Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko hari kuvugutwa umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa, bakagorwa no kwisanga mu muryango nyarwanda.

Imyaka 29 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, ari na yo mpamvu hari abagiye gufungurwa bayikoze bari barakatiwe gufungwa imyaka 30.

Si bo ba mbere kuko hari abafunguwe mu bihe byatambutse basubira mu miryango, barimo n’abatarihannye byuzuye kuko hari abagera hanze bakongera kuvuga amagambo akomeretsa abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi byemezwa na bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, mu kiganiro bagiranye na RADIOTV10.

Aba baturage bavuga ko izi mvugo zikunze kugaragara ku batari mu matsinda y’ubumwe n’ubwiyunge. Umwe ati “abo tubana mu matsinda bafunguwe, ubona barabohotse ndetse turanumvikana, ariko abataba mu matsinda ntakigenda, usanga batisanga mu bandi.”

Undi muturage avuga ko hari abafungurwa barasabye imbabazi bitabaturutse ku mutima, kuko hari abagera ahanze ntibagaragaze ko bahindutse.

Ati “Hari abasabye imbabazi za nyirarubeshwa kuko hari uwo duturanye buri gihe mu kwa 4 arafungwa kubera amagambo mabi asesereza abacitse ku icumu, yari yarakatiwe  imyaka mirongo itatu ariko afungurwa amaze icumi gusa kubera imbabazi za Perezida.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko hari gutekerezwa uburyo batangira gufatanya na Gereza ndetse n’indi miryango itari iya Leta uburyo bajya bahuriza hamwe abari hafi gufungurwa, bagahabwa amasomo y’uko bazitwara bageze mu muryango nyarwanda.

Ati “Ku buryo abafunze benda gutaha wenda mbere y’amezi nk’atatu, twajya tubashyira hamwe tukabigisha uko bazitwara, tukabigisha isanamitima kugira ngo bazabone uko babana n’abandi mu muryango nyarwanda bazaba basanze.”

Muri Gereza zo mu Rwanda, habarwa abantu ibuhumbi 22 bafungiye gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abakatiwe gufungwa burundu n’abakatiwe igihano kirangira biganjemo abakatiwe imyaka 25 n’abandi bakatiwe gufungwa imyaka 30 barimo abitegura gusohoka muri Gereza.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Editorial: The New World Economic Order
MU RWANDA

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Editorial: The New World Economic Order

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.