari mu mashuri mato; ukareba abasaga miliyoni n’igice bari mu mahuri yisumbuye, bose barebererwa igice kinini na Leta.

Yakomeje agira ati “Ibikenerwa yaba ibikorwa remezo yaba n’ibindi byose bikenerwa kugira ngo uburezi bugende neza; iyi nguzanyo yari ikenewe kugira ngo ize ibyunganire.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko iyi Minisiteri akuriye izakurikirana uburyo iyi nguzanyo ikoreshwa kugira ngo izabyazwe umusaruro kandi ikoreshwe icyo yagenewe.

Yagize ati “Ni twe dukurikirana ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari mu nzego zose. Aho naho tuzahagira uruhare, n’uburyo amafaranga yinjira kuko azaza mu byiciro, ntabwo azazira rimwe, aza mu byiciro bitatu. Ni natwe dukurikirana ko igihe kigeze ngo ya mafaranga aze, ariko n’igihe cyo kwishyura nikigera nitwe dushinzwe kwishyura uwo mwenda.”

U Buyapani buvuga kandi ko gufata icyemezo cyo gutanga amafaranga angana gutya; bigaragaza ko icyizere kiri mu mikoranire y’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse ko biri mu byo Ibihugu byombi byemeranyijweho mu gufasha kuzamura imibereho y’Abaturarwanda.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri
Ni inkunga izafasha kuzamura uburezi bw’u Rwanda
U Buyapandi buvuga ko bwasanze mu Burezi bw’u Rwanda harimo icyuho

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eleven =

Previous Post

Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Next Post

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.