Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko hari kuvugutwa umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa, bakagorwa no kwisanga mu muryango nyarwanda.

Imyaka 29 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, ari na yo mpamvu hari abagiye gufungurwa bayikoze bari barakatiwe gufungwa imyaka 30.

Si bo ba mbere kuko hari abafunguwe mu bihe byatambutse basubira mu miryango, barimo n’abatarihannye byuzuye kuko hari abagera hanze bakongera kuvuga amagambo akomeretsa abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi byemezwa na bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, mu kiganiro bagiranye na RADIOTV10.

Aba baturage bavuga ko izi mvugo zikunze kugaragara ku batari mu matsinda y’ubumwe n’ubwiyunge. Umwe ati “abo tubana mu matsinda bafunguwe, ubona barabohotse ndetse turanumvikana, ariko abataba mu matsinda ntakigenda, usanga batisanga mu bandi.”

Undi muturage avuga ko hari abafungurwa barasabye imbabazi bitabaturutse ku mutima, kuko hari abagera ahanze ntibagaragaze ko bahindutse.

Ati “Hari abasabye imbabazi za nyirarubeshwa kuko hari uwo duturanye buri gihe mu kwa 4 arafungwa kubera amagambo mabi asesereza abacitse ku icumu, yari yarakatiwe  imyaka mirongo itatu ariko afungurwa amaze icumi gusa kubera imbabazi za Perezida.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko hari gutekerezwa uburyo batangira gufatanya na Gereza ndetse n’indi miryango itari iya Leta uburyo bajya bahuriza hamwe abari hafi gufungurwa, bagahabwa amasomo y’uko bazitwara bageze mu muryango nyarwanda.

Ati “Ku buryo abafunze benda gutaha wenda mbere y’amezi nk’atatu, twajya tubashyira hamwe tukabigisha uko bazitwara, tukabigisha isanamitima kugira ngo bazabone uko babana n’abandi mu muryango nyarwanda bazaba basanze.”

Muri Gereza zo mu Rwanda, habarwa abantu ibuhumbi 22 bafungiye gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abakatiwe gufungwa burundu n’abakatiwe igihano kirangira biganjemo abakatiwe imyaka 25 n’abandi bakatiwe gufungwa imyaka 30 barimo abitegura gusohoka muri Gereza.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 5 =

Previous Post

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.