Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in POLITIKI
0
Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nubwo nta tegeko risaba iki Gihugu gusubiza u Bwongereza amafaranga bwagihaye mu kwitegura abimukira batakije, ariko igihe iki Gihugu cy’i Burayi cyasaba ko hari amwe mu yo cyasubizwa, u Rwanda rwiteguye kuba babiganiraho.

Byatangajwe n’Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira, Doris Uwicyeza Picard mu kiganiro yagiranye na BBC.

Ni ikiganiro cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda ishyize hanze itangazo ivuga ko yamenye umugambi w’ihagarikwa ry’amasezerano yagiranye n’iy’u Bwongereza yagombaga gutuma bamwe mu bimukira n’abasaba ubuhungiro binjiye muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, boherezwa mu Rwanda.

Ni mu gihe Urwego rushinzwe Ubugenzuzi bw’Imari mu Bwongereza, rwagaragaraje ko Guverinoma y’iki Gihugu yahaye u Rwanda miliyoni 270 z’Ama-Pounds, yo kwitegura abimukira bagombaga koherezwa ndetse no kuzabafasha kubasha kubaho.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (BBC), yavuze ko u Rwanda rutazasubiza amafaranga rwahawe n’u Bwongereza, kuko uretse kuba bitari no mu masezerano, iki Gihugu cy’i Burayi kitanabona aho gihera gisaba gusubizwa ayo mafaranga, kuko kitayatanze nk’inguzanyo cyangwa umwenda uzishyurwa.

Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira, Doris Uwicyeza Picard, muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yabajijwe n’Umunyamakuru ko “Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko ishyize imbere ku kuba yasubizwa amwe mu mafaranga. Ibyo ni ibintu mushobora kubahiriza?”

Doris Picard yasubije avuga ko “u Rwanda n’u Bwongereza bisanzwe ari abafatanyabikorwa beza. Dusanganywe imikoranire y’ingenzi mu ngeri nshya zinyuranye zigamije inyungu zihuriweho ndetse n’aya ajyanye n’abimukira arimo.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu bushobozi bwo kuba rwakwakira rukanacumbkira abimukira n’abasaba ubuhungiro benshi.

Yavuze ko aya masezerano aramutse atagishyizwe mu bikorwa, “Igihe haba harabayeho gutanga amafaranga menshi kandi bikaba bishobora kuganirwaho, dushobora kubiganiraho, kabone nubwo ntakidusaba kuba twagira amafaranga ayo ari yo yose dusubiza.”

Doris Picard yavuze ko u Rwanda rwakoresheje ubushobozi bwinshi mu bikorwa byo kwitegura abimukira bagomba koherezwa n’u Bwongereza.

Ati “Ubu rero turumva ko impinduka zakozwe na Guverinoma nshya kandi birashoboka ko dushobora kugira politiki zinyuranye zifuzwa gushyirwamo ingufu kurusha izindi, nubwo aya masezerano yari ahuriweho n’Ibihugu byombi, kandi tukaba dushyigikiye ko ubu bushake bw’ibyiza buzakomeza kubaho.”

Yaboneyeho kandi no kugaruka ku byavuzwe ba bamwe ku Rwanda ko rudatekanye, avuga ko ari Igihugu gitekanye; ariko igitangaje ari ukuba mu babivuze harimo Umuryango usanzwe unakorana nacyo mu bijyanye no kwakira abimukira n’impunzi baturuka muri Libya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

DRCongo: Umuhanzi w’ikirangirire yatumijwe kwisobanure kubyo yavuze ku mirwano ihanganishije FARDC na M23

Next Post

Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.