Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na Wazalendo, mu bice binyuranye byo mu majyepfo ya Minembwe, avuga kandi ko imigambi yabyo ikomeje.

Nyarugabo wabaye Minisitiri w’Ubukungu muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukunze kuvugira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bazwi nk’Abanyamulenge bakunze kugirirwa nabi n’Ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, yatanze iyi mpuruza mu nyandiko yashyize hanze.

Uyu munyapolitiki w’Umunyekongo, watangiye ubutumwa bwe asaba ko ubutegetsi bwa Congo ko bukwiye kubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano, yavuze ko hirya y’ejo hashize, ubwo ni ku wa Kabiri, tariki 05 Kanama 2025, “abahuzamugambi mubi ba FARDC, Wazalendo, FDLR n’abandi bafatanyije bagize igisirikare ariko kidafite ibendera bagabye ibitero mu gitondo cya kare mu duce twa Rugezi na Irumba mu majyepfo ya Minembwe.”

Akomeza avuga kandi ko ari na ko byagenze “mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025, aho aba barwanyi nubundi bagabye ibitero mu bice byo mu Burengerazuba no mu Majyaruguru ya Minembwe, nka Marunde, Firo muri Luhemba, Bilalo Mbili, Rwitsankuku no muri santere ya Mikenke yibasiwe cyane kuko irimo Abanyamulenge bavanywe mu byabo.”

Yakomeje avuga kandi ko ibitero bigikomeje, aho izi mpunzi zavuye aho zari zicumbitse zikongera zigahungira mu bice by’imisozi.

Ati “Ibindi bitero kandi biritezwe mu bihe no mu minsi izaza uhereye kuri Point zero muri Teritwari ya Fizi, bizanakorerwa rimwe n’ibizibasira ibice by’Abanyamulenge bo muri Teritwari ya Uvira muri Gurupoma za Bijombo, Kigoma na Itara.”

Yakomeje agira ati “Umuntu yakwibaza impamvu cyangwa ibisobanuro by’ibi bitero bigabwa muri Minembwe no mu Misozi miremire. Ni iyihe ntego ya Kinshasa [ubutegetsi bwa DRC] bwatangije ibitero byinshi ahandi hantu henshi? Ese iby’i Doha byo bite byabyo?”

Me Moïse Nyarugabo yakomeje avuga kandi ko Guverinoma ya DRC n’abafatanyabikorwa bayo, bafunze inzira zose ziva mu masoko yo muri biriya bice kugira ngo bakoreshe inkambi yashyirwagamo abavanywe mu byabo muri Minembwe, nk’aho bategurira ibi bitero, ariko abantu bakaba bakomeje kuruca bakarumira.

Ati “Ariko uko byagenda kose abakomeje kuruca bakarumira n’abafunga amaso, ntibazongera kubona urwitwazo rwo kuba hari icyo batakoze, bagomba kuzabiryozwa n’amateka.”

Yaboneyeho kugira inama aba bari muri ibi bikorwa bibi, byumwihariko yibutsa Wazalendo ko uko byagenda kose bagomba kubana mu Gihugu cyabo nk’Abanyekongo, kandi ko imigambi mibisha yabo yo kurandura ubu bwoko itazagerwaho nk’uko FARDC imaze imyaka umunani yose iwufatanyamo na FDLR.

Ibi bitero biravugwa mu gihe mu minsi ishize Ubutegetsi bwa Congo bwagiranye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda agamije kuzanira amahoro uburasirazuba bwa DRC, kimwe n’amahame ubu butegetsi bwasinyanye na AFC/M23.

Nubwo hasinywe aya masezerano n’ariya mahame, ubutegetsi bwa Congo bwavuzweho gukomeza kugaragaza umugambi mubisha, aho ubwo hasinywaga ibi byose, bwo bwari bukomeje kurunda intwaro n’abasirikare muri biriya bice.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Next Post

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.