Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye

radiotv10by radiotv10
12/04/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, avuga ko hari kuvugutwa umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa, bakagorwa no kwisanga mu muryango nyarwanda.

Imyaka 29 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, ari na yo mpamvu hari abagiye gufungurwa bayikoze bari barakatiwe gufungwa imyaka 30.

Si bo ba mbere kuko hari abafunguwe mu bihe byatambutse basubira mu miryango, barimo n’abatarihannye byuzuye kuko hari abagera hanze bakongera kuvuga amagambo akomeretsa abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibi byemezwa na bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, mu kiganiro bagiranye na RADIOTV10.

Aba baturage bavuga ko izi mvugo zikunze kugaragara ku batari mu matsinda y’ubumwe n’ubwiyunge. Umwe ati “abo tubana mu matsinda bafunguwe, ubona barabohotse ndetse turanumvikana, ariko abataba mu matsinda ntakigenda, usanga batisanga mu bandi.”

Undi muturage avuga ko hari abafungurwa barasabye imbabazi bitabaturutse ku mutima, kuko hari abagera ahanze ntibagaragaze ko bahindutse.

Ati “Hari abasabye imbabazi za nyirarubeshwa kuko hari uwo duturanye buri gihe mu kwa 4 arafungwa kubera amagambo mabi asesereza abacitse ku icumu, yari yarakatiwe  imyaka mirongo itatu ariko afungurwa amaze icumi gusa kubera imbabazi za Perezida.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko hari gutekerezwa uburyo batangira gufatanya na Gereza ndetse n’indi miryango itari iya Leta uburyo bajya bahuriza hamwe abari hafi gufungurwa, bagahabwa amasomo y’uko bazitwara bageze mu muryango nyarwanda.

Ati “Ku buryo abafunze benda gutaha wenda mbere y’amezi nk’atatu, twajya tubashyira hamwe tukabigisha uko bazitwara, tukabigisha isanamitima kugira ngo bazabone uko babana n’abandi mu muryango nyarwanda bazaba basanze.”

Muri Gereza zo mu Rwanda, habarwa abantu ibuhumbi 22 bafungiye gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abakatiwe gufungwa burundu n’abakatiwe igihano kirangira biganjemo abakatiwe imyaka 25 n’abandi bakatiwe gufungwa imyaka 30 barimo abitegura gusohoka muri Gereza.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Umuhanzi ukomeye muri Afurika yagaragaje urukundo ruhanitse afitiye Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.