Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Buyapani n’iy’u Rwanda, zasinye amasezerano y’inkunga y’inguzanyo ya miliyari 118 Frw yagenewe gufasha uburezi bw’u Rwanda, aho iki Gihugu kivuga ko cyemeye kuyitanga kubera icyuho gikomeye cyasanze mu burezi bw’u Rwanda by’umwihariko hagati y’abakire n’abakene.

Iyi nkunga y’inguzango igomba kunyuzwa mu ngengo y’imari y’u Rwanda, izishyurwa mu myaka 40 iri imbere, ku nyungu ya 0.2%, aho u Rwanda ruzatangira kwishyura nyuma y’imyaka 10. Ni yo nguzanyo ya mbere nini u Buyapani buhaye u Rwanda.

Ambasaderi w’u Buyapandi mu Rwanda, Isao Fukushima yavuze ko bifuza ko iyi nguzanyo ikuraho icyuho kiri mu burezi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Tugomba gukomeza kuzirikana ko mu Rwanda hakiri icyuho gikomeye ku mahirwe yo kwiga, hagati y’abakire n’abakene; ku bantu baba i Kigali no mu byaro.

Bigaragara ko muri 2020, gusibira no guta ishuri byari birenze 20% mu mashuri abanza. Igikomeye ni uko 1/3 cy’abanyeshuri biga mu mashuri abanza batabasha gukomereza mu yisumbuye. Iki kibazo giterwa n’uko batabasha kwiga mu mashuri y’incuke, ndetse no kwiga basimburana biragorana kubera ko badafite abarimu bashoboye. Ibyo bidindiza ireme ry’uburezi.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette, yavuze ko aya mafaranga azafasha Guverinoma y’u Rwanda guhangana n’ibyo bibazo biri mu burezi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Bimwe mu byo iyi nguzanyo izadufasha, ni ukongera ibyo tugomba gukora kugira ngo abanyeshuri bareke guta amashuri cyane cyane abakiri bato. Byari bikenewe cyane rero, kuko iyo urebye miliyoni ebyiri n’igice z’abanyeshuri bari mu mashuri mato; ukareba abasaga miliyoni n’igice bari mu mahuri yisumbuye, bose barebererwa igice kinini na Leta.

Yakomeje agira ati “Ibikenerwa yaba ibikorwa remezo yaba n’ibindi byose bikenerwa kugira ngo uburezi bugende neza; iyi nguzanyo yari ikenewe kugira ngo ize ibyunganire.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko iyi Minisiteri akuriye izakurikirana uburyo iyi nguzanyo ikoreshwa kugira ngo izabyazwe umusaruro kandi ikoreshwe icyo yagenewe.

Yagize ati “Ni twe dukurikirana ikoreshwa ry’Ingengo y’Imari mu nzego zose. Aho naho tuzahagira uruhare, n’uburyo amafaranga yinjira kuko azaza mu byiciro, ntabwo azazira rimwe, aza mu byiciro bitatu. Ni natwe dukurikirana ko igihe kigeze ngo ya mafaranga aze, ariko n’igihe cyo kwishyura nikigera nitwe dushinzwe kwishyura uwo mwenda.”

U Buyapani buvuga kandi ko gufata icyemezo cyo gutanga amafaranga angana gutya; bigaragaza ko icyizere kiri mu mikoranire y’iki Gihugu n’u Rwanda, ndetse ko biri mu byo Ibihugu byombi byemeranyijweho mu gufasha kuzamura imibereho y’Abaturarwanda.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri
Ni inkunga izafasha kuzamura uburezi bw’u Rwanda
U Buyapandi buvuga ko bwasanze mu Burezi bw’u Rwanda harimo icyuho

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Next Post

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.