Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe akayabo k’amafaranga yafasha guhagararika ikwirakwira ry’indwara yakamejeje muri Afurika

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Indwara y’ubushita yagaragaye mu Rwanda nyuma y’u Burundi na Congo yagaragaye mu kindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Nyafurika gishinzwe gukurikirana no gukumira indwara, ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, batangaje gahunda ihuriweho izatwara miliyoni 600 USD mu guhagarika ikwirakwira ry’indwara y’Ubushita yakajije umurego mu Bihugu 14.

Byatangajwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho ibi Bigo byombi bivuga ko iki iyi ngengo y’imari izatangira gukoreshwa muri uku kwezi kwa Nzeri 2024 kugeza muri Gashyantare umwaka utaha wa 2025.

Umuyobozi Mukuru wa OMS/WHO muri Afurika, Dr Matshidiso Moeti; yavuze ko iyi gahunda ari intambwe ishimishije mu ngamba zo gufasha Ibihugu guhangana n’iyi ndwara iteye inkeke.

Yavuze ko aya mafaranga azakoreshwa mu bikorwa binyuranye birimo kongera imbaraga muri gahunda zo kwirinda, ndetse no kwagura ibikorwa byose byatuma ikwirakwira ry’iyi ndwara rihagarara.

Yagize ati “Dushyize hamwe dushobora kugera ku ntego, mu mbaraga duhuriyeho twazagera kure, kugira ngo dufashe umuryango mugari wacu ndetse n’abantu kubarinda gukomeza kuzahazwa n’iyi Virusi.”

Nanone kandi muri iyi gahunda, hazashyirwaho uburyo bwo gukurikirana ikwirakwira ry’iyi ndwara, ndetse no kongerera imbaraga za Laboratwari kugira ngo zikore ibizamini n’ubushakashatsi byagira umusaruro mu guhagarika ikwirakwira ry’iyi ndwara.

Yaboneyeho kandi gusaba abantu kuzirikana ingaruka z’iyi ndwara ndetse no kuba Imiryango yazana udushya twatanga umusanzu mu guhangana n’iyi ndwara.

Muri iyi ngengo y’imari ya Miliyoni 600 USD, 55% byayo azafasha mu guhashya iyi ndwara mu Bihugu 14 byugarijwe, ndetse no mu bindi 15 bizafashwa gushyira ingamba zo gukumira. Naho 45% byayo azakoreshwa mu bikorwa bya tekiniki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nine =

Previous Post

Umukinnyi uzwi muri ruhago nyarwanda yabatijwe mu mazi magari

Next Post

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Andy Bumuntu yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Andy Bumuntu yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Andy Bumuntu yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.