Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
31/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bw’Itorero Ebenezer Rwanda, bwagize icyo buvuga ku makuru y’urusengero rwaryo rw’i Kagugu byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko, buvuga ko uru rusengero rutari kugurishwa ahubwo ko byakozwe na bamwe mu barwanya umurimo w’iri torero.

Muri iki cyumweru, inkuru y’uru rusengero rwashyizwe ku Isoko, iri mu zagarutsweho cyane, aho bamwe bibazaga uburyo n’inzu z’Imana na zo zigeze aho gutezwa zigashakirwa abaguzi nkuko hari hasohotse itangazo rireshya abifuza kurugura.

Igurishwa ry’uru rusengero ruherereye mu Mudugudu wa Giheka mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ryari ryanemejwe n’umwe wavugaga ko ari mu buyobozi bw’iri torero.

Yari yatangaje ko impamvu uru rusengero rwashyizwe ku isoko, atari ubukene bwateye iri torero cyangwa ngo ribe riri mu madeni, ahubwo ko hifuzwa amafaranga yo kubaka urusengero rwo cyicaro gikuru cy’iri torero ku Kacyiru, rugizwe n’inzu igeretse.

Ubuyobozi bukuru w’iri torero Ebenezer Rwanda, bwahakanye igurishwa ry’uru rusengero, nkuko bikubiye mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryashyizweho umukono n’umuyobozi waryo, Rev. Nkundabandi Jean Damascene.

Iri tangazo dufitiye kopi nka RADIOTV10, risaba ko Itangazamakuru ryatangaza ukuri kuri ibi byari byatangajwe ko hari urusengero rw’iri torero rugurishwa ngo kuko byakozwe n’abatifuriza ineza ubuvugabutumwa bwaryo.

Rikomeza rivuga ko ibi “byaba byarakozwe na bamwe mu barwanya umurimo w’Imana kuri Ebenezer Rwanda Giheka ku bw’inyungu zabo bwite.”

Rikongera rigaragaza icyitonderwa ngo “Nta hantu na hamwe Ebenezer Rwanda ifite urusengero igurisha.”

Iri tangazo risoza rigira riti “Turasaba abakristo bahungabanyijwe n’ibyo bihuha, kugira ihumure bagakomeza gukora umurimo w’Imana nkuko bisanzwe.”

Urusengero byari byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jp says:
    3 years ago

    Ndumiwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − four =

Previous Post

General ukomeje gushyikirana na M23 yaganiriye na Tshisekedi

Next Post

Byamenyekanye ko agace ko mu Rwanda kaza mu twa mbere ku Isi twibasirwa n’Inkuba

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byamenyekanye ko agace ko mu Rwanda kaza mu twa mbere ku Isi twibasirwa n’Inkuba

Byamenyekanye ko agace ko mu Rwanda kaza mu twa mbere ku Isi twibasirwa n’Inkuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.