Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in POLITIKI
0
Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nubwo nta tegeko risaba iki Gihugu gusubiza u Bwongereza amafaranga bwagihaye mu kwitegura abimukira batakije, ariko igihe iki Gihugu cy’i Burayi cyasaba ko hari amwe mu yo cyasubizwa, u Rwanda rwiteguye kuba babiganiraho.

Byatangajwe n’Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira, Doris Uwicyeza Picard mu kiganiro yagiranye na BBC.

Ni ikiganiro cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda ishyize hanze itangazo ivuga ko yamenye umugambi w’ihagarikwa ry’amasezerano yagiranye n’iy’u Bwongereza yagombaga gutuma bamwe mu bimukira n’abasaba ubuhungiro binjiye muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, boherezwa mu Rwanda.

Ni mu gihe Urwego rushinzwe Ubugenzuzi bw’Imari mu Bwongereza, rwagaragaraje ko Guverinoma y’iki Gihugu yahaye u Rwanda miliyoni 270 z’Ama-Pounds, yo kwitegura abimukira bagombaga koherezwa ndetse no kuzabafasha kubasha kubaho.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (BBC), yavuze ko u Rwanda rutazasubiza amafaranga rwahawe n’u Bwongereza, kuko uretse kuba bitari no mu masezerano, iki Gihugu cy’i Burayi kitanabona aho gihera gisaba gusubizwa ayo mafaranga, kuko kitayatanze nk’inguzanyo cyangwa umwenda uzishyurwa.

Umuhuzabikorwa w’Itsinda rishinzwe gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Ubufatanye mu Iterambere ry’Ubukungu no kwita ku Bimukira, Doris Uwicyeza Picard, muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yabajijwe n’Umunyamakuru ko “Guverinoma y’u Bwongereza yavuze ko ishyize imbere ku kuba yasubizwa amwe mu mafaranga. Ibyo ni ibintu mushobora kubahiriza?”

Doris Picard yasubije avuga ko “u Rwanda n’u Bwongereza bisanzwe ari abafatanyabikorwa beza. Dusanganywe imikoranire y’ingenzi mu ngeri nshya zinyuranye zigamije inyungu zihuriweho ndetse n’aya ajyanye n’abimukira arimo.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu bushobozi bwo kuba rwakwakira rukanacumbkira abimukira n’abasaba ubuhungiro benshi.

Yavuze ko aya masezerano aramutse atagishyizwe mu bikorwa, “Igihe haba harabayeho gutanga amafaranga menshi kandi bikaba bishobora kuganirwaho, dushobora kubiganiraho, kabone nubwo ntakidusaba kuba twagira amafaranga ayo ari yo yose dusubiza.”

Doris Picard yavuze ko u Rwanda rwakoresheje ubushobozi bwinshi mu bikorwa byo kwitegura abimukira bagomba koherezwa n’u Bwongereza.

Ati “Ubu rero turumva ko impinduka zakozwe na Guverinoma nshya kandi birashoboka ko dushobora kugira politiki zinyuranye zifuzwa gushyirwamo ingufu kurusha izindi, nubwo aya masezerano yari ahuriweho n’Ibihugu byombi, kandi tukaba dushyigikiye ko ubu bushake bw’ibyiza buzakomeza kubaho.”

Yaboneyeho kandi no kugaruka ku byavuzwe ba bamwe ku Rwanda ko rudatekanye, avuga ko ari Igihugu gitekanye; ariko igitangaje ari ukuba mu babivuze harimo Umuryango usanzwe unakorana nacyo mu bijyanye no kwakira abimukira n’impunzi baturuka muri Libya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − two =

Previous Post

DRCongo: Umuhanzi w’ikirangirire yatumijwe kwisobanure kubyo yavuze ku mirwano ihanganishije FARDC na M23

Next Post

Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

Related Posts

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)
MU RWANDA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.